• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Editorial 01 Sep 2017 Mu Rwanda

Muri iki cyumweru, indege yo mu gihugu cy’u Burisiya yari ipakiye toni zisaga 40 z’intwaro bikekwa ko zari zijyanywe muri Sudani y’Epfo yaguye ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda.

Amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bw’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe kuri uyu wa kane tariki ya 31 Kanama 2017, avuga ko indege yo mu bwoko bwa Ilyushin II – 76TD – 90VD on yo mu Burusiya yaguye kuri iki kibuga kuwa Kabiri w’iki cyumweru, ikaba yari ipakiye intwaro zitandukanye zirimo ibiturika n’ibyuma.

Aya makuru yavugaga ko muri izo ntwaro harimo Toni 31 z’imbunda zo mu bwoko bwa AK-47 rifles, ibyuma, magazine n’izindi ntwaro zitandukanye, n’izindi Toni 12 z’imizigo itandukanye.

Iyi mitwaro yafashwe itegereje imodoka iza kuyitwara muri Sudani y’Epfo ubuyobozi bw’ikibuga butegeka ko ijyanwa hanze y’ikibuga gutegerereza yo izo modoka.

Izi ntwaro zitari zoherejwe na kompanyi ya Bulgarian’s VIMM AD Company isanzwe ikorana na Uganda kuva na kera mu bijyanye n’ubuhahirane bw’intwaro bityo iyo ikaba ari imwe mu mpamvu zatumye izo ntwaro zoherezwa hanze y’ikibuga.

Muri 2010, nibwo Uganda yakiriye imbunda zo mu bwoko bwa machine guns na gerenade biturutse muri Bulgaria na Ukraine, ari na bwo muri uwo mwaka yakiraga indege z’intambara ziturutse mu gihugu cy’u Burusiya.

Ni mu gihe muri 2016, inzego zishinzwe umutekano no gukurikirana ibya gisirikare ku isi mu muryango w’Abibumbye wahagaritse Sudani y’Epfo kongera kugura intwaro ndetse no kuba iriya kombanyi yo mu gihugu cy’u Burusiya yari itwaye biriya birwanisho itari yemerewe kubikandagiza muri Uganda, bityo izi ntwaro zikaba zaragombaga guhita zijyanwa i Juba, umurwa mukuru wa Sudani y’Epfo.

Ku itariki ya 7 Kanama, hagaragaye inyandiko za Ambasade y’u Burusiya ikorera muri Uganda zari zandikiwe Ambasade y’Afurika y’Epfo ivuga ko indege y’u Burusiya izakoresha ikirere cy’ibihugu bihana imbibi na Sudani.

Umuvugizi w’igisirikare cya uganda, Brig. Richard Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko Sudani y’Epfo nta burenganzira yari ifite bwo gukoresha indege z’amahanga mu kirere cy’ikindi gihugu byongeye mu gutwara intwaro.

Yagize ati ‘’UPDF nta kintu ifite kuvuga kuri ibi, ahubwo ikibazo kiri kuri Guverinoma ya Sudani y’Epfo. ‘’

Ushinzwe itumanaho mu gisirikare cya Sudani y’Epfo, Sasha Ampaire yahakanye aya makuru avuga ko izi ntwaro zitari iza Sudani y’Epfo.

Yagize ati” Ibyo dushinjwa byose ni ibinyoma kuko nta ntwaro twigeze dutumiza ngo zinjire I Juba zinyuze mur Uganda”

Ni mu gihe Uganda ifitanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare muri Sudani y’Epfo, ariko muri ayo masezerano akaba nta ho avuga ko igisirikare cya Uganda , UPDF kuba cyagura cyangwa ngo cyakire intwaro cyohereze muri Sudani.

-7831.jpg

Indege yo mu bwoko bwa Ilyushin II – 76TD – 90VD on yo mu Burusiya yaguye kuri iki kibuga kuwa Kabiri w’iki cyumweru.

2017-09-01
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Editorial 04 Aug 2021
Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Editorial 02 Dec 2021
Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Editorial 07 Jul 2017
Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba

Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba

Editorial 25 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC
IMIKINO

Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC

Editorial 28 Jan 2016
Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko
INKURU NYAMUKURU

Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko

Editorial 07 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Editorial 27 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru