• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Editorial 04 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Abasesenguzi batangiye kwibaza niba  kujenjekera abanyabyaha  atari byo bituma barushaho kwiyongera mu Rwanda. Hari n’abasanga kuva igihano cy’urupfu cyavanwa mu mategeko y’u Rwanda, abashaka kwambura abandi ubuzima bariyongereye, kuko babonye n’abafatwa badahabwa ibihano ntangarugero.

Tutiriwe tugaruka ku bajenosideri barekuwe, harimo n’aboherejwe mu mirimo nsimburagifungo ifitiye Igihugu akamaro ndetse abenshi bakanga kuyikora, hari abantu bakoze ibyaha biremereye, nyamara wasesengura ibihano bahawe ugasanga ni bito cyane ugereranyije n’ibyaha bibahama. Ingero ni nyinshi:

Ingabire Victoire Umuhoza yahamwe n’ibyaha birimo iterabwoba, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.  Kubera ko igihano cy’urupfu  cyavuyeho, yagombye kuba yarakatiwe nibura gufungwa burundu, nk’uko ibikorwa by’iterabwoba bihanwa. Nyamara yahawe igifungo cy’imyaka 15 gusa,  nk’umuntu wakoze icyaha cyoroheje. Twibuke ko we nta n’inyoroshyacyaha yagombaga guhabwa kuko atigeze yemera ibyaha ngo anabyicuze. Hejuru yo guhabwa igihano kidakangaye yanafumguwe atakirangije, nyamara ntibyamubujije gukomeza ubugome bwe.

Paul Rusesabagina yahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba, wanahitanye ubuzima bw’inzirakarengane. Ibi byaha byagombaga guhanishwa igifungo cya burundu, nyamara yahanishijwe gufungwa imyaka 25 gusa! Abakurikiraniye hafi urubanza rwe basanga harabayemo koroshya igihano bikabije, ugereranyije n’amahano umutwe we w’iterabwoba wa FLN wakoze.

Nsabimana Callixte “Sankara” yahawe gufungwa imyaka 20 gusa. Iki gihano nacyo kirimo kudohora cyane, wibutse ukuntu yigambye urupfu rw’inzirakarengane zazize FLN yabo.  N’ubwo yasabye imbabazi bwose, abo we na bagenzi be bishe bo ntibazagaruka. Ikindi “Sankara” siwe wishyikirije ubutabera, ahubwo byasabye izindi mbaraga ngo afatwe. Iyo adatabwa muri yombi  n’ubu yari kuba akiri mu migambi mibisha nk’iyo bagenzi be barimo mu Kibira no mu mashyamba ya Kongo.

Helman Nsengimana niwe wasimbuye “Sankara” mu nshingano zo gukina ku mubyimba abahitanywe na FLN. Yahamwe n’ibyaha byagombye kuba byaramuviriyemo guhanwa by’intangarugero, nyamara azafungwa imyaka 5 gusa. Wakeka ko kurema imitwe y’iterabwoba ari icyaha gishobora kwihanganirwa mu Rwanda.

Idamange Yvonne Iryamugwiza aregwa ibyaha bikomeye, birimo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, no kwangisha abaturage ubuyobozi. Aho afatiwe yanze gusaba imbabazi, ahubwo ahitamo gusuzugura ubutabera, yanga kwiregura ku byaha akurikiranyweho. Ntibyabujije ko ahabwa igihano cyo gufungwa imyaka 15 gusa, igihano nacyo kigaragara nk’ikidakanganye ugererabyije n’uburemere bw’imyaha bye. Biranashoboka ko ibi ari nabyo byatumwe umugore w’uwitwa Shyaka Gilbert ajya ku mbuga nkoranyambaga, maze si ugutuka inzego za Leta yiva inyuma, kuko yumva ntawe uzamukurikirana, ariko byanaba agahabwa igihano cyoroheje, nk’icya Yvonne Idamange.

Si ibihano byoroheje gusa, ahubwo hari n’abanyabyaha badahanwa na busa  nka Agnès Uwimana  Nkusi wiyita umunyamakuru kandi ari”umwamamazarwango” k’UMURABYO TV,  hibazwa impamvu atabiryozwa. Kwitwikira uburenganzira bw’itangazamakuru ntibyagombye kuza mbere y’uburenganzira bw’abo ibikorwa bye byangiriza.  Hatitawe ku bantu bakomeje kwerekana impungenge baterwa n’uburozi uyu mugore aroha mu baturage, aridegembya ndetse  aho guterwa ubwoba n’ibyo akora, ahubwo bimutera ishema. Ntiyigeze ahakana ko ahabwa amafaranga  n’abanzi b’Igihugu ngo aharabike u Rwanda, agumure abaturage, ariko aremye cyane.

Niyonsenga Dieudonné wiyita CYUMA Hassan, nawe yamaze kwishyiramo ko ari “Cyuma” kidakangwa n’amategeko. Iyo urebye ibyo atambuta ku ISHEMA TV, wibaza niba mu Rwanda nta nzego zishinzwe guhana ibyaha byo kuvutsa igihugu umudendezo no kwangisha rubanda ubutegetsi. Umuntu wese ugamije gusebya inzego za Leta cyangwa kubangamira gahunda zayo, umuzindaro ni  ISHEMA TV. Nyirayo”Cyuma” aremye cyane.

Ejo bundi hafashwe abantu 13 bari mu mugambi w’ibikobwa by’iterabwoba byari kwibasira ahantu hanyuranye mu Mujyi wa Kigali. Nubwo tutazi ibihano bazahabwa, hari abatangiye gutekereza ko nabo bazadohorerwa nk’uko byagenze ku bo basangiye imigambi mibisha, nka Rusesabagina, Ingabire Victoire, Sankara,  Herman n’abandi.

Mu Karere ka Kamonyi hafatiwe abantu barenga 20  bakaba bashinjwa kugirira nabi abaturage. Ese ejo umucamanza ntazatubwira ko bahawe igihano gito kubera ko ari ubwa mbere bakurikiranywe mu nkiko? Imbaraga ziba zashyizwe  mu kubatahura, ubuzima bw’abo bahohoteye, imitungo bangije indi bakayiba, bizahabwa akahe gaciro mu kubagenera ibihano?

Nibyo kandi ni byiza ko ubutabera bukorera mu bwisanzure no mu bushishozi. Yewe ni na byiza ko umunyabyaha yihanganirwa, akihanangirizwa, ndetse akaba yanahabwa igihano kizamufasha kwikosora akagaruka vuba mu buzima busanzwe. Ariko se iyo bigaragara ko abagiye bagirirwa impuhwe batikosora, ahubwo bakarushaho kugira ubukana, ntibikwiye gusubirwamo, impuhwe ku bagome n’abo tumaze kuvuga zikagabanuka? Ni ibyo gutekerezwaho, kuko ibyo twita gutanga amahiwe ngo umunyabyaha yisubireho, bishobora kuvamo kuba urwaho rwo kwangiza bikomeye umuryango nyarwanda.

2021-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Editorial 17 Oct 2024
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Editorial 05 Dec 2024
Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Editorial 10 Jun 2021
Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Editorial 29 Mar 2018
Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Editorial 17 Oct 2024
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Editorial 05 Dec 2024
Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Editorial 10 Jun 2021
Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Editorial 29 Mar 2018
Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Editorial 17 Oct 2024
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Editorial 05 Dec 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Rugema  yigambye  iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda Kampala
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema yigambye iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda Kampala

Editorial 13 Jan 2018
Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Editorial 28 Jan 2019
Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19
Amakuru

Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19

Editorial 30 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru