• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Editorial 26 Sep 2018 ITOHOZA

Perezida Museveni amaze iyi minsi mu bitangamakuru yiyerurutsa cyane cyane k’umutekano muke urangwa mu gihugu cye.

Taliki 15 Nzeli 2018, ubwo yaganirizaga itangazamakuru k’umutekano wa Uganda yavuze ko nta mpungenge afite k’umutekano wa Uganda, ibi kandi yakomeje kubigaragaza biciye muri leta ye bagenda bandika ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko Uganda nta kibazo cy’umutekano ifite.

Ibi byose bitera kwibaza niba uburyo leta ya Uganda yashyize ingufu mu kwisobanura ku kibazo cy’umutekano atari ikibazo ubwabyo, binagaragaza impungenge abaturage ba Uganda bafite kuri leta yabo.

Abahanga mw’ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga bavuga uburyo bunogeye bwo kugarurira icyizere abaturage ari ukugaragaza uruhare rwa leta mu bibazo bihari ariko iki kiri gukomeza kubera ingutu Museveni udakozwa  kugaragaza intege nke cyangwa uruhare rwa leta mu bibazo byugarije Uganda muri iyi minsi.

Abazi neza Museveni bavuga ko ari umuntu utarigeze narimwe wirengera ingaruka z’ibyo yakoze cyangwa akora arika agafata iya mbere mu kwiyitirira ibyakozwe n’abandi.

Ibi rero biri muri bimwe bimutera gushakira impamvu mu ‘baturanyi’ yakwegekera ibibazo bya leta ya Uganda bikagera naho kubita ‘amavunja’ nkaho ari hazaboneka igisubizo ku bibazo bimwugarije.

Hari igihe abaturage ba Uganda bagwaga mu mutego we wo gutwerera ibibazo ‘abaturanyi’ariko muri iyi minsi siko bikiri kuko amayeri ye yaravumbuwe amenyekana wese ntaho yihishe. Abaturage benshi ba Uganda ntibacyemera ko ibibazo bya Uganda biterwa n’abaturanyi cyangwa undi muntu wese uretse leta yabo yananiwe.

Abenegihugu ubu barafungutse amaso basigaye bamusaba kugaragaza ibimenyetso kubyo ashinja abaturanyi be. Benshi bamaze kurambirwa bakivugira mu rurimi rwabo ngo “Abantu bakoowu! Kiki ekilala ekitawulilizika?” bivuze ngo “abantu barambiwe! N’iki gishya kitunvikana?

Abagande birirwa biruka mu mihanda barasaba ko haba impinduka bagahandura “amavunja” ndetse ngo bagatera imiti yica udusimba twamunze leta yabo twirirwa tunyunyuza amaraso y’abanya Uganda.

Abagande barishwe ndetse abandi bakorerwa iyica rubozo bashaka guhindura amatwara mu gihugu cyabo. Abagande ubu baravuga ko bageze k’urwego rwo kubwira leta yabo ko ibibazo bya Uganda bidaturuka hanze ahubwo bituruka imbere muri leta yabo.

Ikindi gikomeye nuko abagande benshi batagishidikanya ko leta ya Museveni itagifite ubwoba bwo kwica cyangwa kugirira nabi abayirwanya haba mu mahoro cyangwa mu myigaragambyo isigaye yarabaye akarande muri Uganda.

Abagande ubu barakubitwa nk’inka, ibintu ngo batigeze banakorerwa n’abakoloni cyangwa abakurambere, ariko bamwe mu bategetsi muri Uganda nka Gen Tumwine, Ministiri w’umutekano mu gihugu bashyigikira ibyo bikorwa byo gutoteza abaturage bakanabishakira ‘ubusobanuro’.

AIGP Andrew Kaweesi na depite Ibrahim Abiriga bo bamaze kwibagirana. Kirumira na Yasin Kawuma nabo leta yarabivuganye ariko noneho ikigezweho n’ugukurikirana Robert Kyagulanyi Bobi Wine’s bakamutesha ngo aceceke, ariko ikigaragara nuko leta izagorwa kuko uyu mugabo (Bobi Wine) akunzwe n’abagande benshi cyane cyane urubyiruko.

Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, ahretutse kubwira Perezida Museveni ko atagomba kumuhutaza kubera badahuje ibitekerezo, anenga n’inzego zishinwe umutekano zikorera iyicarubozo abasivili badafite intwaro.

Yabajije Museveni icyo yatekerezaga ku bantu bakorewe iyicarubozo, abandi bakicwa mu byumweru bishize ubwo hari umwuka mubi wa politiki cyane mu bice bya Arua, Gulu Mityana. Ati “Wumva bitemeze bite iyo ukorera abantu bawe ibintu nk’ibi Perezida? Biba bimeze gute iyo ukandagije inkweto zawe ku majosi y’abaturage bawe?” Avuga ku buryo Museveni ajya yita abaturage abuzukuru be, yahise anamubwira ko atari ko basekuru b’abantu bitwara.

Impungenge Museveni asigaranye nuko abona ko yamaze kugaragara atagishoboye kujijisha abagande abahuma amaso ku mabi ari gukorerwa muri Uganda.

 

2018-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Uganda: Umuhungu Wa Perezida Museveni Yasuye Gen Kale Kayihura Muri Kasho

Uganda: Umuhungu Wa Perezida Museveni Yasuye Gen Kale Kayihura Muri Kasho

Editorial 26 Jul 2018
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Editorial 24 Apr 2018
Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Editorial 19 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri
Mu Mahanga

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Editorial 06 Jan 2016
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017
Mu Mahanga

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Editorial 19 Dec 2016
Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare
INKURU NYAMUKURU

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Editorial 21 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru