• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ese Televiziyo ISHEMA  ya Niyonsenga Dieudonné alias  Cyuma yaba ifitanye isano n’ingirwashyaka ISHEMA rya Thomas  Nahimana?

Ese Televiziyo ISHEMA  ya Niyonsenga Dieudonné alias  Cyuma yaba ifitanye isano n’ingirwashyaka ISHEMA rya Thomas  Nahimana?

Editorial 18 Mar 2021 Amakuru, ITOHOZA

Abasesenguzi bagaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga baribaza niba nta sano ya hafi  hagati ya Televiziyo  ISHEMA ya Cyuma Hassan, ikorera kuri murandasi, n’ikiswe ishyaka ISHEMA ryo rikorera mu mufuka wa “Padiri”  Thomas Nahimana. Impamvu zitera  benshi kwibaza  icyo  aya “MASHEMA” yombi  apfana, ni ibitekerezo  byo guhindanya isura y’u Rwanda bene yo asangiye,  abantu bagakeka ko kimwe ari umuzindaro w’ikindi, cyangwa abafatanyabikorwa muri gahunda baziranyeho.

Televiziyo ISHEMA yakunze kumvikana iha ijambo abiyita ko batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda, barimo na  Thomas Nahimana. Inengwa kandi kubangamira gahunda za Leta yitwaje kuvugira abaturage, aka wawundi urusha nyina w’umwana imbabazi ! Urugero rutangwa n’abakurikiranira hafi imikorere y’ISHEMA TV, ni ibyo yatangaje ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, aho ngo yirengagije nkana akamaro k’aya mabwiriza n’umusaruro yatanze,ikavuga ko ari uguhutaza uburenganzira bw’abaturage, imvugo ikunze gukoreshwa n’abarwanya u Rwanda.

Ubwo Niyonsenga Dieudonné alias  Cyuma yafungwaga akekwaho kubangamira amabwiriza yo kwirinda COVID-19, kandi siwe wenyine wakurikiranyweho iki cyaha, Thomas  Nahimana na bagenzi be ntibategereje urubanza, ahubwo bahise bemeza ko azagwa muri gereza, kuko ngo ifungwa rye rigamije kuniga itangazamakuru no kumvisha abatavuga rumwe na Leta. Aho urukiko rumugiriye umwere, muri abo “banyapolitiki” nta n’umwe wagize ubugabo bwo kuvuga ko ubutabera bw’u Rwanda bukorera mu bwigenge busesuye, binyuranye n’ibyo babushinja ko bukorera ku mabwiriza ya Leta.

Icyakurikiyeho ni ukuremera Cyuma Hassan ngo akomeze ibikorwa bye benshi babonamo kumunga  gahunda za Leta. Mu batanze inkunga mbere ndetse akarusha n’abandi gutanga agatubutse, ni Thomas Nahimana, watanze hafi  ibihumbi 450 by’amafaranga y’u Rwanda.Abandi bakomeje gukusanyiriza  amafaranga Niyonsenga Dieudonné alias Cyuma Hassan, barimo Ingabire Victoire Cyuma yihutiye gusura akiva Mageragere, dore ko banasanganywe imikoranire ya hafi. Abandi ni abayoboke ba Jambo Asbl, urubyiruko rwiganjemo abakomoka ku bajenosideri, rwiyemeje guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu bushishozi  n’ubwigenge bw’abatanze ibitekerezo ku isano iri hagati ya “ISHEMA TV” n’ishyaka ISHEMA, baragira inama Cyuma Hassan yo gukora itangazamakuru rigendera ku mahame y’umwuga , akirinda inkuru zibiba amacakubiri. Ngo azirinde kujya mu kwaha kw’abanyapolitiki akurikiye agafaranga, ejo bitazaba aka ya mbeba yakurikiye akaryoshye munsi y’ibuye ikahakura inda y’akabati.

Aramutse kandi yarahisemo kuba umuyoboro Thomas Nahimana n’abandi nkawe banyuzamo ibitekerezo bye bipfuye, ajye yibuka ko umuheto woshya umwambi bitari bujyane.

 

2021-03-18
Editorial

IZINDI NKURU

Hadutse imirwano mu gace ka Bunagana nyuma y’iburirwa irengero rya Gen Makenga

Hadutse imirwano mu gace ka Bunagana nyuma y’iburirwa irengero rya Gen Makenga

Editorial 14 Nov 2016
Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Editorial 05 Jan 2019
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Editorial 24 May 2021
Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Editorial 23 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rudasingwa Theogene yongeye kuremba bikomeye
ITOHOZA

Rudasingwa Theogene yongeye kuremba bikomeye

Editorial 07 Jun 2016
UK :  RNC mu nama yo kuburizamo kandidature ya Mushikiwabo
INKURU NYAMUKURU

UK : RNC mu nama yo kuburizamo kandidature ya Mushikiwabo

Editorial 08 Oct 2018
Muyoboke Alex araca amarenga yo kuba yabonye undi muhanzi agiye kubera umujyanama nyuma yo kwirukanwa na Charly na Nina
SHOWBIZ

Muyoboke Alex araca amarenga yo kuba yabonye undi muhanzi agiye kubera umujyanama nyuma yo kwirukanwa na Charly na Nina

Editorial 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru