• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 12 Feb 2016 Mu Mahanga

​Abapolisi b’u Rwanda 27, bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga no kugarura amahoro mu gihugu cya Haiti, tariki ya 9 Gashyantare, bambitswe imidari yo kubashimira uruhare rwabo rw’indashyikirwa mu kubungabunga amahoro muri iki gihugu.

Umuhango wo kwambika imidari aba bapolisi wabereye mu mugi mukuru wa Haiti wa Port Au Prince.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango, Honore Sandra, wari ahagarariye umunyamabanga mukuru wa Loni, akaba kandi ari nawe uyoboye inzego z’umutekano zibungabunga amahoro muri iki gihugu, yashimye abapolisi b’u Rwanda kuba barakoranye ubunyamwuga na disipurine mu gihe bamaze bakorera muri Haiti.
Uyu muyobozi yagize ati: “Mwakoranye umurava n’ubwitange, ibi byahesheje ishema umuryango w’abibumbye.”

Yakomeje kandi ashimira uruhare rwa Leta y’u Rwanda mu kwimakaza ihame ry’uburinganire hagati y’ibitsina byombi, ibi akaba yarabigarutseho aho yatangaga urugero rw’uko, mu itsinda ry’abapolisi b’ u Rwanda rizwi nka IPOs, rigizwe n’abapolisi mirongo itatu na batatu, 29 bose ari ab’igitsina gore.

30 ku ijana by’abapolisi basanzwe bakora nk’itsinda (FPU), bari muri Haiti, Centre Afrique na Sudan y’Epfo, ari ab’igitsina gore.

Honore yakomeje ashima ubwitange bw’abapolisi b’u Rwanda mu bikorwa bijyanye no kongerera ubumenyi Polisi yo muri iki gihugu ndetse no kuba baragize uruhare mu bindi bikorwa byo gufasha abaturage kuzamura imibereho yabo.

Umuhango wo kwambika abapolisi b’u Rwanda imidari, wanitabiriwe na Commissioner of Police (CP) Joseph Mugisha ukuriye abapolisi bose b’u Rwanda bari muri iki gihugu, hari kandi abandi bayobozi bakuru baba ab’inzego za Leta ya Haiti ndetse n’abandi b’ubutumwa bw’amahoro bwa LONI muri iki gihugu , aba bakaba barimo nka Brig. Gen Andres Fuentealba, Clarck Toes, Serge Gallick, na Cyprian Stoica.

-2060.jpg

Uyoboye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (IPOs), Senior Superintendent of Police (SSP), Claude Bizimana, yavuze ko Polisi y’u Rwanda iterwa ishema no gufasha mu bikorwa byo kubungabunga no kugarura umutekano mu bihugu bitandukanye, akaba kandi yakomeje avuga ko, Polisi y’u Rwanda izakomeza gutanga umusanzu wayo kugira ngo umutekano n’amahoro bigerweho mu bihugu bitandukanye.

SSP Bizimana nawe washimye akazi kakozwe n’aba bapolisi, aho yagize ati: “Kuba aba polisi b’u Rwanda barabashije kuzuza neza inshingano zabo, byatewe n’uko bagendeye ku ndangagaciro z’u Rwanda.”

Kuri ubu, Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi 900, bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu 7.

RNP

2016-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa  kwirengera ingaruka z’inyandiko  zibiba  urwango mu gihe cy’Amatora

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ubwanditsi 12 Jun 2025
U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

Ubwanditsi 17 May 2016
Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Ubwanditsi 16 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.
Amakuru

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Ubwanditsi 01 Apr 2024
U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika
Amakuru

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Ubwanditsi 29 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru