• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Ubwanditsi 21 Aug 2018 ITOHOZA

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi, avuga ko Abasilamu b’Abanyarwanda na we abarizwamo, mbere na mbere bakwiye kumva ko ari Abanyarwanda, banakwiye kurangwa n’imico ya Kinyarwanda kurusha uko bakwibona mu mico y’ahandi.

Omar Ntagengwa w’imyaka 56 y’amavuko, yiga muri Kaminuza Katulika y’i Louvain mu Bubiligi (Université Catholique de Louvain), akaba yarakoze ubushakashatsi ku ‘Myitwarire y’Abasilamu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994’ abukorera mu kigo cya Kibagabaga mu mujyi wa Kigali.

Mu bushakashatsi yakoze, agaragaza ko hari uruhande rumwe rw’abasilamu bijanditse muri jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba n’urundi rw’abagerageje kurwana ku Batutsi bahigwaga ngo bicwe, ndetse bamwe muri bo bakaba baraje no kuhasiga ubuzima.

Nyuma yo gusoza ubu bushakashatsi bwe yise “Le rôle de l’Islam dans la Prévention et la Lutte Contre le génocide des Tutsi de 1994”, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Kanama 2018, ubwo abasilamu bo ku Isi yose bizihiza umunsi mukuru wa Eid al-Adha [bizihiza bagendeye kuri Aburahamu wari agiye gutanga umwana we Izaki ho igitambo, Imana ikamushumbusha intama],  arasaba Abanyarwanda b’Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Agira ati “… abasilamu mvugira bari mu Rwanda, batuye mu Rwanda, umusilamu w’Umunyarwanda agomba kumva ko afite umwanya mu Rwanda, hari ikibazo abantu bakunze kubazwa ati ‘uri umusilamu cyangwa uri umunyarwanda’?  ‘uwaguhitishamo kuba umusilamu no kuba umunyarwanda wahitamo iki? Abasilamu bamwe bakunze kuvuga ngo ndi umusilamu ntabwo ndi Umunyarwanda, ibyo ntabwo ari byo”.

Akomeza avuga ko kuvuga Ubunyarwanda, umuntu aba avuze ubwenegihugu, ndetse ko umusilamu abanza kuba umunyarwanda mbere yo kwitwa umusilamu, akaba agomba guharanira kubaho nk’umunyarwanda.

Ati “Iyo tugeze mu by’ijuru, nibwo tuzana iby’amadini, mu byerekeye iby’ijuru wumva uri hehe? Numva ndi umuyisilamu, ku bwanjye ni nako nifuza ko abasilamu biyumva, ku bwenegihugu ndi umunyarwanda, ndi umusilamu nk’umwemera, ndi umugabo mu bagabo, si ndi umugore, ariko si binteranya n’abagore, ariko ikirenze kuri ibyo byose ndi umuntu”.

Omar avuga ko umusilamu warangije kwiyumva nk’umunyarwanda mbere yo kwiyumva nk’umusilamu,  agomba no kwiyumva nk’umuntu, umuntu uhagarariye Imana ku Isi.

Akomeza agira ati “Umusilamu agomba kwiyumvamo ko ari umuntu, kandi umuntu w’umwemera, agomba kwiyumvamo ko ahagarariye Imana ku Isi, icyo umuntu uhagarariye Imana ku Isi abonamo mugenzi we, ni ukumubonamo ko na we ahagarariye Imana ku Isi”.

Nk’uko byavuzweho hejuru ko ubushakashatsi bwa Omar yabukoreye mu Kigo cya Kibagabaga, avuga ko inyigisho zatanzwe muri iki kigo mbere ya jenoside yakorewe Abatutsi, abantu bigishwa kubona bagenzi babo nk’abahagarariye Imana ku Isi, byatumye hari abagize ubutwari bwo kurengera bagenzi babo bahigwaga ngo bicwe muri jenoside.

Avuga ko izi nyigisho zikwiye no kwigishwa no mu yandi madini. Ati “Mbere yo kubona ko umuntu ari umututsi, ari inzobe, ari igikara, ari umuzungu cyangwa ikindi, banza umenye ko ari umuntu, umuntu uhagarariye Imana ku Isi, umwubahire icyo, ni nacyo nshaka kuvuga no ku yandi madini, atari ku bayisimaku gusa.

Mbere yo gupfa ko bamwe bagiye mu mugisigiti abandi mu Kiliziya, babanze bamenye ko bose ari abantu kandi bahuriye ku gihugu cy’u Rwanda, babe abantu bareba aho igihugu cyerekera, bajyane naho cyerekera, babane nk’abenegihugu,… ukwemera kudaha umuntu kugenda uko ashaka ntabwo aba ari ukwemera, kuba kumuyobya,…”.

Muri kaminuza ya Louvain mu Bubiligi, Ntagengwa Omar Servil yahize mu ishami ry’Ubumenyi mu bijyanye n’amadini n’ imibereho y’abantu “Sciences religieuses et Sociales”. Mu mwaka wa 2005 ubwo yageragayo kuhatura, yabanje kwiga ibijyanye n’imico n’imitekerereze y’abantu (Inter-culturalité).

Mu nkuru itaha, tuzabagezaho byimbitse iby’ubu bushakashatsi bw’Imyitwarire Abasilamu muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Source : Bwiza

2018-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Karamaga wahishe umurambo wa Uwiringiyimana Agathe yatangiye kurindirwa umutekano

Karamaga wahishe umurambo wa Uwiringiyimana Agathe yatangiye kurindirwa umutekano

Ubwanditsi 21 Apr 2017
Hagaragajwe ibimenyetso binyomoza Corneille uvuga ko umuryango we wishwe na FPR

Hagaragajwe ibimenyetso binyomoza Corneille uvuga ko umuryango we wishwe na FPR

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubwanditsi 05 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Ubwanditsi 13 May 2020
BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka
UBUKUNGU

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI
INKURU NYAMUKURU

Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Ubwanditsi 10 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru