• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Ubwanditsi 21 Aug 2018 ITOHOZA

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi, avuga ko Abasilamu b’Abanyarwanda na we abarizwamo, mbere na mbere bakwiye kumva ko ari Abanyarwanda, banakwiye kurangwa n’imico ya Kinyarwanda kurusha uko bakwibona mu mico y’ahandi.

Omar Ntagengwa w’imyaka 56 y’amavuko, yiga muri Kaminuza Katulika y’i Louvain mu Bubiligi (Université Catholique de Louvain), akaba yarakoze ubushakashatsi ku ‘Myitwarire y’Abasilamu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994’ abukorera mu kigo cya Kibagabaga mu mujyi wa Kigali.

Mu bushakashatsi yakoze, agaragaza ko hari uruhande rumwe rw’abasilamu bijanditse muri jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba n’urundi rw’abagerageje kurwana ku Batutsi bahigwaga ngo bicwe, ndetse bamwe muri bo bakaba baraje no kuhasiga ubuzima.

Nyuma yo gusoza ubu bushakashatsi bwe yise “Le rôle de l’Islam dans la Prévention et la Lutte Contre le génocide des Tutsi de 1994”, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Kanama 2018, ubwo abasilamu bo ku Isi yose bizihiza umunsi mukuru wa Eid al-Adha [bizihiza bagendeye kuri Aburahamu wari agiye gutanga umwana we Izaki ho igitambo, Imana ikamushumbusha intama],  arasaba Abanyarwanda b’Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Agira ati “… abasilamu mvugira bari mu Rwanda, batuye mu Rwanda, umusilamu w’Umunyarwanda agomba kumva ko afite umwanya mu Rwanda, hari ikibazo abantu bakunze kubazwa ati ‘uri umusilamu cyangwa uri umunyarwanda’?  ‘uwaguhitishamo kuba umusilamu no kuba umunyarwanda wahitamo iki? Abasilamu bamwe bakunze kuvuga ngo ndi umusilamu ntabwo ndi Umunyarwanda, ibyo ntabwo ari byo”.

Akomeza avuga ko kuvuga Ubunyarwanda, umuntu aba avuze ubwenegihugu, ndetse ko umusilamu abanza kuba umunyarwanda mbere yo kwitwa umusilamu, akaba agomba guharanira kubaho nk’umunyarwanda.

Ati “Iyo tugeze mu by’ijuru, nibwo tuzana iby’amadini, mu byerekeye iby’ijuru wumva uri hehe? Numva ndi umuyisilamu, ku bwanjye ni nako nifuza ko abasilamu biyumva, ku bwenegihugu ndi umunyarwanda, ndi umusilamu nk’umwemera, ndi umugabo mu bagabo, si ndi umugore, ariko si binteranya n’abagore, ariko ikirenze kuri ibyo byose ndi umuntu”.

Omar avuga ko umusilamu warangije kwiyumva nk’umunyarwanda mbere yo kwiyumva nk’umusilamu,  agomba no kwiyumva nk’umuntu, umuntu uhagarariye Imana ku Isi.

Akomeza agira ati “Umusilamu agomba kwiyumvamo ko ari umuntu, kandi umuntu w’umwemera, agomba kwiyumvamo ko ahagarariye Imana ku Isi, icyo umuntu uhagarariye Imana ku Isi abonamo mugenzi we, ni ukumubonamo ko na we ahagarariye Imana ku Isi”.

Nk’uko byavuzweho hejuru ko ubushakashatsi bwa Omar yabukoreye mu Kigo cya Kibagabaga, avuga ko inyigisho zatanzwe muri iki kigo mbere ya jenoside yakorewe Abatutsi, abantu bigishwa kubona bagenzi babo nk’abahagarariye Imana ku Isi, byatumye hari abagize ubutwari bwo kurengera bagenzi babo bahigwaga ngo bicwe muri jenoside.

Avuga ko izi nyigisho zikwiye no kwigishwa no mu yandi madini. Ati “Mbere yo kubona ko umuntu ari umututsi, ari inzobe, ari igikara, ari umuzungu cyangwa ikindi, banza umenye ko ari umuntu, umuntu uhagarariye Imana ku Isi, umwubahire icyo, ni nacyo nshaka kuvuga no ku yandi madini, atari ku bayisimaku gusa.

Mbere yo gupfa ko bamwe bagiye mu mugisigiti abandi mu Kiliziya, babanze bamenye ko bose ari abantu kandi bahuriye ku gihugu cy’u Rwanda, babe abantu bareba aho igihugu cyerekera, bajyane naho cyerekera, babane nk’abenegihugu,… ukwemera kudaha umuntu kugenda uko ashaka ntabwo aba ari ukwemera, kuba kumuyobya,…”.

Muri kaminuza ya Louvain mu Bubiligi, Ntagengwa Omar Servil yahize mu ishami ry’Ubumenyi mu bijyanye n’amadini n’ imibereho y’abantu “Sciences religieuses et Sociales”. Mu mwaka wa 2005 ubwo yageragayo kuhatura, yabanje kwiga ibijyanye n’imico n’imitekerereze y’abantu (Inter-culturalité).

Mu nkuru itaha, tuzabagezaho byimbitse iby’ubu bushakashatsi bw’Imyitwarire Abasilamu muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Source : Bwiza

2018-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Umwiryane n’amacakubiri mu barwanya Leta y’u Rwanda

Umwiryane n’amacakubiri mu barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yafashe  abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge
Mu Rwanda

Polisi yafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi
Mu Rwanda

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Ubwanditsi 15 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru