• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Ubwanditsi 21 Aug 2018 ITOHOZA

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi, avuga ko Abasilamu b’Abanyarwanda na we abarizwamo, mbere na mbere bakwiye kumva ko ari Abanyarwanda, banakwiye kurangwa n’imico ya Kinyarwanda kurusha uko bakwibona mu mico y’ahandi.

Omar Ntagengwa w’imyaka 56 y’amavuko, yiga muri Kaminuza Katulika y’i Louvain mu Bubiligi (Université Catholique de Louvain), akaba yarakoze ubushakashatsi ku ‘Myitwarire y’Abasilamu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994’ abukorera mu kigo cya Kibagabaga mu mujyi wa Kigali.

Mu bushakashatsi yakoze, agaragaza ko hari uruhande rumwe rw’abasilamu bijanditse muri jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba n’urundi rw’abagerageje kurwana ku Batutsi bahigwaga ngo bicwe, ndetse bamwe muri bo bakaba baraje no kuhasiga ubuzima.

Nyuma yo gusoza ubu bushakashatsi bwe yise “Le rôle de l’Islam dans la Prévention et la Lutte Contre le génocide des Tutsi de 1994”, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Kanama 2018, ubwo abasilamu bo ku Isi yose bizihiza umunsi mukuru wa Eid al-Adha [bizihiza bagendeye kuri Aburahamu wari agiye gutanga umwana we Izaki ho igitambo, Imana ikamushumbusha intama],  arasaba Abanyarwanda b’Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Agira ati “… abasilamu mvugira bari mu Rwanda, batuye mu Rwanda, umusilamu w’Umunyarwanda agomba kumva ko afite umwanya mu Rwanda, hari ikibazo abantu bakunze kubazwa ati ‘uri umusilamu cyangwa uri umunyarwanda’?  ‘uwaguhitishamo kuba umusilamu no kuba umunyarwanda wahitamo iki? Abasilamu bamwe bakunze kuvuga ngo ndi umusilamu ntabwo ndi Umunyarwanda, ibyo ntabwo ari byo”.

Akomeza avuga ko kuvuga Ubunyarwanda, umuntu aba avuze ubwenegihugu, ndetse ko umusilamu abanza kuba umunyarwanda mbere yo kwitwa umusilamu, akaba agomba guharanira kubaho nk’umunyarwanda.

Ati “Iyo tugeze mu by’ijuru, nibwo tuzana iby’amadini, mu byerekeye iby’ijuru wumva uri hehe? Numva ndi umuyisilamu, ku bwanjye ni nako nifuza ko abasilamu biyumva, ku bwenegihugu ndi umunyarwanda, ndi umusilamu nk’umwemera, ndi umugabo mu bagabo, si ndi umugore, ariko si binteranya n’abagore, ariko ikirenze kuri ibyo byose ndi umuntu”.

Omar avuga ko umusilamu warangije kwiyumva nk’umunyarwanda mbere yo kwiyumva nk’umusilamu,  agomba no kwiyumva nk’umuntu, umuntu uhagarariye Imana ku Isi.

Akomeza agira ati “Umusilamu agomba kwiyumvamo ko ari umuntu, kandi umuntu w’umwemera, agomba kwiyumvamo ko ahagarariye Imana ku Isi, icyo umuntu uhagarariye Imana ku Isi abonamo mugenzi we, ni ukumubonamo ko na we ahagarariye Imana ku Isi”.

Nk’uko byavuzweho hejuru ko ubushakashatsi bwa Omar yabukoreye mu Kigo cya Kibagabaga, avuga ko inyigisho zatanzwe muri iki kigo mbere ya jenoside yakorewe Abatutsi, abantu bigishwa kubona bagenzi babo nk’abahagarariye Imana ku Isi, byatumye hari abagize ubutwari bwo kurengera bagenzi babo bahigwaga ngo bicwe muri jenoside.

Avuga ko izi nyigisho zikwiye no kwigishwa no mu yandi madini. Ati “Mbere yo kubona ko umuntu ari umututsi, ari inzobe, ari igikara, ari umuzungu cyangwa ikindi, banza umenye ko ari umuntu, umuntu uhagarariye Imana ku Isi, umwubahire icyo, ni nacyo nshaka kuvuga no ku yandi madini, atari ku bayisimaku gusa.

Mbere yo gupfa ko bamwe bagiye mu mugisigiti abandi mu Kiliziya, babanze bamenye ko bose ari abantu kandi bahuriye ku gihugu cy’u Rwanda, babe abantu bareba aho igihugu cyerekera, bajyane naho cyerekera, babane nk’abenegihugu,… ukwemera kudaha umuntu kugenda uko ashaka ntabwo aba ari ukwemera, kuba kumuyobya,…”.

Muri kaminuza ya Louvain mu Bubiligi, Ntagengwa Omar Servil yahize mu ishami ry’Ubumenyi mu bijyanye n’amadini n’ imibereho y’abantu “Sciences religieuses et Sociales”. Mu mwaka wa 2005 ubwo yageragayo kuhatura, yabanje kwiga ibijyanye n’imico n’imitekerereze y’abantu (Inter-culturalité).

Mu nkuru itaha, tuzabagezaho byimbitse iby’ubu bushakashatsi bw’Imyitwarire Abasilamu muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Source : Bwiza

2018-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika  yasabye abaturage bayo kuva muri Congo

Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Congo

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Ubwanditsi 06 Jul 2016
Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I

Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I

Ubwanditsi 08 May 2018
Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuwa 11 Mata 1994 Guverinoma y’Abatabazi yimukiye i Gitarama nyuma yo gutakaza uduce tw’ingenzi muri Kigali
INKURU NYAMUKURU

Kuwa 11 Mata 1994 Guverinoma y’Abatabazi yimukiye i Gitarama nyuma yo gutakaza uduce tw’ingenzi muri Kigali

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje
Mu Mahanga

Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Ubwanditsi 15 Nov 2017
“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid
SHOWBIZ

“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru