• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Editorial 02 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu Faustin ni umunyapolitiki wemera ko atavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, mu gihe bamwe mu baturage ba Congo bari mu rugamba rwo kwamagana Perezida Kabika ku butegetsi, uyu munyapolitiki yatangaje amagambo agaragaza ko yifatanyije nabo muri urwo rugamba.

Nyuma y’imigaragambyo yabaye ku cyumweru taliki ya 21 Mutarama 2018,  abakristu Gatolika baherekejwe n’abihayimana bo mu gihugu cya Congo berekeza mu mihanda bamagana Perezida Kabila bita umunyagitugu, nibwo Twagiramungu yabashimiye ndetse anabasaba gukaza umurego barwanya Perezida Kabila ngo ave ku butegetsi amazeho imyaka 17.

Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, yagize ati “”Baturage ba Congo, nimuririmbe indiribo ishimangira ubumwe bubahuza, ntimucike intege, ni mukomeze iyo nzira y’umusaraba kugeza mutsinze urugamba, kugeza igihe ibigwari biviriye ku butegetsi. Nimukize igihugu cya Congo kuko aribwo bukungu bw’agaciro Imana yabahaye kandi ibyo nimubigeraho muzaba muhesheje agaciro gakomeye umugabane wose wa Afurika”.

Mu gihe uyu munyapolitiki asaba abaturage gukaza umurego, ni nako bamwe muri bo bahasiga ubuzima dore ko muri iyi myigaragambyo abagera kuri 6 bahasize ubuzima, 49 barahakomerekera.

 Joseph Kabila, abanyapolitiki batandukanye bakomeje gusaba kuva ku butegetsi, yabugiyeho muri Mutarama 2001, manda ze zikaba zararangiye mu mpera za 2016, ariko ubu akaba akiri ku butegetsi, ari nayo mpamvu abigaragambya bamushinja kubugundira kandi igihe cyagenwe n’amategeko cyararangiye.

Twagiramungu ugaragaz ako adashyigikiye Kabila kuguma ku butegetsu, azwi nk’umunyapolitiki warwanyije Leta ya Habyarimana Juvenal, nyuma yaho FPR Inkotanyi ifatiye ubutegetsi yagizwe Minisitiri w’Intebe uyu mwanya awumaraho umwaka umwe awuvaho igihe kitageze.

Mu mwaka wa 2003, Twagiramungu yiyamamaje ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, atsindwa amatora ku majwi make 3.62%  ari nabwo yahise ajya kuba ku mugabane w’u Burayi ari nabwo yatangiye kurwanya Leta y’u Rwanda yakoreraga.

Ku myaka ye 73, Twagiramungu yakomeje gushimangira ko azakomeza gukina politiki nubwo ashaje, ko ugusaza bitavuze gusaza mu mutwe. Ati “niba nshaje ntabwo nshaje mu bwonko, ibitekerezo byanjye biracyari bya bindi”.

2018-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Editorial 21 May 2019
Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Editorial 03 Jan 2018
Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Editorial 13 Nov 2018
Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Editorial 08 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Editorial 06 Dec 2019
Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Ministiri w’Intebe
POLITIKI

Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Ministiri w’Intebe

Editorial 31 Aug 2017
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka

Editorial 05 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru