• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Ubwanditsi 24 Apr 2018 IMIKINO

Abayobozi b’ishuri ry’icyitegererezo ryigisha umupira w’amaguru abana bato muri Oman, “Excellence Sports Academy”, bageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere aho baje kurebera hamwe n’abayobozi ba Ijabo Ryawe Rwanda uko bazamura umupira w’abakiri bato hirya no hino mu gihugu.

Excellence Sports Academy ni ishuri ry’icyitegererezo rihurizwamo abana bari hagati y’imyaka 7-16 bagaragaje impano mu bigo bitandukanye biri muri Oman, bakitabwaho mu buryo bwihariye kugira ngo hazavemo abashobora kugera ku rwego rwo hejuru.

Intumwa z’iri shuri zaje i Kigali kungurana ibitekerezo n’ubuyobozi bwa Ijabo Ryawe Rwanda nayo ifite mu nshingano guteza imbere impano z’abakiri bato mu mupira w’amaguru mu Rwanda nk’uko Perezida waryo, Seif Sasser Abdullal yabitangarije abanyamakuru.

Yagize ati “Turi hano kungurana ibitekerezo na Ijabo n’umuyobozi wayo, Sheikh Hamdan nawe wadusuye mu minsi yashize. Ni inshuro ya mbere ngeze muri Afurika nkaba nishimiye kuba ndi hano ndetse n’uko twakiriwe. Tuzabona umwanya uhagije wo gusura amashuri atandukanye ya Ijabo ndetse n’ibindi bintu muri iki gihugu.”

Sheikh Habimana Hamdan uyobora Ijabo Ryawe Rwanda yavuze ko nubwo Oman atari igihugu kizwi mu mupira w’amaguru cyane ku Isi, ikintu gikuru u Rwanda ruzabungukiraho ari ubufasha mu bikoresho n’ibitekerezo.

Yagize ati “Aba ni bamwe mu bantu nari narasuye ubwo najyaga muri Oman. Urebye nibo bayoboye umupira w’amaguru mu bana hariya kuko bafite ishuri ryigisha umupira bakaba baje kugira ngo nabo basure Ijabo Ryawe Rwanda twungurane ibitekerezo turebe uko twakomeza kuzamura abaan bacu. »

Yakomeje agira ati « Turabifuzaho ubufatanyabikorwa bw’ibikoresho kuko impano zo abana bari mu Ijabo Ryawe Rwanda barazifite. Oman si igihugu gikomeye cyane mu mupira ariko hari ibyo tubakeneyeho kuko bafite inzego zikomeye nk’urw’ubuvuzi ku buryo umukinnyi agize ikibazo bashobora kudufasha. »

Mu ruzinduko Sheikh Habimana Hamdan yagiriye muri Oman mu Ukwakira 2017, yabonanye n’abantu b’ingeri zitandukanye bafite aho bahuriye na siporo muri icyo gihugu barimo Ibrahim Mubarak Al Alawi na Fathy Nasser bo mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Oman n’abandi bo muri Minisiteri ya Siporo.

Ijabo Ryawe Rwanda ihuriza hamwe ibigo 223 byigisha umupira w’amaguru biri hirya no hino mu Ntara z’igihugu aho bigabanyijwe mu byiciro bitanu (ligue) ari nabyo abana barushanyirizwamo.

Src: Igihe.com

2018-04-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Ubwanditsi 21 Dec 2021
Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Ubwanditsi 10 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIFA: Umubare w’Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 2026 yongerewe
MULTIMEDIA

FIFA: Umubare w’Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 2026 yongerewe

Ubwanditsi 11 May 2017
Col. Gahimano wari muri Coup d’Etat yo kuya 5 Nyakanga 73 yitabye Imana
ITOHOZA

Col. Gahimano wari muri Coup d’Etat yo kuya 5 Nyakanga 73 yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU

Ubwanditsi 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru