Komisiyo ishinzwe imisifurire muri FERWAFA yasohoye imyanzuro y’ubusesenguzi bw’umukino w’umunsi wa 5 wa Rwanda Premier League wahuje Bugesera FC na AS Muhanga, wabereye kuri Stade ya Bugesera ku wa 25 Ukwakira 2025.
Nyuma yo gusuzuma raporo y’umukomiseri w’umukino ndetse n’amashusho yawo, komisiyo yagaragaje amakosa yakozwe n’abasifuzi ndetse inafata imyanzuro ijyanye n’amategeko.

Ku munota wa 20, Hategekimana Bonheur (umunyezamu wa AS Muhanga) yarenze urubuga rw’amahina agakorera umupira n’amaboko yombi.
Iri kosa ryo guhagarika amahirwe y’igitego (“denying an obvious goal-scoring opportunity” – DOGSO) ryagombaga gutangwaho ikarita itukura no guha Bugesera FC free kick itaziguye.
Ariko abasifuzi baretse umukino urakomeza, ntibatanga icyo gihano. Komisiyo yemeje ko abasifuzi bakoze amakosa muri iki gice.
Ku munota wa 45+1, komisiyo yasanze umusifuzi yarakosheje ubwo umunyezamu yakiniraga hanze y’urubuga rw’amahina, ibintu byari bikwiye guhagarika umukino no gutanga igihano nk’uko amategeko abiteganya. N’ubu, abasifuzi ntibabikoze uko bikwiye.
Nyuma yo gusesengura ibyo byose, komisiyo yemeje ibi bikurikira:
• Kwizera Olivier, wari umusifuzi mukuru, yasanzwe yarakoze amakosa agaragara muri uwo mukino, yahagaritswe iby’umweru bitanu nk’uko amategeko abiteganya.
• Mbonigena Seraphin, wari umusifuzi wo ku ruhande, na we yasanzwe yakoze ikosa ryo kudafasha mugenzi we kumenya ko umunyezamu yari hanze y’urubuga rw’amahina. Yahagaritswe iby’umweru ine.
Naho kuyindi mikino yo FERWAFA yatangaje ko komisiyo yasanze ntamakosa yabayemo.






