Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Kuri iki cyumweru, mu karere ka Bugesera nibwo hatangijwe amarushanwa yateguwe ku bufatanye bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri, FRSS.
Mu mikino yakinwe izajya iba ngarukamwaka ihuza abanyeshuri, mu bahungu Groupe Scolaire Kanazi yanganyije na Groupe Scolaire Nyamata Catholique 2-2, naho mu bakobwa Groupe Scolaire Kayenzi yatsinze Groupe Scolaire Catholique 1-0.

Ni irushanwa ryahawe izina rya CAF African School Championship 2022/ 2023 kubera ko ririmo gukinwa ubu ndetse mu mwaka utaha wa 2023, ni umuhango witabiriwe na Perezida wa FERWAFA Olivier Nizeyimana, umunyamabanga w’iryo shyirahamwe Muhire Henry Padiri Gatete, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri.

Mu bandi bitabiriye iki gikorwa harimo komiseri ushinzwe tekinike n’iterambere ry’umupira w’Amaguru muri FERWAFA, Nkusi Edmond, Rutahizamu w’Amavubi Tuyisenge Jeacques ndetse n’Umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage,  Imanishimwe Yvette.

Kuri uyu wa gatandatu kandi mu mupira w’amaguru kandi ikipe ya Rayon Sports yari yerekeje mu karere ka Muhanga gukina n’ikipe yo muri ako karere, ni umukino warangiye ikipe izwi nka Gikundiro itsinze ibitego bitatu kuri kimwe.

Ku ruhande rw’ikipe ya Rayon Sports yari yasuye iyi kipe ya AS muhanga,ibitego byayo  byatsinzwe na Kwizera Pierre uzwi nka Pierrot, rutahizamu Mael Dinjeke ndetse na kapiteni w’ikipe ya Gikundiro Muhire Kevin.

Rayon Sports yishimira igitego cya mbere cya Kwizera Pierrot

Mu bindi byaranze iyi mpera z’iki cyumweru, mu mukino w’intoki wa Basketball ikipe ya REG Basketball Club yari yakiriye ikipe ya Patriots BBC ubera mu nyubako ya Kigali Arena ku mugoroba wo kuwa Gatandatu.

Muri uyu mukino, ikipe ya REG yahabwaga amahirwe menshi yo gutsinda uyu mukino yatsinzwe na Patriots BBC amanota 70 – 63.

Mu mukino wa Volleyball, mu karere ka Gisagara habereye amarushanwa yari yateguwe n’ikipe ya Gisagara VC itangiza irero ry’ikipe yabo y’abana, mu mikino yakinwe mu mpera z’iki cy’umweru mu bagabo ikipe ya UVC yegukanye igikombe itsinze Gisagara VC  amaseti 3-0.

Mu bagore ikipe ya Rwanda Revenue Volleyball Club yegukanye igikombe itsinze ikipe ya Ruhango VC naho mu kiciro cya kabiri cy’abahungu ikipe ya Christ Roi VC .

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *