• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Editorial 19 Jan 2017 Mu Rwanda

Ingabo zo mu bihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika (ECOWAS), ziteguye kwinjira muri Gambia igihe icyo ari cyo cyose Yahya Jammeh yaba yanze kuva ku butegetsi.

Yahya Jammeh yagombaga kuva ku butegetsi kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Mutarama 2017, nyamara nyirantarengwa yari yashyiriweho yageze ntiyavaho ahubwo ingabo z’ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika zagose imipaka ya Gambia.

Umunya-Senegal Col. Seydou Maiga Moro uyoboye izi ngabo yatangaje ko ziteguye kwinjira muri Gambia mu gihe Jammeh araba yanze kuva ku butegetsi.

Yagize ati “ Ingabo zose ziriteguye, niba nta gisubizo kibonetse muri iri joro turafata icyemezo.” Gusa nyuma y’uko amasaha ashize ari menshi, ntibiramenyekana niba izo ngabo zakoze ibyo zari ziyemeje.

Jammeh yagiye ku butegetsi bwa Gambia kuva mu mwaka wa 1994 kugeza atsinzwe mu buryo butunguranye ku wa 1 Ukuboza 2016, ubwo yatsindwaga na mugenzi we Adama Barrow kuri 45% by’amatora.

-5438.jpg

Jammeh yanze kuva ku butegetsi none ari kotswa igitutu n’abasirikare b’amahanga

-5439.jpg

Abakerarugendo bari muri Gambia batangiye gutaha

Hagati aho abakerarugendo babarirwa mu bihumbi bari muri icyo gihugu bamaze kuvayo batinya ko hashobora kwaduka intambara bashingiye ku mwuka mubi ukomeje kuranga icyo gihugu.

Umwe mu bashinzwe gutegura ingendo mu Bwongereza witwa Thomas Cook yatangaje kugeza ejo bari bamaze gukura muri Gambia abantu bagera kuri 985 bari bariyo muri gahunda z’ubutembere mu gihe cy’amasaha 48 ndetse ko hategerejwe gukurwayo abandi 2500 bamaze gukatisha amatike.

Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga by’u Bwongereza bwasabye abajyaga muri Gambia kwitonda kuko ikibuga cy’indege cyo mu murwa mukuru Banjul gishobora kuza gufungwa.

Senegal, Ghana, Togo na Mali ni bimwe mu bihugu byatanze ingabo mu gihe umutwe w’ingabo zirwanira mu kirere wa Nigeria wamaze gutangaza ko uzafatanya n’ingabo za ECOWAS.

Igihugu kiri mu bihe bidasanzwe

Nyuma y’uko Jammeh atakaje amahirwe yo gutsinda mu matora yo ku wa 1 Ukuboza 2016, yatangaje ko yemeye ibyavuye mu matora ndetse avuga ko azava ku butegetsi, gusa nyuma y’icyumweru kimwe ku wa 9 Ukuboza, yahise avuga ibitandukanye n’ibyo yari yarivugiye.

Yagize ati “ Baturage ba Gambia, mbatangarije ko , nteye utwatsi ibyavuye mu matora ndetse ko nyashehe.”

Kuva uwo munsi, haje abakuru b’ibihugu ba Afurika batandukanye bamugira inama yo kuva ku butegetsi, ariko ntibyigeze bitanga umusaruro.

Ku wa kabiri, Jammeh yatangaje ku mugaragaro ko igihugu cyinjiye mu bihe bidasanzwe avuga ko akurikije uko ibintu byifashe, biramutse bikomeje bishobora gutuma habaho ibihe bidasanzwe kuri rubanda.

Ubwo yavugiraga kuri Televiziyo y’igihugu, Jammeh yavuze ko yamaze kugeza ubusabe mu rukiko rw’ikirenga kugira ngo Adama Barrow atazarahira.
Barrow nawe ategerereje muri Senegal ihererekanya ry’Ubutegetsi.

Hagati aho ejo ku wa Gatatu, Inteko Ishinga Amategeko ya Gambia yemeje umwanzuro wo kongerera Yahya Jammeh iminsi 90 yo gukomeza kuyobora iki gihugu.

-5440.jpg

Barrow ari muri Senegal aho ategerereje ihererekanya ry’ubutegetsi.

2017-01-19
Editorial

IZINDI NKURU

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Editorial 07 Feb 2016
GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Editorial 08 Nov 2023
Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Editorial 01 Feb 2022
Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique

Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique

Editorial 07 Apr 2016
CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Editorial 07 Feb 2016
GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Editorial 08 Nov 2023
Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Editorial 01 Feb 2022
Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique

Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique

Editorial 07 Apr 2016
CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Editorial 07 Feb 2016
GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Editorial 08 Nov 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru