• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Editorial 06 Jun 2017 Mu Rwanda

Kuwa mbere tariki ya 5 Kamena, abakozi bo mu nganda n’abandi bakora imirimo itandukanye mu gace kagenewe inganda i Masoro ho mu karere ka Gasabo, bahawe ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro bakagira n’uruhare mu kuzirwanya. Ubu butumwa bahawe bujyanye n’ibikorwa Polisi y’u Rwanda imazemo iminsi byerekeranye n’icyumweru cy’ibikorwa byayo hirya no hino mu gihugu; aho abaturage bagezwaho ibikorwa by’iterambere ndetse n’ubukangurambaga bwo kurwanya no gukumira ibyaha.

Minisitiri wo kurwanya ibiza no gucyura impunzi, Madamu Mukantabana Seraphine ubwo yaganiraga n’abo bakozi bo mu nganda n’abandi bahakora akazi gatandukanye, yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba yahisemo kujya kuganira n’abakora muri izo nganda agira ati:” inganda ni umutima w’igihugu mu iterambere. Haramutse habayeho kurangara gato, ibi bikorwa byose byaba umuyonga tukagira igihombo gikomeye. Ni ngombwa rero ko buri wese ukora mu nganda amenya ubukana bw’umuriro bityo hakabaho gufata ingamba zo gukumira ndetse no mu gihe hari ikibaye tukamenya gutabara vuba hakagira ibyo turokora byinshi”.

Minisitiri Mukantabana yakomeje asaba abari aho gufata ingamba zikwiye zo kwirinda inkongi y’umuriro. Muri zo harimo ko buri ruganda rugira ibikoresho byo kuzimya umuriro kandi byujuje ubuziranenge (bizima), ndetse n’abakozi bakamenya kubikoresha. Ikindi yasabye, ni ukudaha icyuho inkongi y’umuriro nko gucomeka ibintu byinshi icyarimwe bikoresha umuriro mwinshi nk’amapasi, ibikoresho byo mu gikoni, za terefoni n’ibindi ku gikoresho gishobora kwinjiza umuriro muke.

Minisitiri wo kurwanya ibiza no gucyura impunzi yasabye abafite inganda kwisuzuma bakareba ko bafite ibikoresho byose byo kuzimya inkongi y’umuriro ndetse bakanagira n’ubwishingizi bw’inganda zabo. Yasoje abasaba kwishyira hamwe kuko ari bumwe mu buryo bwo kuba babona ibyo bikoresho kandi vuba ndetse bagafatanya kurwanya ibiza muri rusange.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Nyamulinda Pascal wari witabiriye iki gikorwa, yasabye by’umwihariko abatuye Umujyi wa Kigali kwirinda kubaka mu kajagari ahubwo bakubahiriza amabwiriza ajyanye n’imyubakire y’Umujyi. Yavuze ko iyo byubahirijwe bigira uruhare mu kwirinda inkongi y’umuriro ndetse n’iyo habayeho inkongi y’umuriro bifasha mu gutabara vuba.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi y’umuriro no gutabara abari mu kaga Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Baptiste Seminega, we yagarutse ku bitera inkongi y’umuriro birimo ibikoresho nk’insinga biba bitujuje ubuziranenge, kwibagirwa kuzimya za buji mbere yo kuryama, abacuruza ibikoresho nka gaz, abahakura ubuki mu misozi, n’ibindi. Yavuze ko byose bishobora gukumirwa, asaba buri wese kugira mu kuzirinda kugira ngo zidatwara ubuzima bw’abaturage.

-6813.jpg

-6812.jpg

-6811.jpg

-6810.jpg

-6809.jpg

Ubukangurambaga bwo kurwanya no gukumira inkongi z’umuriro bufite insanganyamatsiko igira iti:” Dukumire inkongi y’umuriro turengera ubuzima n’umutungo”. Ubu butumwa buzagezwa hirya no hino ku baturage muri iki gihe cy’ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda.

Source RNP

2017-06-06
Editorial

IZINDI NKURU

Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Editorial 24 Aug 2018
Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Editorial 30 Nov 2021
Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Editorial 04 Aug 2021
Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Editorial 25 Nov 2017
Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Editorial 24 Aug 2018
Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Editorial 30 Nov 2021
Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Editorial 04 Aug 2021
Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Editorial 25 Nov 2017
Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Editorial 24 Aug 2018
Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Editorial 30 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru