• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Editorial 16 Mar 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Lt Gen. Henry Tumukunde uri mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda kuri iki Cyumweru yakiriwe mu Bitaro bya Kampala nyuma y’uko akaguru ke kagize ikibazo cyo kubyimba.

Uyu wahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda aherutse gutabwa muri yombi muri iki cyumweru gishize azira amagambo yatangarije itangazamakuru ryo muri iki gihugu yafashwe nk’ubugambanyi.

Umwe mu bo mu muryango we utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati: “Ukuguru kwe kwabyimbye. Ndakeka ari ukubera guhagarara igihe kirekire ubwo basakaga iwe muri Kololo.”

Mu gihe cy’intambara ya NRA yo kubohoza Uganda, bivugwa ko Tumukunde yarashwe ku kaguru agakomeretswa mbere yo kuvanwa mu gihugu mu ibanga akajya kuvurizwa I Nairobi.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kibutsa ko Tumukunde wigeze no kuyobora urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) yatawe muri yombi n’Ubutasi bwa gisirikare kuwa kane ushize ashinjwa ubugambanyi.

Uko Tumukunde yafashwe n’uburwayi

Mu gitondo cyo kuwa gatandatu nibwo Tumukunde yasubijwe iwe aherekejwe n’abashinzwe umutekano bagiye kumusaka mu rwego rwo gushakisha ibimenyetso byakwifashishwa mu kurega.

Iwe mu rugo, Tumukunde yemerewe gukaraba, kurya no kufata icyo kunywa, aho yanakurikiranaga ukuntu abashinzwe umutekano bari gukoresha ikoranabuhanga ryo hejuru mu gushakisha ibimenyetso bimuhamya ubugambanyi.

Usibye mu gihe cyo gukaraba no kurya, icyo gihe Tumukunde yari yambaye amapingu. Iryo sakwa ryari riyobowe n’Umuyobozi wa CMI, Brig. Gen. Abel Kandiho ryatangiye kuwa Gatandatu saa 10:30 rirangira saa 12:30 kuri iki Cyumweru.

Iwe mu rugo hari umugore we, Stella Tumukunde n’umuhungu we w’imyaka 15 kuko abandi bahungu be babiri bakuru, Philip Tumukunde na Amanya Ndahura Tumukunde, nabo bari batawe muri yombi, ariko bakaba baje kurekurwa kuri iki cyumweru.

Nyuma yo gusaka kuwa gatandatu, Tumukunde yajyanwe ku Rwego rushinzwe iperereza ridasanzwe (SIU) ahitwa Kireka ari naho afungiye.

Mu masaha ya saa munani kuri iki Cyumweru, nibwo ubuzima bwa Tumukunde bwatangiye kumera nabi biba ngombwa ko ajyanwa ku bitaro aho arinzwe n’abakozi ba CMI.

Biravugwa ko abagerageza kumusura barimo gusakwa n’umusirikare ufite ipeti rya Captain, mu gihe ku mugoroba wo kuri iki cyumweru yari yatangiye kumererwa neza.

2020-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Editorial 08 May 2016
Ubuhamya bwa Ange  wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Editorial 16 Apr 2017
Nyirabayazana w’Inkongi y’Umuriro muri  Gereza 1930 yamenyekanye

Nyirabayazana w’Inkongi y’Umuriro muri Gereza 1930 yamenyekanye

Editorial 27 Dec 2016
N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

Editorial 28 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi
Uncategorized

Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi

Editorial 12 Aug 2022
Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 17 Apr 2017
Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali
INKURU NYAMUKURU

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Editorial 05 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru