• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge

Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge

Editorial 10 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gicumbi yafashe abagabo bane bakekwabo kuba mu bagize agatsiko k’abacuruzi b’ibiyobyabwenge n’abajura.

Bafashwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda mu ijoro ryo kuwa kane ushize tariki ya 8 Ukuboza.

Babiri muri abo bafashwe ni Hafashimana Etienne na mugenzi we witwa Nsanzamahoro; bivugwa ko bari barazengereje abaturage ku buryo batoboraga amazu yabo maze bakabiba ibintu byabo bitandukanye.

Abandi babiri ni Turikwendera Jean Bosco na Ndaberetse Gabriel Alias Rugunde; bo amakuru avuga ko bakekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, kubitunda no kubikwirakwiza hirya no hino ndetse n’ubucuruzi bwa magendu.

Aba bose uko ari bane bafatiwe mu mudugudu wa Gatuna, akagari ka Rwankonjo mu murenge wa Cyumba; ubu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Mulindi.

Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi, ivuga ko aba bagabo bari basanzwe bari kuri lisiti y’abantu bashakishwa kubera ibikorwa bibi; kubera amakuru yatanzwe n’abaturage ndetse n’abakorewe ibyaha kuko bari bararambiwe ibikorwa byabo.

Byatumye rero, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ibikorwa muri Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) Emmanuel Butera, kuwa gatanu agirana inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abashinzwe umutekano mu karere ka Gicumbi; maze abasaba kongera kurushaho gukora ibikorwa bigamije gukumira no kuburizamo ibyaha bitandukanye.

Umurenge wa Cyumba, bivugwa ko ariyo nzira y’abacuruzi b’ibiyobyabyabwenge n’ababitunda, cyane cyane inzoga itemewe ya Gin ndetse na kanyanga n’izindi nzoga zitemewe zipfunyikwa mu masashi.

-4973.jpg

CP Emmanuel Butera yagize ati:” aho amarondo akorwa neza; ibi byaha biba byaracitse burundu. Dukorane n’abaturage kandi tubegere, bizatuma tumenya abanyabyaha n’abandi batubahiriza amategeko. Abaturage nibashyire ingufu muri gahunda yo gufatanya n’inzego mu gukumira no kurwanya ibyaha no gusigasira umutekano usesuye dufite”.

2016-12-10
Editorial

IZINDI NKURU

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Editorial 17 Feb 2025
Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Editorial 20 Mar 2016
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano

Editorial 03 Nov 2016
Indege y’igisilikare cya RDF  yakoreye impanuka i Masaka

Indege y’igisilikare cya RDF yakoreye impanuka i Masaka

Editorial 28 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.
Amakuru

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Editorial 12 Jun 2021
Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR
ITOHOZA

Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Editorial 15 Aug 2018
Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%
UBUKUNGU

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Editorial 01 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru