• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Editorial 20 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Giramata Nadja, umunyarwandakazi muri bake bazwi ku rwego mpuzamahanga mu kumurika imideli yasigiwe ibikomere bidakira na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nadja Giramata yavukiye mu Rwanda mu Mujyi wa Rubavu ahahoze hitwa i Gisenyi, ariko yakuriye mu Bufaransa aho yageze afite imyaka itanu y’amavuko.

Yageze mu Bufaransa asanzeyo mukuru we witwa Natacha nyuma aza kwimukira mu Bwongereza mu Mujyi wa Manchester ari naho yatangiriye ibyo kumurika imideli.

Uyu mukobwa yakoranye n’ibigo bikomeye mu by’imideli ku Isi ndetse yerekanye iyahanzwe n’abakomeye barimo Tom Ford, Philip Treacy, Jasper Conran, Kimora Lee Simmons[wahoze ari umugore wa Russell Brand], Naeem Khan, Jenny Packham, Tadashi Shoji, Rodebjer, Lela Rose, Tracy Reese, Adam Selman, Daks, Amanda Wakeley n’abandi benshi.

Abahanga mu gutoranya abanyamideli, bavumbuye impano ya Giramata ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye mu Mujyi wa Manchester ibyerekeye ‘Icyongereza n’Ubuvanganzo’.

Nubwo amaze kuba icyamamare mu mideli ku Isi yabwiye Forbes Magazine mu kiganiro kirambuye bagiranye ko ‘azirikana inkomoko ye’ ndetse iteka iyo yibutse abe yabuze muri jenoside ahita atekereza ku babishe.

Giramata i New York…

Ni Umunyarwandakazi mu maraso ariko afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza akaba n’Umunyamerika, ubu atuye mu Mujyi wa New York.

Mu ndimi esheshatu avuga adategwa, harimo n’Ikinyarwanda gusa ku bwo kuba mu mahanga imyaka myinshi hari amagambo amucika. Izindi ndimi Giramata avuga harimo Igifaransa, Igitaliyani, Icyesipanyoro, Igi- Portuguese n’Icyongereza.

Jenoside yakorewe Abatutsi yasize ibikomere bidakira ku mutima wa Giramata Nadja kubera ubwicanyi ndengakamere yabonye bwakorewe Abatutsi; by’umwihariko ashengurwa n’abavandimwe be bishwe.

Mu be yabuze, harimo nyina, musaza we mukuru, nyirakuru ndetse na babyara be batandukanye. Nyina yiciwe mu kivunge cy’abandi 600 bari bahungiye mu kiliziya[ntavuga izina rya Paruwasi], amakuru y’urupfu rwe n’aho yaguye ngo yayahawe n’umwe muri babyara be babonye interahamwe zimwica.

Umunyamakuru Claire Coghlan wa Forbes, yabajije Giramata umuntu wishe abavandimwe be, undi atazuyaje yahise avuga ati “Ni abaturanyi!”.

Ibikomere bya Jenoside…

Yongeraho ati “Ahanini abatutsi bishwe n’abaturanyi babo ubundi bigakorwa n’abaturutse ahandi. Niyo mpamvu usanga harapfuye umubare munini cyane, kuko nta wamenya urugo rwawe kurusha umuturanyi wawe. Nubwo Abatutsi aribo bahigwaga, Abahutu n’Abatwa barwanyaga ubwicanyi icyo gihe nabo barishwe.”

Giramata yashimangiye ko mu mutwe we akigendana amashusho y’ibyo yabonye muri Jenoside; by’umwihariko ngo yibuka cyane igitondo kimwe ubwo yari kumwe na nyina bavuye mu bwihisho bagaca ku mirambo y’Abatutsi itabarika yari yiciwe hafi y’urugo rwabo.

Yagize ati “Ntabwo nzigera nibagirwa icyo gitondo kibi, ubwo twajyaga mu rugo ahantu hose hari hacecetse, mama yavugije induru… Nabonye abagabo bafite imihoro baririmba ko ari twe bagiye gukurikizaho ko nubwo twakwihisha amaherezo tugomba gupfa.”

Yongeraho ati “Bivugaga imyato, bavugaga uburyo banyotewe no gusogongera umugore w’Umututsi. Ntabwo niyumvishaga uburyo banywaga bakanaririmba bishima kandi ubuzima bwacu buri mu kaga.”

Giramata yibuka ko Interahamwe zishe abaturanyi babo hari bamwe zasambanyaga ku ngufu kugira ngo “zinezeze, zinasogongere abagore b’abatutsi”.

Yavuze ko akurikije ibyo yabonye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo yavanyemo isomo rikomeye ko “amacakubiri atubaka ahubwo asenya”.

Giramata Nadja, umunyamideli warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Giramata yahaye imbabazi abishe umuryango we nubwo nta n’umwe wamusabye imbabazi, ngo kubaha imbabazi ku mutima byamuhaye umutuzo no kumva umutima we utaremerewe bityo agasaba n’abandi gutera intambwe bakimika ubumwe n’ubwiyunge.

Inzozi za Giramata…

Yinjiye mu by’imideli nk’inzozi yakuranye nyuma y’uko mukuru we witwa Natacha yigeze kumubwira ko azamera nk’icyamamare Naomi Campbell. Ati “Ntabwo numvaga icyo bivuze kumbwira ko ‘umunsi umwe nzamera nka Naomi Campbell’, ariko nakunze igitekerezo cye kandi cyangumye mu mutwe.”

Yongeraho ati “Mu myaka yakurikiyeho ubwo nari mfite ubushobozi bwo kuba muri Amerika no gukora nk’umunyamideli, bisobanuye ikintu gikomeye cyane kuri njye. Byanyeretse imbaraga ziri mu kwizera no kugira inzozi aho waba uturuka hose.”

Inzozi afite muri we uretse kuzamura impano ye mu by’imideli, Giramata yifuza kuba umuvugizi w’abatagira kivurira, imfubyi n’abagore bafashwe ku ngufu.

Ati “Abo bahohotewe [abagore n’abana] nibo bababaye cyane mu muryango, ikindi kandi ubuzima bwanjye n’amateka yanjye byabereka ko ubuzima bwabo butageze ku iherezo.”

Giramata akora akazi ko kumurika imideli nk’umwuga muri Amerika

Giramata mu mwaka wa 2017 ubwo mukuru we Natacha yari yahawe impamyabumenyi ya Kaminuza


2018-04-20
Editorial

IZINDI NKURU

#Kwibuka26 : ”  Ibi bihe turimo bidasanzwe ntibishobora kutubuza kuzuza inshingano yo kwibuka “-Perezida Kagame

#Kwibuka26 : ” Ibi bihe turimo bidasanzwe ntibishobora kutubuza kuzuza inshingano yo kwibuka “-Perezida Kagame

Editorial 07 Apr 2020
Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Editorial 10 Apr 2020
Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Editorial 22 Feb 2018
Undi muyobozi ukomeye muri FDLR, wakoranaga na Kayumba Nyamwasa yishwe arashwe

Undi muyobozi ukomeye muri FDLR, wakoranaga na Kayumba Nyamwasa yishwe arashwe

Editorial 02 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila
POLITIKI

Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila

Editorial 23 Jan 2018
Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena
Amakuru

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena

Editorial 16 Mar 2023
U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300
Mu Mahanga

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Editorial 26 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru