• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina birashoboka-Intumwa yihariye y’umuryango w’Abibumbye

Guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina birashoboka-Intumwa yihariye y’umuryango w’Abibumbye

Editorial 18 Oct 2016 Mu Mahanga

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe ibijyanye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bitewe n’ibibazo by’umutekano muke mu bihugu, Zainab Bangura, yavuze ko isi ishobora kurandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana mu gihe ibihugu byose bishyize hamwe ndetse bigahuza imbaraga mu kurirwanya.

Yabivuze ku itariki ya 17 Ukwakira 2016, ubwo yasuraga ikigo cya Isange one stop Center gikorera mu bitaro bya Kacyiru by’akarere ka Gasabo, akaba yaravuze ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ishimishije ndetse ko byabera n’ibindi bihugu urugero rwiza mu kurirwanya, bakurikije uburyo ikigo cya Isange one stop center gikoresha.

Yagize ati:”Rwose nkigera hano nagiye nirebera uburyo bukoreshwa n’iki kigo mu gufasha uwahohotewe, ku buryo nasanze ari ibintu bishimishije cyane; harimo n’ukuntu habaho gukusanya ibimenyetso by’ihohotera bigashyikirizwa ubutabera”.

Avuga uburyo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana rishobora gukumirwa ndetse rikanacika burundu, Bangura yavuze ko isi yose ikeneye kumva neza uburemere bw’iki kibazo ndetse buri wese akumva ko bimureba kurwanya iri hohoterwa.

Yagize ati:” dukeneye kumenya neza iby’iki kibazo ku buryo habaho kwiyemeza no kugira ubushake mu kurikumira burundu rigacika, tukongera ubukangurambaga ndetse tukareka guceceka mu gihe ryabayeho, ariko kandi hakanabaho ubufatanye bw’ibihugu. Ndemeza rwose ko tuzarikumira rigacika burundu”.

Mu ruzinduko rwe, Bangura yari ari kumwe n’uhagarariye mu Rwanda ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe guteza imbere abagore (UN Women) Fatou-Lo; bakaba barakiriwe n’Umuyobozi wa Loboratwari ya Kigali ( Kigali Forensic Laboratory) Commissioner of Police (CP) Daniel Nyamwasa, aho yababwiye ko ikigo cya Isange one stop center gikeneye gusuzuma uduce ndangabuzima (DNA) ku muntu, ku buryo mu kwezi kwa Mutarama 2017 laboratwari yabo izatangira imirimo ;bityo bikazafasha imikorere myiza na serivisi za Isange one stop center. Ugusuzuma izi DNA, ubusanzwe zoherezwaga mu gihugu cy’u Budage gusuzumirwayo.

Ubwo aba bashyitsi basuraga Isange one stop center, hari n’umuyobozi wungirije w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe itangazamakuru, imibanire n’imikoranire myiza ya Polisi n’inzego zitandukanye, Chief Superintendent of Police (CSP) Lynder Nkuranga n’Umuhuzabikorwa wa Isange one stop center Superintendent of Police (SP) Shafiga Murebwayire.

SP Shafiga yabwiye aba bashyitsi ko Isange one stop center yashyizweho mu mwaka w’2009, ikaba ifasha abahohotewe mu bijyanye n’ubujyanama ku ihungabana, ubuvuzi, ndetse abahuye n’iri hohoterwa bagafashwa mu bijyanye n’ubutabera; aho abakekwaho gukora ihohotera bafatwa ndetse bagashyikirizwa ubutabera.

-4416.jpg

Isange one stop center, inafasha kandi kwirinda inda zitateganyijwe, gukumira no kwandura agakoko gatera SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina n’ibindi.

RNP

2016-10-18
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Editorial 17 May 2016
Huye:Polisi y’u Rwanda  iributsa  akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Huye:Polisi y’u Rwanda iributsa akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Editorial 15 Feb 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be

Editorial 15 Dec 2016
John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

Editorial 14 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye
INKURU NYAMUKURU

Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye

Editorial 01 Oct 2019
Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania
POLITIKI

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Editorial 12 Jul 2018
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 8)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 8)

Editorial 23 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru