• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Editorial 28 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Umushumba w’itorero Zion Temple Apôtre Dr. Paul Gitwaza yagiriye inama abizera b’iri torero kugira ubwiteganyirize bw’irindi juru mu gihe Imana iri hafi guhindura ibintu byose aho izashyiraho ijuru rishya n’isi nshya maze ibyari bisanzwe bigakurwaho.

Ashingiye ku mpinduka zirimo kugenda ziza ku isi zirimo iterambere mu bucuruzi, ikoranabuhanga ryoroshya ibintu, guhinduka kw’imico y’ibihugu, kwiyunga kw’ibihugu byahoze birebana ay’ingwe, guhura kwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’uwa Korea ya Ruguru no kwihuza kw’amadini, Guhura kwa Trump na Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Paul Gitwaza arasaba abizera guhinduka bakava mu bya kera bakitegura gutaha mu ijuru rishya n’isi nshya.

Ati:”Hari ukwihuza kurimo gukorwa mu buryo butangaje kandi bwihuse, ibya kera birimo kugenda bivaho haza ibindi bishya,…ibintu biragenda bihinduka nyuma y’umwaka, nyuma y’amezi,…kandi Daniel yarabivuze ngo mu minsi ya nyuma abantu baziruka bajarajara hirya no hino, ibi ni byo bihe turimo rero.”

Yakomeje agira ati: “Ntawari uzi ko abaperezida ba Leta zunze ubumwe za Amerika na Koreya ya Ruguru bakicarana bakavugana, ariko ubu barimo kuvugana! no mu madini ni uko!”

Umushumba w’itorero Zion Temple Apotre Dr. Paul Gitwaza 

Ibi Gitwaza yavuze ko bifitanye isano n’ibyo Yohana yeretswe bijyanye no guhinduka kw’iusi n’ijuru aho yavuze ko yabonye ijuru rishya n’isi nshya. Ni yo mpamvu avuga ko abantu bakwiye kwibaza uko bizagenda isi n’ijuru bivuyeho yaje ibishya.

Apotre Dr. Paul Gitwaza yagize ati: “Mbese ijuru n’isi nibivaho utariteganyirije nibivaho irindi juru uzajya he? Imana yacu irakureberera kandi ntizagusiga utendetse ahantu, izaremera ijuru rishya n’isi nshya, urasabwa kwiteganyiriza.”

Akomeza ahamagarira abizera kuva mu mwijima maze bagasanga umucyo kuko ngo iyo umuntu atinze mu mwijima amaso agera aho akamenyera Umwijima maze Umwijima ugahinduka umucyo ku buryo asigara atazi gutandukanya icyiza n’ikibi.

Ati: “Iyo umuntu atinze mu mwijima amezi menshi amaso ahindura imiterere n’imikorere yo kumenyera Umwijima maze amaso agatangira kumenyera Umwijima ku buryo iyo ugeze mu mucyo udashobora kureba. iyo umuriro ugiye maze Umwijima ukaza, amaso akorana imbaraga nyinshi kugira ngo amenyere maze agatangira kubona ibintu bimwe na bimwe.”

Uyu mushumba asaba abakirisito kuva mu byaha byatuma batabona ijuru rishya maze bakiyeza bakitegura gutaha mu gihugu cyo mu ijuru kandi bagahora biteguye guhinduka bakava mubya kera ndetse bagahindura ingamba zo gukora ibintu kugirango bazane impinduka kandi babashe kurwanya Satani no kumutsinda babifashijwemo na Mwuka wera.

Umushumba w’itorero Zion Temple Apotre Dr. Paul Gitwaza arasaba abakirisito guhindura ingamba bakazana impinduka mu buzima bwabo
Ku itariki 11/06/2018, ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, bahuriye muri Singapore mu biganiro byitezweho kurangiza amakimbirane amaze igihe hagati y’ibihugu byombi kubera intwaro za kirimbuzi.
2018-06-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Editorial 27 Aug 2019
Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Editorial 30 Mar 2020
Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Editorial 20 Nov 2017
Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Editorial 25 Jun 2018
Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Editorial 27 Aug 2019
Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Editorial 30 Mar 2020
Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Editorial 20 Nov 2017
Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Editorial 25 Jun 2018
Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Editorial 27 Aug 2019
Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Editorial 30 Mar 2020
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 29, 20188:42 am -

    Ntabwo isi izarangira mbere yo kwima kwa Yesu Kristo imyaka igihumbi. Niho Ijuru rishya n isi nshya bizashyirwaho. Ibi byose birimo kuba birateguriza IMPANDA ,kuzamurwa kw ITORERO.gusanganira YESU KRISTO mu kirere.
    Urubanza, Ijuru n Isi nshya bizaba nyuma y imyaka 1000

    Subiza
  2. gitter
    July 1, 201810:24 am -

    hhh nti byoroshye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru