• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Habiba yerekeje i Burayi guhatanira ikamba rya Miss Supranational

Habiba yerekeje i Burayi guhatanira ikamba rya Miss Supranational

Editorial 17 Nov 2017 SHOWBIZ

Ingabire Habiba watoranyijwe guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Miss Supranational, yahagurutse i Kigali yerekeza i Burayi aho azahurira n’abakobwa barenga 80 bo mu bihugu bitandukanye byo ku isi.

Ikamba rya Miss Supranational rizatangirwa muri Pologne ariko abakobwa batoranyijwe uyu mwaka bazaba baraciye mu mijyi itandukanye ya Repubulika ya Slovakia no muri Pologne aho ryari risanzwe ribera mu myaka yashize.

Habiba yahagurutse i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki 16 Ugushyingo 2017; yaherekejwe n’ababyeyi be bombi, abandi bo mu muryango barimo abavandimwe ndetse n’inshuti zamusezeyeho mbere y’uko afata indege.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko yiteguye neza kandi yizeye kuzegukana ikamba rya Miss Supranational nta kabuza. Yavuze ko ibyangombwa byose bimwemerera guserukira igihugu abifite kandi akaba yarahawe inama n’abantu batandukanye ku buryo yizeye kuzitwara neza.

Yagize ati “Niteguye neza, urebye imyiteguro yo narayikoze ihagije igisigaye ni ukujya kuzana ririya kamba mu rugo kandi neza cyane.” Yabajijwe amahirwe yiha muri bakobwa agiye guhura na bo, asubiza ko ari ijana ku ijana.

Ati “Mbere yo kugenda twaganiriye n’inzego zitandukanye zirimo Minispoc, Ralc ndetse na Minisitiri w’Urubyiruko. Impamba ya mbere njyanye ni ibitekerezo n’inama ziva ku bakuru cyane cyane zishingiye ku muco.”

Icyo Ingabire Habiba yavuze ku bijyanye no kuzambara ’Bikini’

Mu myaka icyenda iri rushanwa rimaze, ni ku nshuro ya gatandatu u Rwanda rugiye kwitabira Miss Supranational, muri 2012 hagiyeyo Uwamahoro Yvonne, Miss Mutesi Aurore[2013], Umwali Neema Larissa [2014], Gisa Sonia[2015], Akiwacu Colombe[2016] ndetse na Ingabire Habiba ugiyeyo mu 2017.

 

Abakobwa batandukanye baserukiye u Rwanda muri iri rushanwa bagaragaye mu mwambaro wa ’Bikini’, igikorwa cyakunze kuvugisha benshi mu Rwanda kuri ba Nyampinga bitabira amarushanwa mpuzamahanga. Bamwe bavuga ko bihabanye n’umuco nyarwanda, bumva ko ari nko kwambara ubusa ku karubanda; abandi bakumva nta cyo bitwaye mu gihe uwitabiriye irushanwa aba azi neza ko biri mu byo azakora ahatanira ikamba.

Yagize ati “Ku bijyanye n’umuco cyane cyane ko ariya ari amarushanwa ari ku rwego mpuzamahanga, mugaragaza igihugu n’umuco wacyo.”

Yongeyeho ati “Icyo navuga ku mwambaro wa ’Bikini’, ntabwo igihugu kigutegeka ngo uzambara iki cyangwa kiriya, ni wowe ubihitamo ku bwawe. Iyo ubihisemo ukayambara ubona amanota, iyo uhisemo kutayambara nta manota ubona.”

Abajijwe niba azambara ’Bikini’, yasubije ati “Njyewe icyo natangariza Abanyarwanda ni uko bazabimenya ari uko mpageze.”

Ababyeyi be bamusabye kuzaserukana indangagaciro z’umuco w’u Rwanda akawumenyekanisha mu mahanga n’ibyiza bigize igihugu akomokamo.

Miss Supranational azatorwa ku itariki ya 1 Ukuboza 2017 ahitwa Krynica-Zdrój muri Pologne [Poland]. Ubuyobozi butegura iri rushanwa bwatangaje ko abakobwa batoranyijwe bagomba kuzagerayo mbere y’ibyumweru bitatu ngo irushanwa risozwe.

 

2017-11-17
Editorial

IZINDI NKURU

Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Editorial 30 Jan 2018
Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Editorial 07 Mar 2018
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Editorial 24 Mar 2021
Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Editorial 02 Feb 2018
Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Editorial 30 Jan 2018
Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Editorial 07 Mar 2018
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Editorial 24 Mar 2021
Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Editorial 02 Feb 2018
Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Editorial 30 Jan 2018
Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Editorial 07 Mar 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije
Amakuru

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Editorial 31 Jul 2025
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Editorial 29 Sep 2021
Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?
Amakuru

Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Editorial 01 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru