• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Editorial 26 Feb 2016 IMIKINO

Kuba irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryo muri uyu mwaka wa 2016 ritaratangira, hari benshi mu bakurikiranira hafi ibya muzika nyarwanda bakomeje kubyibazaho byinshi, nyamara kugeza ubu amakuru y’impamo ni uko abahanzi bashobora guhatana uyu mwaka ari batanu bigeze kuryegukana gusa.

-2285.jpg

Tom Close wegukanye iri rushanwa ku nshuro ya mbere muri 2011, King James waryegukanye bwa kabiri muri 2012, Riderman waryegukanye ku nshuro ya gatatu muri 2013, Jay Polly waryegukanye bwa kane muri 2014 ndetse na Butera Knowless waryegukanye ku nshuro ya gatanu muri 2015, nibo bahanzi bashobora guhatanira ibihembo bya Primus Guma Guma Super Star y’umwaka wa 2016, irushanwa ritegurwa n’uruganda rwa Bralirwa rufatanyije na East African Promoters (EAP), nk’uko amakuru Inyarwanda.com ikesha umwe mu bitabiriye inama yabyigagaho ariko tutaza gutangaza amazina abishimangira.

Tariki 16 Gashyantare 2016, nibwo King James, Riderman, Jay Polly ndetse na Ishimwe Clement wari uhagarariye Knowless na Tom Close, bagiranye inama n’ubuyobozi bwa Bralirwa ndetse na EAP bafatanya gutegura irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star, iyi nama ikaba yarigaga ku buryo aba bahanzi bagiye begukana ibihembo byo mu myaka itanu ishize, ari nabo bahatana uyu mwaka bakishakamo umuhanzi uzegukana igihembo cya “Primus Guma Guma Super Stars All Stars”.

Icyakoze iyi nama yaje kurangira habayeho kutumvikana neza ku bijyanye n’umubare w’amafaranga aba bahanzi bajya bagenerwa nk’igihembo cya buri kwezi, abategura irushanwa bakaba barifuzaga ko buri muhanzi muri aba yazajya ahembwa miliyoni ebyeri z’amafaranga y’u Rwanda buri kwezi mu gihe cy’amezi ane, mu gihe aba bahanzi bo bifuzaga ko bajya bahabwa arenze ayo. Iyi nama yarangiye, abategura aya marushanwa bagiye kubyigaho bakazatangaza umwanzuro wabo.

Umwanzuro wa EAP na Bralirwa, niwo uzemeza niba koko uyu mwaka aba bahanzi batanu aribo bazahatana, cyangwa batabasha kumvikana n’aba bahanzi ku bijyanye ahanini n’ibihembo bagomba kubagenera buri kwezi, bakabona gukora irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star mu buryo busanzwe, hagakoranywa abahanzi bahatanira igihembo cy’irushanwa ku nshuro yaryo ya gatandatu.

Umwe mu bahanzi batanu bitabiriye iyi nama umwe muba aganiriye na Inyarwanda.com ariko ntiyifuze ko amazina ye yatangazwa, avuga ko kugeza ubu ntakiremezwa kuko bagaragarije EAP na Bralirwa uko bifuza bahembwa nabo bakabagaragariza ibyo bifuza kubahemba, nyuma hakaba barafashe umwanya wo kubitekerezaho ngo banzure igikwiye gukorwa. Uyu muhanzi nawe, yemeza ko inama yari iyo kwiga imishobokere y’uyu mushinga, byakwanga hakaba hakorwa irushanwa ry’abandi bahanzi nk’uko byari bisanzwe bigenda mu myaka ishize, hagatorwa abahanzi bazazenguruka igihugu bahatanira ibihembo by’iri rushanwa.

Umunyamakuru wa Rushyashya yagerageje kuvugisha Mushoma Joseph bakunda kwita Bubu; umuyobozi wa EAP ifatanya na Bralirwa gutegura aya marushanwa, ngo tumubaze niba ntacyo barabasha kwemeza, ariko mu nshuro zose twamuhamagaye kuri telefone ye igendanwa ntiyabashije kwitaba.

M.Fils

2016-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti

APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti

Editorial 01 Feb 2025
Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Editorial 09 Dec 2021
Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Editorial 07 Mar 2016
U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

Editorial 09 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa
Mu Mahanga

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Editorial 27 Apr 2016
Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 15 Jul 2021
Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano
Amakuru

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Editorial 24 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru