• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Editorial 14 Nov 2018 Mu Rwanda

Depite Hamidou Omar wahoze ari umudepite mu nteko ishinga amategeko yitabye Imana kuri wa kabiri.

Hamidu Omar yabaye intumwa ya rubanda muri leta y’inzibacyubo kuva mu mwaka w’1994 kugeza mu mwaka wa 2007. Yaje gusubira mu nteko mu mwaka 2003 kugeza mu mwaka wa 2013.

Hamidou omar yakorewe isengesho ku musigiti wa Al Fat’ha uzwi nka Onatracom

Hamidou Omar Kiyogoma yavukiye mu mugi wa Kigali, mu karere ka nyarugenge, mu mwaka w’1957. Yize amashuri ye abanza ku ishuri ribanza Intwali, akomereza amashuri yisumbuye muri Group Scolaire Byimana aho yize umwaka umwe, akomereza muri Group scolaire sainte Andre I Nyamirambo,aho yarangije afite amanota meza akomereza muri kaminuza y’u Rwanda (UNR) aho yize Ubutabire.

Yabaye Secretaire Depite muri biro y’inteko ishinga amategeko ubwo Joseph Sebarenzi yari Perezida wayo

Yabaye umukomiseri muri komisiyo y’ivugurura ry’itegekonshinga kuva mu mwaka 2001 kugeza 2002.

Akirangiza kwiga Kaminuza i Butare, Hamidou Omar yabaye umuyobozi w’uruganda rwitwaga SOMIRWA rwacukuraga amabuye yagaciro i Rutongo.

Yabaye kandi umukozi w’icyahoze ari Electrogaz ku Gihira ku Gisenyi.

Ni umwe mu bashinze ishyaka ntangarugero muri Demokarasi PDI mu mwaka w’1991.

Hakizimana Tchale Abdallah mukuru wa Hamidou Omar yabwiye  Itangazamakuru  ko Hamidou Omar yakuze ari umunyabwenge ku buryo aho yize hose yagiye yitwara neza, avuga ko yavuye mu nteko afata ikiruhuko cy’izabukuru, akomeza guhangana n’uburwayiindwara yari amaranye igihe kinini.

Nyuma y’isengesho yashyizwe mu modoka ijyanwamo abitabye Imana

Hamidou Omar yitabye Imana aguye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu mu bitaro bya Kibagabaga, ari naho yari atuye, azize indwara zirimo umutima na Diyabete, yari afite imyaka 61,asize umugore n’abana 5.

Yashyinguwe kuri uyu wa gatatu mu irimbi ry’I Nyamirambo, ahari na bamwe mu barwandashyaka ba PDI brangajwe imbere na Perezida w’iri shyaka akaba na Visi perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite Sheikh Mussa Fazil Harelimana na Visi perezida waryo Mukama Abbas.

Yasengewe ku musigiti wa Al fat’ha uzwi ku izina rya Onatracom

Sheikh Mussa Fazil Harelimana Visi perezida w’inteko ishinga amategeko hamwe na Mukama Abbas bombi b’abayobozi ba PDI

Yururutswa mu mva

Ubusabe bwa nyuma, Hamidou Omar yasabiwe ku irimbi ry’i Nyamirambo

2018-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Editorial 28 May 2021
Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 03 Sep 2021
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Editorial 14 Jul 2021
Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Editorial 30 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu
UBUKUNGU

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Editorial 30 Apr 2019
Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana
HIRYA NO HINO

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Editorial 07 May 2018
Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21
ITOHOZA

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Editorial 06 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru