• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat

Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Editorial 05 May 2018 POLITIKI

Ivangura mu kazi rigamije guheza abagore ku myanya ikomeye ya Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ni rimwe mu masubyo agomba kujanjagurwa byihutirwa kuko bamwe mu bahakora bahamya ko bimaze kuba umuco mubi utonesha abagabo ugasuzugura ubushobozi bw’abagore.

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, amaze kwandikirwa amabaruwa menshi harimo abiri yasinyweho n’abagore bamusaba ko yakemura iki kibazo bita ‘agasuzuguro no gufatwa nabi’.

Ayo mabaruwa atandukanye yabonywe na Mail & Guardian, harimo imwe yo ku wa 25 Mutarama, yasinyweho n’abagore 37, igira iti “Twebwe, abakozi b’igitsina gore bakora muri Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe, tubabajwe bikomeye n’ivangura mu kazi ryibasira abakozi b’abagore bakora muri komisiyo.”

Iyo baruwa ikomeza igira iti “Kwigirira icyizere muri komisiyo by’umwihariko muri twe abakozi b’abagore biri hasi cyane, kandi bizakomeza kugabanuka kuko nta gisubizo ubona giteganyijwe.”

Aba bagore bavuga ko ikibazo nyamukuru ari ivangura riba mu gushaka abakozi muri komisiyo, aho abagore bashoboye bafite n’ubunararibonye bigizwayo bakimwa imyanya ikomeye (Senior role) ahubwo igahora ihabwa abagabo.

Bavuga ko iki kibazo kigaragara cyane mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano, rifatwa nk’irikomeye muri AU.

Bati“Iyi mikorere ya Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano yo kugenera imyanya abagabo gusa hanyuma igaheza ndetse ikanasuzugura abagore, igomba guhagarara burundu. Igomba kugirwa icyaha muri AU.”

Iri shami riyobowe na Smail Chergui, niryo ryonyine muri Komisiyo ya AU, ridafite umugore uyoboye agashami ako ariko kose.

Indi baruwa yandikiwe Faki kuwa 14 Gashyantare, kimwe n’izindi zigaragaza byinshi ku bibazo biri mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano.

Iyi yasinywe n’abayobozi bakuru batanu bo mu ishami rishinzwe imiyoborere n’abakozi, ishinja Chergui, gukoresha nabi ububasha afite binyuze mu guha imyanya aba ashaka, kwivanga mu bizamini by’ibiganiro (interview) no mu bijyanye no gushaka abakozi.

By’umwihariko batunga urutoki mu bitarubahirijwe ubwo hashyirwagaho umuyobozi w’agateganyo ushinzwe agashami ko gucunga Ibiza ndetse no mu gushyiraho ushinzwe gukumira amakimbirane no gutanga umuburo.

Iyo baruwa igira iti “By’akamenyero Komiseri wenyine yongera gusuzuma lisiti, agahindura itonde, agakuramo amwe mu mazina akongeramo andi, kandi ibi byabaye ubuziraherezo. Ibikorwa bye byasubije hasi iri shami ry’ingenzi muri Komisiyo.”

Umuvugizi wa Perezida wa Komisiyo ya AU, Ebba Kalondo, yavuze ko nubwo adashobora kugira icyo mvuga agendeye ku mabaruwa yashingiweho handikwa inkuru, Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe atazihanganira na rimwe igisa n’ihohoterwa cyose.

Yagize ati “Uburinganire no guteza imbere abagore mu Muryango ni ikintu cy’ingenzi cyitabwaho cyane. Muri Mutarama uyu mwaka inama y’Abakuru b’Ibihugu yafashe umwanzuro wo gushyiraho intego z’uburinganire mu nzego zose z’umuryango bitarenze mu 2025.”

Yakomeje agira ati “Buri kirego cy’uwari we wese n’ahari ho hose mu muryango gihabwa agaciro kandi kigakorwaho iperereza ryimbitse. Buri kirego kandi ni ukutwibutsa ko hakiri akazi kenshi ko gukora kugira ngo abantu bagire uburenganzira bungana aho bakorera.”

Abakora muri Komisiyo ya AU n’abigeze kuyikoramo yaba abagabo n’abagore bahamya ko ibyatangajwe muri ariya mabaruwa ari ukuri, nubwo batemeye gutangazwa amazina.

Hari benshi batangaza ko Faki arimo gufata ingamba zo gukemura ibibazo bijyanye no gutanga akazi mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano rya AU, harimo no guhagarika by’agateganyo ibijyanye no gushaka abakozi bakuru kugeza ibi bibazo bikemutse.

Ku rundi ruhande ariko azitirwa n’uko Komisiyo ya AU yubatse, aho Umuyobozi Mukuru wayo, umwungirije n’abandi ba komiseri umunani batorwa n’ibihugu bigize umuryango. Bikaba bitamushobokera kugira ijambo rikomeye kuri Komiseri wakoze amakosa.

Icyakora iki ni ikibazo agomba gukemura, kuko mu ibaruwa yo kuwa 14 Gashyantare, yagaragarijwe ko afitiwe icyizere cyo gukemura ibibazo bimaze imyaka, byakuze cyane ku ngoma ya Dlamini Zuma yasimbuye.

2018-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Editorial 30 Jul 2025
Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Editorial 26 Aug 2019
Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Editorial 28 Oct 2016
U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Editorial 13 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry’Imikino Nyafurika.
Uncategorized

APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry’Imikino Nyafurika.

Editorial 09 Aug 2025
Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura
IMIKINO

Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura

Editorial 23 Jun 2018
Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC
Amakuru

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Editorial 15 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru