• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Editorial 16 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Abakinnyi b’abanyarwanda bakina hanze y’igihugu, bahamagawe ngo bitegure imikino ibiri isoza amatsinda yo gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroon muri 2022, batangiye kugera i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere.

Kuva tariki ya 07 Werurwe 2021, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru iri mu mwiherero utegura imikino isoza amatsinda yo gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroon muri 2022, u Rwanda rukaba rutegura imikino ibiri ruzakina na Mozambique na Cameroon

Nirisarike Salomon

Nyuma y’imyitozo imaze iminsi ikorwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere nibwo abakinnyi babimburiye abandi kugera mu mwiherero w’Amavubi aho bahita banakomezanya imyitozo na bagenzi babo uhereye kuri uyu wa kabiri.

Ku isonga, k’umugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 15/03/2021 nibwo kapiteni w’ikipe y’iguhugu Amavubi, Haruna Niyonzima ukinira ikipe ya Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania yageze i Nyamata akurikirwa na myugariro Amavubi Salomo Nirisarike ukinira Urartu FC yo mu gihugu cy’Armenia.

Uko gahunda yose iteye:

▪️ Rubanguka Steven, umunyarwanda ukina hagati mu kibuga muri AE Karaiskakis FC yo mu cyiciro cya kabiri mu Bugeleki we azagera mu Rwanda kuwa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, saa mbili na 15′ z’amanywa

▪️ Mukunzi Yannick ukina hagati mu kibuga muri IF Sandvikens yo mu cyiciro cya gatatu muri Sweden azagera mu Rwanda kuwa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021, saa mbili n’iminota itanu zo ku manywa

▪️ Kagere Meddie, Rutahizamu wa Simba SC yo muri Tanzania azagera mu Rwanda kuwa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021, saa kumi n’ebyiri n’igice za nimugoroba

▪️ Mvuyekure Emery ukina nk’umunyezamu wa Tusker yo muri Kenya nawe azagera mu Rwanda ku cyumweru tariki ya 21 Werurwe 2021, saa tanu na 50′ zo ku manywa.

▪️ Rwatubyaye Abdoul na Muhire Kevin bo igihe bazazira ntikiramenyekana.

U Rwanda na Mozambique bazakina kuwa gatatu w’icyumweru gitaha tariki ya 24 Werurwe 2021, ni umukino uzayoborwa na Issa Sy uzasifura hagati mu Djibril Camara na El Hadji Malick bombi b’abanya-Senegal bazaba bari ku mpande, Diouf Adalbert azaba ari umusifuzi wa kane, umunya – Ethiopia Salomon Gebresilasie Adebe azaba ari komiseri w’umukino mu gihe Umurundi Nyamusore azaba ashinzwe kureba ibijyanye na Covid-19.

2021-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

Moussa Faki Mahamat arasaba ibihugu by’ibihangange kureka gukomeza kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika ubwabo

Moussa Faki Mahamat arasaba ibihugu by’ibihangange kureka gukomeza kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika ubwabo

Editorial 21 Feb 2024
Kuri Ingabire Victoire, amahoro mu Rwanda no mu karere azazanwa no guha ubutegetsi Abajenosideri ba FDLR

Kuri Ingabire Victoire, amahoro mu Rwanda no mu karere azazanwa no guha ubutegetsi Abajenosideri ba FDLR

Editorial 14 Nov 2022
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Editorial 31 May 2024
APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

Editorial 20 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda

Editorial 28 Dec 2018
Kenya yatwaye igikombe cya Afurika cy’Abagore muri Volleyball, u Rwanda rusoza ku mwanya wa kane
Amakuru

Kenya yatwaye igikombe cya Afurika cy’Abagore muri Volleyball, u Rwanda rusoza ku mwanya wa kane

Editorial 25 Aug 2023
Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha
Mu Rwanda

Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Editorial 01 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru