• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire

Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire

Editorial 03 Jan 2017 IMIKINO

Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burateganya kuzashyiraho isiganwa ry’amagare ryitiriwe Lambert Byemayire, wari Visi Perezida w’ishyirahamwe ry’amagare mu Rwanda (FERWACY).

Iki gitekerezo cyagaragajwe kandi cyemezwa mu nama njyanama y’Akarere ka Huye yateranye kuwa gatanu tariki 30 Ukuboza 2016.

Cyashingiye ku kuba Byemayire yari yarashyizeho ihuriro ry’abanyehuye basiganwa ku magare, anatangiza isiganwa ngarukamwaka, ryo kuzenguruka Akarere ka Gisagara ku magare kuva muri 2015.

Byemayire witabye Imana mu mpera z’ukwezi kwa 11, ubuyobozi bw’Akarere ka Huye butekereza gukomereza aho yari agejeje, ariko noneho amasiganwa agakorwa mu izina rye, anibukwa.

Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Huye avuga ko umurimo yasize atangije utahagarara.

Yagize ati “ntabwo twifuza ko club yari yatangije yagira ikibazo na kimwe kuko atagihari. Turashaka ko akarere gafata gusiganwa ku magare nk’umukino umaze kugira aho ugera, nk’uko bafasha Mukura, bagafasha n’amagare agatera imbere.”

Abanyonzi, ni ukuvuga abatwara abantu n’ibintu bifashishije amagare, ni bamwe mu bakunze kwitabira iri siganwa.

Jean Pierre Nshimiyimana ni umwe muri bo. Avuga ko yababajwe n’urupfu rwa Byemayire, akaba yifuza ko haboneka abakomereza aho yari ageze.

Agira ati “Bibaye byiza, abasigaye bakoranaga na we bakomeza bagafasha cyane cyane urubyiruko nkatwe, tugakomeza siporo y’amagare kuko irakunzwe cyane mu Rwanda.”

Anavuga ko ibikorwa bya Byemayire bikomeje, byazamufasha kugera kure yifuza, akaba icyamamare nka Ruhumuriza na we ukomoka i Huye, akanarenzaho akamenyekana muri Afurika yose.

Innocent Bizimana we amasiganwa yatangiye ataratangira umurimo w’ubunyonzi. Ariko ngo akomeje na we ubutaha yazajya ayitabira.

Biteganyijwe ko Akarere ka Huye kazakora umushinga wo gukomeza ibikorwa bya Lambert Byemayire mu bijyanye n’amasiganwa y’amagare, ugashakirwa n’abaterankunga.

Ubuyobozi buvuga ko hazakorwa ibishoboka byose umukino w’amagare ugakomeza gutera imbere muri aka Karere.

Source : KT

2017-01-03
Editorial

IZINDI NKURU

Christiano Ronaldo yatowe nk’umukinnyi w’umwaka i Burayi

Christiano Ronaldo yatowe nk’umukinnyi w’umwaka i Burayi

Editorial 25 Aug 2016
Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Editorial 06 Sep 2023
Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Editorial 16 Aug 2019
Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Editorial 20 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe
Mu Rwanda

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Editorial 02 May 2017
Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse
Mu Mahanga

Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Editorial 29 Sep 2016
Perezida Kagame na Ban Ki Moon baganiriye ku bibazo bikomeje kwibasira u Burundi
Mu Rwanda

Perezida Kagame na Ban Ki Moon baganiriye ku bibazo bikomeje kwibasira u Burundi

Editorial 01 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru