• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»MULTIMEDIA»Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo

Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo

Ubwanditsi 28 Feb 2017 MULTIMEDIA

Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi nka “Miss Igisabo” avuga ko nubwo ategukanye ikamba rya Miss Rwanda 2017 nta gahunda afite yo kongera guhatanira iryo kamba.

Arabitangaza mu gihe mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017 ataje muri batanu ba mbere ahubwo agatorwa nka Nyampinga wakunzwe kurusha abandi (Miss Popularity) nyamara hari bamwe bamuhaga amahirwe yo kwegukana iryo rushanwa bitewe n’uburyo yamamaye.

Mu gihe usanga hari bamwe muri ba Nyampinga bitabira Miss Rwanda, batatsinda, bagasubira guhatana mu mwaka ukurikiyeho bagerageza amahirwe, Miss Hirwa Honorine we avuga ko atazasubira guhatana.

Ahamya ko ubwo yitabiraga Miss Rwanda hari byinshi yungukiyemo birimo kumenywa no guhura na benshi ku buryo ngo ayo mahirwe nayakoresha neza azagera kuri byinshi.

Agira ati “Naje kurushanwa nshaka umwanya wa mbere! Umwanya nabonye waranshimishije, sinteganya kuzasubira muri aya marushanwa ibyo nize narabyize kandi byampaye urubuga nshobora gukoresha nkagera kure.”

Akomeza avuga ko agitungurwa n’uburyo aho aciye hose asanga bamuzi akaba yarisanze yamamaye ku buryo butangaje.

Ati “Natunguwe cyane n’uburyo aho nyuze hose usanga banzi, nabaye icyamamare mu gihe gito kandi sinari mbyiteze, nubwo irushanwa ryarangiye ndacyaryoherwa n’ibihe twagize.”

Miss Hirwa Honorine, ufite imyaka 20 y’amavuko yamamaye ku izina ry’Igisabo biturutse ku magambo yavuze ubwo yitabiraga ijonjora rya ba Nyampinga bagombaga guhagararira Intara y’Iburengerazuba muri Miss Rwanda 2017.

Ubwo yari ari imbere y’akanama nkemurampaka, yasobanuye uko umunyarwandakazi nyawe aba ateye maze agira ati “Umunyarwandakazi ni uteye nk’igisabo.”

Kuva ubwo iyo mvugo yahise yamamara, abantu batandukanye bayivugaho haba mu biganiro cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Abantu bamwe biganjemo abafana be, mbere y’uko isaha yo gutangaza Miss Rwanda 2017 igera, bamuhaga amahirwe yo kwegukana ikamba ariko abandi bagahamya ko ataryegukana.

Irushanwa ryarangiye ataje no muri ba Nyampinga batanu ba mbere kuko Miss Rwanda 2017 yabaye Iradukunda Elsa, ibisonga bye biba Shimwa Guelda, Umutoniwase Linda, Kalimpinya Queen na Fanique Simbi Umuhoza.

Ikindi ni uko abakobwa 15 bahataniraga kuba Miss Rwanda 2017, bemerewe kwiga ku buntu (Scholarship) muri kaminuza ya Mahatma Gandhi.

-5968.jpg

-5967.jpg

-5966.jpg

-5961.jpg

-5969.jpg

Abahatanira Miss Rwanda 2017 basinyiye imihigo bazahigura mu gihe cya manda yabo

2017-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Ubwanditsi 11 May 2017
Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..

Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..

Ubwanditsi 07 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu  cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?
Mu Mahanga

Abantu cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Amakimbirane muri RRM, Sankara yirukanye Noble Marara mu ishyaka
INKURU NYAMUKURU

Amakimbirane muri RRM, Sankara yirukanye Noble Marara mu ishyaka

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu
Amakuru

Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu

Ubwanditsi 22 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru