• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Editorial 22 Jan 2016 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame n’intumwa ayoboye, yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum, itangira kuri uyu wa Gatatu, i Davos mu Busuwisi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver ni umwe mu bagize itsinda ryaherekeje Umukuru w’Igihugu, ririmo Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr Vincent Biruta, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, Francis Gatare na Minisitiri w’Ibikorwa remezo, James Musoni.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times aho ari mu Busuwisi, kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Gatete Claver, yavuze ko iyo nama izatanga amahirwe akomeye ku Rwanda mu kugaragaza aho rugeze mu rwego rw’ubukungu.

Yavuze ko iri huriro rya Davos rihuza abantu bakomeye ku Isi mu rwego rw’ubukungu, u Rwanda rukazaboneraho kugaragaza ibimaze kugerwaho ndetse bagakangurirwa kuza gukorera ubucuruzi mu gihugu.

Ati “Kuva Devos ihuza abantu bo mu nzego zifata ibyemezo, abo muri za kaminuza n’abandi b’ingenzi mu bukungu bw’Isi, bizadufasha kubereka uko u Rwanda ruri kwitwara mu rwego rw’ubukungu tubakangurire kuza kuhakorera ubucuruzi. Ni umwanya wo kubabwira icyo bashobora kubona mu Rwanda.”

Iyi ni inama ya 46 ngarukamwaka ya World Economic Forum, ibereye Davos-Klosters, mu Busuwisi, ikazanasuzumira hamwe ibindi bibazo bikomeye birimo umutekano, ihindagurika ry’ibihe, izamuka ry’ubukungu bw’Isi n’ibiciro ku bicuruzwa bitandukanye.

-12.gif

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver

Minisitiri Gatete kandi yatangaje ko iyi nama izafasha itsinda ryaturutse mu Rwanda, kungurana ibitekerezo n’izindi mpuguke mu bukungu zaturutse ahandi hanyuranye.

Yagize ati “Muri Davos inzego zinyuranye z’ubukungu ziganirwaho. Tuzungurana ibitekerezo n’abandi bahanga mu bukungu tunabigireho. Bizanaduha umwanya wo kubasha gukorana nabo.”

Biteganyijwe ko yitabirwa n’abasaga 2 500 baturutse mu bikorwa binyuranye by’ubucuruzi, za guverinoma, imiryango mpuzamahanga, imiryango itegamiye kuri leta, za kaminuza n’abandi.

Umwanditsi wacu

2016-01-22
Editorial

IZINDI NKURU

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Editorial 18 Jul 2019
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019
Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Editorial 05 Oct 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki
UBUKUNGU

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Editorial 10 Nov 2017
PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative
POLITIKI

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Editorial 23 Aug 2018
Umurambo wa Radio washyinguwe  iwabo mu cyaro i Wakiso
HIRYA NO HINO

Umurambo wa Radio washyinguwe iwabo mu cyaro i Wakiso

Editorial 03 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru