• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Editorial 01 Jul 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Aya makuru y’ abaturage basaga 800 bahawe inkingo z’ibikwangari yabanje gutangazwa n’ibinyamakuru byigenga ndetse n’imiryango itari iya Leta, abambari ba Perezida Yoweri K. Museveni bihutira kuyamaganira kure, nk’uko basanzwe babigenza iyo hari amakuru afatika abashinja ruswa n’andi marorerwa, bakayitirira ”abatifuriza Uganda ineza”. Nyamara ikinyoma ntikirara bushyitsi, kuko Leta ya Uganda yabonye itahisha inzu ngo ihishe umwotsi, maze nayo yemera ko aya mahano yabaye.

Dr Wallen NAAMARA, ukuriye ishami rishinzwe ubuzima mu biro bya Perezida Museveni, yemereye itangazamakuru ko abantu basaga 800 mu Murwa Mukuru Kampala bahawe inkingo z’ibicupuri, ndetse bamwe bitaba Imana. Yasobanuye ko harimo gukorwa iperereza ngo ababigizemo uruhare babihanirwe. Birashoboka ko abahawe inkingo z’inyiganano barenga kure abamenyekanye, kuko mu byaro bya Uganda bikekwa kuba harabaye amarorerwa aruta ayo muri Kampala.

Ubusanzwe Leta ya Uganda itangaza ko yiyemeje guha abaturage inkingo za Covid-19 ku buntu, nyamara abenshi bagiye bazigurira, zinabahenze, kuko zagiye zivanwa mu bubiko bwa Leta zikajya gucuruzwa mu mafarumasi yigenga. Aho rero ni naho havuye ubujura n’ubugome bwo kuvanga inkingo nzima n’inziganano, rumwe umuturage akarugura amashilingi ya Uganda hafi ibihumbi 200, ni hafi ibihumbi 70 uvunje mu Manyarwanda.
Ibi biraba kandi mu gihe iki cyorezo gica ibintu muri Uganda, aho abarwayi batangiye kubura umwuka uhabwa indembe. Ibitaro byaruzuye ku buryo imodoka z’abantu ku giti cyabo zahindutse ibitaro, abaganga basanzwe ari na bake bikaba byatangiye kubarenga.

Nyamara imibare yerekana ko Uganda yahawe inkunga yo guhangana na Covid-19, ingana na tiriyali 4 n’igice z’amashilingi, ariko igice kinini cy’iyo nkunga cyigiriye mu mifuka y’abo mu muryango wa Perezida Museveni n’inkoramutima ze. Urugero ni miliyari hafi 7 z’amashilingi zahawe kampani yitwa“Silverbacks Pharmacy” ngo ishyire umwuka wa “Oxygen” mu bitaro bya Mulago, birangira nta n’ikintu na kimwe gikozwe. Iyo kampani ni iya Charlotte KUTEESA washakanye na Gen. MUHOOZI Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni.

Magingo aya, abaturage batangiye gutabaza no gusaba ibihugu, nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bigenera inkingo Uganda, ko byohereza muri Uganda zazana n’abaganga bo gukingira abaturage, kuko ngo abo muri Uganda bamaze gutakarizwa icyizere.

2021-07-01
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Editorial 02 May 2021
Rudasingwa akomeje guterana amagambo na Kayumba

Rudasingwa akomeje guterana amagambo na Kayumba

Editorial 27 Jan 2017
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Editorial 16 Jun 2021
Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Editorial 13 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022
Amakuru

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 10 Aug 2021
FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23
Mu Mahanga

FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23

Editorial 29 May 2018
Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanyaikoreshwary’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanyaikoreshwary’ibiyobyabwenge

Editorial 27 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru