• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Editorial 29 May 2018 UBUKERARUGENDO

Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu Kirere, RwandAir, yatangije ku mugaragaro, izigana i Abuja mu Murwa mukuru wa Nigeria, icyerekezo cya kabiri igize muri icyo gihugu nyuma ya Lagos ifatwa nk’umujyi w’ubucuruzi.

Urugendo rwa mbere ruva i Kigali rwerecyeza i Abuja rwakozwe nyuma y’uburenganzira RwandAir yahawe bwo gukorera ku bibuga byose by’indege muri Nigeria no kuhafata abagenzi ikabajyana ahandi muri Afurika.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 26 Werurwe 2018 hagati y’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara Abantu n’Ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, Jean de Dieu Uwihanganye n’Ushinzwe Ubwikorezi bw’Indege muri Nigeria, Sen. Hadi Abubakar Sirika.

Ibirori byo gutangiza ingendo za RwandAir i Abuja byabereye muri “Hilton Hotel Abuja” muri Nigeria, ku wa 25 Gicurasi 2018, witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye biganjemo abahagarariye inzego zigenzura ibijyanye n’ingendo zo mu kirere muri iki gihugu.

Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Ibikorwa muri RwandAir, Lt.Col. Silver Munyaneza, yashimiye Nigeria yemereye u Rwanda gutangizayo ingendo, avuga ko bizarufasha nk’igihugu kidakora ku nyanja.

Yagize ati “Mu nzira yo kwaguka no kugaba amashami, RwandAir yafunguye izindi ngendo i Cotonou, mu rwego rwo gufasha abajya muri Afurika yo Hagati n’Uburengerazuba nka Abidjan, Dakar, Libreville, Brazzaville na Douala. Nishimiye kubamenyesha ko turi mu nzira zo kongeraho i Bamako na Conakry, ku rutonde rw’aho abavuye i Cotonou bashobora kwerekeza, mu mpera za 2018.”

Yakomeje ati “Gufungura icyerecyezo cya Abuja bizazamura ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, kandi binahuze Abuja n’ahandi hasigaye ku Mugabane wa Afurika, Aziya, Uburengerazuba bwo Hagati n’u Burayi.”

Yakomeje avuga ko mu rwego rwo gufasha abagenzi bajya mu byerekezo bitandukanye, RwandAir iri gutegura gutangiza ingendo zigana mu byerekezo bitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Stanislas Kamanzi, yavuze ko gutangiza izo ngendo bizongera urujya n’uruza rw’abagenzi mu bihugu byombi ndetse no ku Isi muri rusange kandi ko byuzuza intego z’abakuru b’ibihugu bashyizeho mu rwego rwo guteza imbere ubuhahirane no gukorana bya hafi.

Ati “Mwese murabyibuka ko imwe mu mpinduka zigamijwe muri uku guhuza ibyerekezo, kwari ugushyiraho isoko rimwe ry’ubwikorezi rikorwa n’ibigo by’ubwikorezi mu kirere cya Afurika, hagamijwe gushyiraho uburyo bwo gukuraho icyuho mu bwikorezi bwo mu kirere ku mugabane, nk’imwe mu mbogamizi ku buhahirane n’ubucuruzi.”

Kuri ubu, RwandAir izajya yerekeza i Abuja inshuro enye mu cyumweru (ku wa Mbere, ku wa Gatatu, ku wa Gatanu no ku Cyumweru) ariko hari intego yo kuzongera bitarenze uyu mwaka.

Mu 2010 ibihugu byombi byari byasinyanye amasezerano y’ubufatanye yo kwemerera RwandAir gukorera ingendo i Lagos ihagurutse i Kigali, izitangira mu 2012.

Abuja ni icyerecyezo cya 25 RwandAir ikoreramo ingendo, mu kwezi gutaha hakazafungurwa ingendo zigana Cape Town muri Afurika y’Epfo. RwandAir inagera mu Burayi aho ikorera ingendo i Bruxelles mu Bubiligi na London mu Bwongereza, ikerekeza mu mujyi wa Mumbai mu Buhinde ndetse irateganya ingendo zigana New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Guangzhou mu Bushinwa.

Aya masezerano ari muri gahunda y’icyerekezo cya Afurika 2063, mu bijyanye no koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ndetse no gushyiraho isoko rihuriweho mu bwikorezi bw’indege.

RwandAir yatangije ku mugaragaro ingendo zerecyeza i Abuja

Ibirori byo gutangiza ingendo za RwandAir i Abuja byitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye

Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Stanislas Kamanzi (uwa kane uturutse iburyo) mu bitabiriye ibirori byo gutangiza ingendo za RwandAir mu Mujyi wa Abuja

2018-05-29
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

Editorial 20 Aug 2018
U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

Editorial 26 Nov 2017
RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

Editorial 10 Aug 2018
Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Editorial 11 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuririmbyi Radio yasomewe misa yo kumusezeraho (Video +Amafoto)
HIRYA NO HINO

Umuririmbyi Radio yasomewe misa yo kumusezeraho (Video +Amafoto)

Editorial 02 Feb 2018
Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo kunywesha umwana inzoga ndetse no ku musambanya yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25
Amakuru

Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo kunywesha umwana inzoga ndetse no ku musambanya yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25

Editorial 13 Sep 2022
Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere

Editorial 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru