• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Editorial 16 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2019, ishyaka ritemewe ryashinzwe na Deo Mushayidi, PDP-Imanzi, ryikuye mu ihuriro ry’umutwe wa Politiki uzwi nka P5 nkuko bigaragara mu itangazo Rushyashya ifitiye Copy. P5 ihuriweho na RNC, , FDU-INkingi, Amahoro PC na PS-Imberakuri igice cya Bernard Ntaganda. Iryo tangazo ryashyizweho umukono na Jean-Damascene Munyampeta, Umunyamabanga Mukuru na Kayumba Jean Marie Vianney Visi Perezida wa mbere.

Iri huriro ryagiye rivugwa kenshi mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda  cyane cyane mu gitero cyabaye mu Kinigi tariki ya 4 Ukwakira 2019 kigahitana abaturage 14 bishwe urwagashinyaguro kuko bicishijwe amabuye. Ibi bitero Polisi y’u Rwanda yahamije ko “bibabaje cyane” kuko hakoreshejwemo intwaro gakondo zirimo amasuka n’amabuye, ndetse ko inzego z’umutekano zizafata uwo ari we wese wabigizemo uruhare “mu buryo buziguye cyangwa butaziguye.”

Ishyaka PDP-Imanzi ritemewe ryanshinzwe na Deo Mushayidi wakatiwe n’inkiko z’u Rwanda igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’ ibyaha byo guhungabanya umutakano w’igihugu. Mushayidi yafatiwe mu gihugu cy’u Burundi aturutse Tanzaniya ubwo yari mu bikorwa bitandukanye byo kuvutsa u Rwanda umutekano afatanyije n’imitwe yitwara gisirikari muri Kongo. Kuva yafatwa, ishyaka rye ryagaragaye ryihuza n’imitwe yitwara gisirikari itandukanye.

P5 ijyaho, RNC ya Kayumba Nyamwasa yari iziko ibonye umwanya wo kwiyegereza abandi Kayumba akabona uruvugiro. Mu myaka ine P5 imaze, yagiye ishinja RNC kubitwaza bagafatwa nk’agakingirizo. Nyuma y’ibitero byo mu Kinigi abarwanyi bafashwe bagaragaje ko bari boherejwe n’ abagize P5 ; ku munsi wakurikiyeho Ingabire Victoire kuko azi ibyo yari yakoze yahise asohora itangazo ryamagana ibyo bitero kuko yari azi neza ko bizajya hanze. Si ukwamagana gusa Ingabire yakoze, ahubwo yaratanguranwe agaragaza ko avuye muri FDU Inkingi yashinze hashize imyaka 13. Ibi yabikoze  nyuma y’uko yahamagajwe n’inzego z’ubugenzacyaha, kugira ngo abazwe ku bitero byo mu Kinigi

Naho Ntaganda Bernard wa PS Imberakuri mu rwego rwo kujijisha ibyakozwe na P5, yatangiye gusakuza asohora amatangazo ajyanye n’ubutaka mu mugi wa Kigali kugirango nawe natumizwa azajijishe ngo azize ibyo yavuze.

Ukuri ni kumwe nk’uko Polisi yabitangaje, ubwicanyi bwakorewe abaturage ba Musanze bwakoranywe ubugome bukabije ku buryo uwabigizemo uruhare ruziguye n’urutaziguye akwiye kubibazwa. Banyiri gutegura umugambi bagomba kumenya ko kuva mu mashyaka ntibihagije. Ubutabera bugomba gukora kazi kabwo.

PDP-IMANZI-quitte la plateforme P5

2019-11-16
Editorial

IZINDI NKURU

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Editorial 04 Aug 2019
Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Editorial 18 Oct 2019
Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Editorial 19 Nov 2017
Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Editorial 03 Sep 2019

Igitekerezo kimwe

  1. bazumvaryari
    November 18, 20198:10 am -

    Ubwo ngo maye kwari ugushyira pression kuri Leta ya Kigali ngo yemere imishyikirano!. Baribeshye cyane.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda
ITOHOZA

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda

Editorial 24 Apr 2018
Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika
POLITIKI

Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika

Editorial 11 Dec 2018
Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR
INKURU NYAMUKURU

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Editorial 11 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru