• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Editorial 11 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Bimaze kumenyerwa ko muri Nzeri, uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Apple rushyira hanze telefoni nshya, kandi ikaza yisumbuye ku zo isanze ku isoko.

Ku itariki ya 12 Nzeri nibwo Umuyobozi Mukuru wa Apple, Tim Cook azashyira ahagaragara telefoni nshya zakozwe muri uyu mwaka.

Bizakorerwa mu kiganiro n’abanyamakuru kizabera muri Steve Jobs Theater i Cupertino muri Leta ya California.

Mu gihe habura amasaha make ngo iki gikorwa kibe, ibinyamakuru bitandukanye byatangiye kugaragaza ibyo umuntu yakwitega kuri telefoni nshya.

Bloomberg na 9to5Mac byemeza ko byabonye amafoto ya telefoni nshya zizashyirwa hanze.

Bivuga ko muri zo harimo iPhone XS izaba imeze neza nk’iyayibanjirije, icyahindutse akaba ari uburyo yihuta na camera.

Iyi telefoni kandi ishobora kuzaba ifite indi bimeze kimwe ariko yisumbuye mu bunini kuko izaba ifite santimetero 17.2. Bikekwa ko izahabwa izina rya iPhone XS Max.

Apple kandi ishobora gushyira hanze izindi telefoni zifitemo udushya nk’utwa iPhone X, turimo nk’uburyo bwo gushyiramo urufunguzo ukoresheje isura (Face ID), buzasimbura igikumwe.

Abahanga mu birebana na telefoni bavuga ko ibi bizagira uruhare mu gutuma iPhone zinjiriza Apple amafaranga menshi, kabone n’ubwo igiciro cyazo gishobora kuzaba kiri hasi ugereranyije na iPhone X igura kugera ku bihumbi 999 by’amadolari.

Uru ruganda ngo rushobora no gushyira hanze isaha (Apple Watch) isimbura imaze imyaka itatu ishyizwe ku isoko, byitezwe ko mu dushya izaba ifite harimo ikirahure kigera ku mpande nk’uko bimeze kuri iPhone X.

Mu bindi byitezwe harimo kuba Apple ishobora gushyira ku isoko AirPower ishobora kugufasha gushyira umuriro muri iPhone, Apple Watch ndetse no mu ’utwumvisho (Airpods) bidasabye ko hakoreshwa umugozi.

Mu kumurika ibi bikoresho by’ikoranabuhanga bishya, binitezwe ko ubuyobozi bwa Apple buzanatangaza igihe porogaramu nshya zirimo Mac OS Mojave iOS 12, zizazana n’utundi dushya turimo Memoji [uburyo bwo guhindura isura], gukoresha Face Time [uburyo bwo guhamagara] mu itsinda, zizatangira gukoresherezwa.

iPhone XS izaba imeze neza nk’iyayibanjirije, icyahindutse akaba ari uburyo yihuta na camera

2018-09-11
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

Editorial 30 Mar 2019
Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Editorial 15 May 2019
MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi

MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi

Editorial 16 Dec 2018
Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Editorial 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.
Amakuru

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Editorial 27 Sep 2021
U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.
Amakuru

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Editorial 30 Dec 2020
Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump
POLITIKI

Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump

Editorial 31 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru