• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Editorial 07 Mar 2020 POLITIKI

Uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde uherutse gutangaza ko azahatana na Yoweri Museveni mu matora y’umukuru w’igihugu muri Uganda, yavuze ko aramutse amutsinze yamucungira umutekano akanamuha ibimutunga, nk’ikimenyetso cyerekana isura nziza ya politiki.

Ibi Gen. Tumukunde yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru Daily Monitor. Amatora y’umukuru w’igihugu muri Uganda ateganyijwe muri Werurwe 2021, Gen. Tumukunde akaba ari mu bamaze gutangaza ko bifuza kwambura Museveni intebe iruta izindi yicayeho kuva mu 1986.

Museveni uyu Tumukunde avuga ko azarindira umutekano, we aheruka kuwumwima ubwo yamwamburaga abasirikare barindaga iwe mu rugo.

Ni ibintu Gen. Henry Tumukunde avuga ko byamutunguye, gusa akaba atagomba gutera ikirenge mu cy’uriya bahoze basangira akabisi n’agahiye. Ati”Tuzamuha umutekano, tumuherekeza i Rwakitura. Tuzamuha ibimutunga, tumuhe ibya ngombwa nkenerwa kuko bitanga isura nziza kandi ni byiza muri politiki.”

Yakomeje agira ati” Ni yo mpamvu natunguwe mbona banyambura intwaro.” Abajijwe niba Museveni yaramwambuye abarinzi kubera gahunda afite yo kwiyamamariza kuyobora Uganda, Gen. Henry Tumukunde yavuze ko atabizi. Ati” Nabibwirwa n’iki? Ariko reka nkubwire, narindira umutekano Perezida Museveni ku bw’impamvu itari iyindi, uretse amasaha 18 amara buri munsi akorera Uganda. Yemwe n’abakandida Perezida bakwiye gucungirwa umutekano.”

Hari abarwanya ubutegetsi bwa Uganda bakunze humvikana basaba ko Perezida Museveni yashyikirizwa urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC, kugira ngo rumuburanishe ku byaha bihonyoza uburenganzira bwa muntu bamushinja.

Kuri iyi ngingo, Gen. Henry Tumukunde yavuze ko bidakwiye ngo kuko hari ibikorwa by’indashyikirwa yagiye akorera Uganda. Ati” Kuki udashaka gushimira Museveni ku byo yagezeho? Kuki ukangisha kumujyana muri ICC? Ngo ajye kumarayo iki se?… Niba ICC imushaka, kuki itaza kumwifatira? Kuki Umunya-Uganda akwiye gufasha ICC kubona Museveni.?”

Gen.Tumukunde uri mu Banya-Uganda bafite amafaranga menshi, yanakomoje kuri Gen. Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari imfura ya Museveni akaba n’umujyanama we wihariye. Tumukunde yavuze ko kuba bivugwa ko na Muhoozi aziyamamaza nta kibi kirimo, aboneraho kumuha ikaze mu isiganwa.

Yavuze kandi ku bivugwa ko nta wundi muperezida igisirikare cya Uganda cyiteguye gushyigikira utari Museveni, avuga ko nta gaciro yabiha n’ubwo atarabyumvaho. Asanga nta mpamvu igisirikare cya Uganda cyakora ibintu nk’ibyo, mu gihe hari umukandida waba watsinze amatora.

2020-03-07
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Editorial 13 Apr 2025
Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Editorial 09 Jul 2019
Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Editorial 17 Apr 2017
U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

Editorial 15 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Editorial 08 Apr 2019
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Editorial 10 Mar 2017
Abapolisi  bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa
Mu Mahanga

Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Editorial 07 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru