• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Editorial 08 Jan 2020 IKORANABUHANGA

Icyogajuru cy’Ikigo cya Amerika gishinzwe iby’isanzure (NASA) kiri mu butumwa bwo gushakisha imibumbe mishya, TESS (Transiting Exoplanet Survey Satellite), cyavumbuye umubumbe wa mbere ungana n’Isi ushobora guturwaho, mu bilometero byinshi uturutse ku Isi.

Ibimaze kugerwaho muri ubu butumwa byatangarijwe mu nama ya 235 yigira hamwe ibijyanye n’isanzure, mu mujyi wa Honolulu muri Leta ya Hawaii, kuri uyu wa Mbere. Ni inkuru nziza kuko uwo ari umubumbe mushya utari mu rwunge rw’izenguruka Izuba, uri ahantu imiterere yaho ishobora gutuma haba amazi.

Imibare y’ahabanga yagaragaje ko uwo mubumbe wiswe TOI 700 d ufite ubugari buruta Isi ho 20%, ndetse uhabwa n’inyenyeri yawo ingufu zingana na 86% ugereranyije n’izo Izuba ryohereza ku Isi. Uzenguruka inyenyeri yayo iminsi 37 ubariye ku gihe cyo ku Isi.

Indi mibumbe ibiri bisangiye inyenyeri, TOI 700 b na c, yo siko imeze. Uwa b ukomeye nk’uko Isi imeze ndetse uzenguruka inyenyeri yawo mu minsi 10 yo ku Isi, mu gihe uwa c wo ufatwa nk’ugizwe n’imyuka ndetse ubugari bwawo buruta Isi inshuro 2.6, ku buryo bushakirwa hagati y’ubw’Isi na Neptune, ukazenguruka inyenyeri yawo mu minsi 16 ubariye ku gihe cyo ku Isi.

Iyi mibumbe ariko ikururana n’inyenyeri yayo cyane, ku buryo itizenguruka aribyo bituma igice kimwe gihora ari ku manywa.

Umuyobozi muri NASA, Paul Hertz, yavuze ko ubutumwa bwa TESS bwatangijwe hagamijwe gushakisha imibumbe ingana n’Isi izenguruka inyenyeri ziyikikije, kandi burimo gutanga umusaruro.

Yakomeje ati “Imigabane izenguruka inyenyeri ziri hafi byoroshye kuyikurikirana wifashishije indebakure ziri mu isanzure no mu ku Isi. Kuvumbura TOI 700 d ni ikintu gikomeye muri siyansi kibashije kuvumburwa muri TESS. Kwemeza ingano y’uwo mubumbe n’agace gashobora guturwa hifashishijwe Spitzer ni indi ntsinzi kuri Spitzer mu gihe hitegurwa ko isoza ubutumwa muri uku kwezi kwa Mutarama.”

Spitzer ni indebakure (telescope) yoherejwe mu kirere kuwa 25 Nzeri 2003. Indi ndebakure iri mu kirere ni Kepler, nayo ikomeje kugaragaza byinshi ku isanzure.

Ku ikubitiro byatekerezwaga ko inyenyeri TOI 700 d izenguruka yaba ishyuha cyane, ku buryo imibumbe iyikikije nayo igomba kuba iyegereye kandi ishyushye, kugira ngo ibashe kubaho. Nyamara abashakashatsi baje kwerekana ko atariko bimeze. Ubwo hakosorwaga ibipimo, byaje kugaragara ko ingano yawo iri hafi y’iy’Isi, ndetse ko iri ahantu hashobora kuba ubuzima.

Biteganyijwe ko indi ndebakure ya NASA yiswe James Webb Space Telescope izoherezwa mu isanzure mu 2021, izerekana niba iyo mibumbe ifite ikirere ndetse n’ibyaba bikigize, kugira ngo hemezwe bidasubirwaho niba hashobora kuba ubuzima.

TOI 700 d ifite igice kinini gishobora guturwa

2020-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Editorial 12 Dec 2017
Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Editorial 16 Jul 2025

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Editorial 01 May 2024
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Editorial 27 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda
POLITIKI

Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Editorial 17 Feb 2020
France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15
Amakuru

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Editorial 15 Dec 2021
Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka
POLITIKI

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Editorial 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru