• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Editorial 29 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

René Rutagungira, umwe mu banyarwanda bashimuswe n’inzego z’umutekano za Uganda, aheruka kugaragara mu rukiko rwa gisirikare muri Gicurasi uyu mwaka.

Rutagungira wakoraga ibikorwa bye bwite mu murwa mukuru wa Uganda, yashimutiwe n’Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare, CMI, mu gace ka Bakuli mu myaka ibiri ishize. Icyo gihe yari mu kabari asangira n’inshuti ze. Kuva ubwo afunzwe mu buryo budakurikije amategeko, akorerwa iyicarubozo mu kigo cya gisirikare cya Makindye.

Ubwo Rutagungira yagezwaga mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye abanyamategeko be basabye ko arekurwa, ariko ubusabe bwabo bwimwa amatwi. Byongeye, yangiwe gusurwa n’umuryango we n’inshuti. Abana be bakunda kurira babaza irengero rya Se, nk’uko umuryango we ubivuga.

Ubuyobozi bwa Uganda ntabwo bwanze gusa ko asurwa n’umuryango we, bwanze ko anasurwa n’abahagarariye u Rwanda muri Uganda, bwirengagiza ubutumwa bwinshi Uganda yohererejwe na ambasade y’u Rwanda i Kampala.

Uburenganzira bwa Rutagungira bwakomeje guhonyorwa. Dushingiye ku Itegeko Nshinga rya Uganda, urukiko rwa gisirikare nta burenganzira rufite bwo kuburanisha umusivili. Urukiko rurengera Itegeko Nshinga rwa Uganda mu kirego rwagejejweho n’abanyamategeko barega Intumwa Nkuru ya leta, rwanzuye ko kujyana umusivili mu nkiko za gisirikare “binyuranyije n’Ingingo za 210 na 126 z’Itegeko Nshinga rya Uganda.”

Byongeye, rwanzuye ko “urukiko rudafitiye ububasha ikintu runaka ruba rudashobora gutanga ubutabera bukwiye nk’uko biteganywa mu ngingo ya 28 (1) y’Itegeko nshinga.” Ni ukuvuga ko igisirikare cya Uganda cyagombaga guhita kirekura Rutagungira. Nyamara ntabwo cyabyubahirije, gikomeza kugaragaza umuco wo kudahana cyimakaje.

Rutagungira ntabwo yagejejwe imbere y’urukiko ngo aburanishwe bikurikije amategeko. Ni ikintu abanyamategeko ba Rutagungira bamaganiye inzego z’umutekano za Uganda kubera kubura ubunyamwuga, kurenga ku mategeko no kubangamira uburenganzira bwa muntu ku mfungwa.

Nk’uko amategeko mpuzamahanga abivuga, umunyamahanga ufungiwe mu gihugu ahabwa ubufasha na ambasade y’igihugu cye n’uburenganzira bwo gusurwa. Ubutegetsi bwa Uganda bwarenze nkana kuri iri tegeko bukomeza kwanga ko Rutangungira asurwa n’intumwa z’igihugu cye.

Bivugwa ko uyu munyarwanda akomeje gukorerwa itotezwa ririmo gukubitwa n’ibindi byinshi byo kumufata nabi. Umuryango we ufite impungenge z’ubuzima bwe haba ku mubiri no mu mutwe, nk’uko abanyamategeko be babivuga.

Nubwo Rutagungira yakomeje kwitwa “intasi y’u Rwanda”, ubuyobozi bwa Uganda kugeza ubu nta kimenyetso na kimwe bwigeze bugaragaza gishimangira ibyo bumurega.

Inzego z’umutekano za Uganda zimaze kubigira umuco guta muri yombi abanyarwanda nta kimenyetso na kimwe zigendeyeho, ari nabyo byabaye kuri Rutagungira. Kugeza ubu habarurwa abanyarwanda basaga igihumbi bari muri kasho za Uganda bashinjwa “kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe” cyangwa “ubutasi”, ariko ntibabageza imbere y’urukiko ngo biregure.

Inzego z’umutekano za Uganda kandi zagiye zigendera mu rwango Museveni afitiye u Rwanda mu kwaka ruswa cyangwa kwambura abanyarwanda amafaranga, no kwiba ibintu bitandukanye by’abo zishimuta cyangwa zikabafata mu buryo butemewe zikabafunga.

Kimwe na Rutagungira, Abanyarwanda benshi bafungirwa ahantu habi cyane mu nzu z’ibanga za CMI hamwe n’izindi kasho z’Urwego rw’iperereza ryo mu gihugu, ISO.

Igihe cyose bafashe umwanzuro wo kurekura abanyarwanda, baragenda bakabajugunya ku mipaka. Abanyarwanda benshi bakorewe iyicarubozo ku buryo batakibasha gutambuka, ubu bifashisha amagare bagendamo bicaye. Abandi bagiye bahagezwa bari hafi yo guta ubwenge.

Kugeza uyu munsi inzego z’umutekano za Uganda nta kimenyetso na kimwe zigaragaza zo guhagarika iri shimuta, ifunga ritemewe no gufata nabi inzirakarengane zituruka mu gihugu cy’abaturanyi. Ahubwo bakomeje icengezamatwara rigamije gusiga icyasha n’ibindi bikorwa bibi ku Rwanda.

Inzego za Uganda zitanga amakuru y’ibinyoma zagiye zuririra ku bintu bimwe na bimwe nko ku kibazo cy’umuyobozi y’ikigo cyo muri Uganda, Trinity Bus Company, Polisi y’u Rwanda yahase ibibazo muri Gicurasi (hakurikijwe amategeko) ku bijyanye n’umubare munini w’amafaranga yari atwaye mu kuvuga ko “u Rwanda rwamukoreye iyicarubozo.”

Uyu mugabo witwa Sebuzuru ariko yanenze abacengezamatwara b’i Kampala ubwo yavugaga ko atigeze afatwa nabi mu Rwanda “umunota n’umwe!” Icyo gihe yongeyeho ati “Polisi y’u Rwanda yamfashe nk’umudipolomate igihe yambazaga.”

Sebuzuru yagumye mu maboko ya Polisi y’u Rwanda mu masaha atarenze 48. Bimaze kugaragara ko nta mpamvu ituma akwiye gufungwa igihe kirenzeho, bamutwaye mu modoka nziza bamushyikiriza bagenzi babo ba Uganda.

Umuntu yatekerezaga ko inzego z’umutekano za Uganda zakabaye zigaragaza imyitwarire ishingiye ku mategeko mu gufata abasivili badafite uruhare na ruto mu bibazo bya Museveni n’u Rwanda.

Nyamara CMI, ISO n’abandi bashimishwa gusa no kwitwara nk’abantu batagira amategeko, urebeye ku bintu bitandukanye bimaze kuba.

2019-07-29
Editorial

IZINDI NKURU

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Editorial 18 Jan 2023
1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Editorial 24 Dec 2024
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Editorial 24 Jan 2025
FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

Editorial 29 Jan 2019
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Editorial 18 Jan 2023
1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Editorial 24 Dec 2024
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Editorial 24 Jan 2025
FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

Editorial 29 Jan 2019
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Editorial 18 Jan 2023
1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Editorial 24 Dec 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru