• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igitero Cya ISO Kuri MTN Ngo Cyari Mu Rwego Rw’iperereza Kuri Gen Kayihura N’urupfu Rwa Kaweesi

Igitero Cya ISO Kuri MTN Ngo Cyari Mu Rwego Rw’iperereza Kuri Gen Kayihura N’urupfu Rwa Kaweesi

Editorial 11 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere mu Gihugu (ISO) mu gihugu cya Uganda, Col Kaka Bagyenda niwe ubwe watanze amabwiriza yo gutera ububiko bwa MTN Uganda ndetse akurikirana icyo gikorwa mu rwego rw’iperereza ryaguye ku iyicwa rya AIGP Kaweesi, aho ngo bashakaga kumva ibintu Gen Kayihura yaba yaravugiye kuri telephone akoresheje umurongo wa MTN muri icyo gihe.

Iki gitero ku bubiko bwa MTN kikaba cyaramaganwe na chairman wayo, Charles Mbiire kuwa 02 Nyakanga anemeza ko ibyo ISO itabashije kubigeraho kubera uburinzi ububiko bwabo bufite.

Nk’uko byatangajwe n’abayobozi bafite icyo bazi kuri iri perereza, Col Bagyenda ngo yakiriye amakuru avuye kuri umwe mu bantu bafungiye muri kasho ya ISO ahitwa Kyegera muri Wakiso, wavuze ko uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura, hari abantu yavuganye nabo akoresheje  umurongo wa MTN ku buryo bishobora kwerekana uruhare rwe mu iyicwa rya Kaweesi kuwa 17 Werurwe 2017.

Nyuma yo kubona aya makuru, Bagyenda yategetse abakozi ba ISO kugenzura urujya n’uruza rw’abakozi bakuru bari bashinzwe Data Centre ya MTN.

Chairman wa MTN, Mbiire akaba yarahishuye ko kuwa Mbere, itariki 02 Nyakanga ahagana saa 5:00 z’umugoroba, abakozi babiri ba Huawei Uganda, ikigo gishinzwe gucunga Data Centre ya MTN, bashimuswe bakuwe kuri MTN n’abantu bitwaje intwaro bari bambaye gisivili bavugaga ko bakorera ISO.

Aba bakozi ba Huawei bajyanywe kuri ISO bahatwa ibibazo ku bantu Gen Kayihura yavuganye nabo Col Kaka avuga ko yashakaga kumenya uko byagenda kwose nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Nyuma yo kubahatira kureka bakinjira muri data centre ya MTN, abakozi ba ISO batoranyijwe bafite ubuhanga muri ICT basubiye kuri MTN ahitwa Mutundwe, aho umuyobozi w’iki kigo yavuze ko bagerageje kwinjira muri servers mu gihe cy’amasaha abiri ariko bikananirana kubera systems zikomeye zo kurinda amakuru MTN ifite, bituma nta kintu bageraho.

Ibi bikaba byarahaye icyizere abakoresha umurongo wa MTN ko amakuru aberekeyeho adashobora gupfa kugerwaho n’ubushatse wese uko yishakiye.

Ariko umwe mu bakozi ba ISO ku cyicaro gikuru, ubwo ngo bageraga ku cyicaro cya MTN ahiitwa Mutundwe, yavuze ko bashakaga kureba abantu bavuganye na Kayihura mu kwezi kwa Werurwe mu 2017. Kaweesi akaba yarishwe kuwa 17 Werurwe.

Abayobozi batandukanye bavuganye na Chimpreports, dukesha iyi nkuru , bavuze ko ubuyobozi bw’igisirikare na perezida Museveni bifuza ibimenyetso bifatika bishinja Kayihura mbere yo kumushinja urupfu rwa Kaweesi.

Bati:  “Ntidushobora kwiha kwibeshya kuri Gen Kayihura…,Tugomba kugira ibimenyetso bisobanutse. Byagenda gute aramutse adafite dosiye? Nukumushinja byo gushinja gusa?”

Kayihura yahakanye uruhare ku rupfu rwa AIGP Kaweesi

Ubwo yavuganaga na Chimpreports mbere y’uko atabwa muri yombi, Gen Kayihura yahakanye ibyo akekwaho avuga ko ari inzirakarengane ya poropaganda y’abanzi be.

Ati: “Kuki nari kwica Kaweesi? Kubera iki?..mwe itangazamakuru mushobora kuntera ibyondo ariko ntibizigera bifata.”

ISO ishinjwa kuba ubwo yateraga ububiko bwa MTN itarigeze yerekana ibyangombwa biyemerera gusaka ububiko bwayo.

Umuyobozi wa ISO, Col Kaka Bagyenda we mu kiganiro n’itangazamakuru I Kampala kuri uyu wa Mbere ushize yavuze ko nta kidasanzwe bakoze. Ati: “Twemerewe kujya mu nguni zose z’igihugu gukora iperereza ku kintu icyo ari cyo cyose. Twagiye hariya guperereza ikintu kandi ntibyakozwe binyuranyije n’amategeko“.

Col Kaka ariko ngo ntiyagaragaje itegeko rimushyigikira yakurikije.

Yakomeje avuga ko mu kimwe n’uko inzego za guverinoma zifite ibibazo, n’ibigo by’abikorera ngo byacengewemo kandi ngo badashobora kwicara ngo batuze.

2018-07-11
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Editorial 24 Jan 2024
Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Editorial 07 Aug 2024
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Editorial 19 Oct 2021
Perezida wa Zambia Edgar Lungu ategerejwe  mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Perezida wa Zambia Edgar Lungu ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Editorial 20 Feb 2018
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Editorial 24 Jan 2024
Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Editorial 07 Aug 2024
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Editorial 19 Oct 2021
Perezida wa Zambia Edgar Lungu ategerejwe  mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Perezida wa Zambia Edgar Lungu ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Editorial 20 Feb 2018
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Editorial 24 Jan 2024
Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Editorial 07 Aug 2024
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Peres
    July 11, 201811:39 am -

    Ayiweee, ko mbona mufite ubwoba bw Amakuru YA KALE Ku RUPFU rwa Kaweesi? Nanjye yarambabaje cyane! Imana iza izamuhorera bidatinze.
    Ndabona mubikurikiranira hafi nkaho harimo ikintu.

    Subiza
  2. MAOMBI jOHN
    July 11, 20183:52 pm -

    TURARAMBIWE NAMATIKU YANYU YO KWIVANGA MUBITABAREBA MUKORESHEJE IBYITSO BYANYU IBYA KAYIHURA NTIMUZONGERE KUBITUZANAHO NAHANWE KUKO NI ICYITSO CYINKOTANYI NTAWUTABIZI!! TURABASABYE MUREKE IBYA KAYIHURA UGANDA IBYIKORERE PLEASE!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru