• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igitero Cya ISO Kuri MTN Ngo Cyari Mu Rwego Rw’iperereza Kuri Gen Kayihura N’urupfu Rwa Kaweesi

Igitero Cya ISO Kuri MTN Ngo Cyari Mu Rwego Rw’iperereza Kuri Gen Kayihura N’urupfu Rwa Kaweesi

Editorial 11 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere mu Gihugu (ISO) mu gihugu cya Uganda, Col Kaka Bagyenda niwe ubwe watanze amabwiriza yo gutera ububiko bwa MTN Uganda ndetse akurikirana icyo gikorwa mu rwego rw’iperereza ryaguye ku iyicwa rya AIGP Kaweesi, aho ngo bashakaga kumva ibintu Gen Kayihura yaba yaravugiye kuri telephone akoresheje umurongo wa MTN muri icyo gihe.

Iki gitero ku bubiko bwa MTN kikaba cyaramaganwe na chairman wayo, Charles Mbiire kuwa 02 Nyakanga anemeza ko ibyo ISO itabashije kubigeraho kubera uburinzi ububiko bwabo bufite.

Nk’uko byatangajwe n’abayobozi bafite icyo bazi kuri iri perereza, Col Bagyenda ngo yakiriye amakuru avuye kuri umwe mu bantu bafungiye muri kasho ya ISO ahitwa Kyegera muri Wakiso, wavuze ko uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura, hari abantu yavuganye nabo akoresheje  umurongo wa MTN ku buryo bishobora kwerekana uruhare rwe mu iyicwa rya Kaweesi kuwa 17 Werurwe 2017.

Nyuma yo kubona aya makuru, Bagyenda yategetse abakozi ba ISO kugenzura urujya n’uruza rw’abakozi bakuru bari bashinzwe Data Centre ya MTN.

Chairman wa MTN, Mbiire akaba yarahishuye ko kuwa Mbere, itariki 02 Nyakanga ahagana saa 5:00 z’umugoroba, abakozi babiri ba Huawei Uganda, ikigo gishinzwe gucunga Data Centre ya MTN, bashimuswe bakuwe kuri MTN n’abantu bitwaje intwaro bari bambaye gisivili bavugaga ko bakorera ISO.

Aba bakozi ba Huawei bajyanywe kuri ISO bahatwa ibibazo ku bantu Gen Kayihura yavuganye nabo Col Kaka avuga ko yashakaga kumenya uko byagenda kwose nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Nyuma yo kubahatira kureka bakinjira muri data centre ya MTN, abakozi ba ISO batoranyijwe bafite ubuhanga muri ICT basubiye kuri MTN ahitwa Mutundwe, aho umuyobozi w’iki kigo yavuze ko bagerageje kwinjira muri servers mu gihe cy’amasaha abiri ariko bikananirana kubera systems zikomeye zo kurinda amakuru MTN ifite, bituma nta kintu bageraho.

Ibi bikaba byarahaye icyizere abakoresha umurongo wa MTN ko amakuru aberekeyeho adashobora gupfa kugerwaho n’ubushatse wese uko yishakiye.

Ariko umwe mu bakozi ba ISO ku cyicaro gikuru, ubwo ngo bageraga ku cyicaro cya MTN ahiitwa Mutundwe, yavuze ko bashakaga kureba abantu bavuganye na Kayihura mu kwezi kwa Werurwe mu 2017. Kaweesi akaba yarishwe kuwa 17 Werurwe.

Abayobozi batandukanye bavuganye na Chimpreports, dukesha iyi nkuru , bavuze ko ubuyobozi bw’igisirikare na perezida Museveni bifuza ibimenyetso bifatika bishinja Kayihura mbere yo kumushinja urupfu rwa Kaweesi.

Bati:  “Ntidushobora kwiha kwibeshya kuri Gen Kayihura…,Tugomba kugira ibimenyetso bisobanutse. Byagenda gute aramutse adafite dosiye? Nukumushinja byo gushinja gusa?”

Kayihura yahakanye uruhare ku rupfu rwa AIGP Kaweesi

Ubwo yavuganaga na Chimpreports mbere y’uko atabwa muri yombi, Gen Kayihura yahakanye ibyo akekwaho avuga ko ari inzirakarengane ya poropaganda y’abanzi be.

Ati: “Kuki nari kwica Kaweesi? Kubera iki?..mwe itangazamakuru mushobora kuntera ibyondo ariko ntibizigera bifata.”

ISO ishinjwa kuba ubwo yateraga ububiko bwa MTN itarigeze yerekana ibyangombwa biyemerera gusaka ububiko bwayo.

Umuyobozi wa ISO, Col Kaka Bagyenda we mu kiganiro n’itangazamakuru I Kampala kuri uyu wa Mbere ushize yavuze ko nta kidasanzwe bakoze. Ati: “Twemerewe kujya mu nguni zose z’igihugu gukora iperereza ku kintu icyo ari cyo cyose. Twagiye hariya guperereza ikintu kandi ntibyakozwe binyuranyije n’amategeko“.

Col Kaka ariko ngo ntiyagaragaje itegeko rimushyigikira yakurikije.

Yakomeje avuga ko mu kimwe n’uko inzego za guverinoma zifite ibibazo, n’ibigo by’abikorera ngo byacengewemo kandi ngo badashobora kwicara ngo batuze.

2018-07-11
Editorial

IZINDI NKURU

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Editorial 30 May 2022
Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Editorial 25 Jul 2018
“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 07 Dec 2022
Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Editorial 04 Dec 2017

2 Ibitekerezo

  1. Peres
    July 11, 201811:39 am -

    Ayiweee, ko mbona mufite ubwoba bw Amakuru YA KALE Ku RUPFU rwa Kaweesi? Nanjye yarambabaje cyane! Imana iza izamuhorera bidatinze.
    Ndabona mubikurikiranira hafi nkaho harimo ikintu.

    Subiza
  2. MAOMBI jOHN
    July 11, 20183:52 pm -

    TURARAMBIWE NAMATIKU YANYU YO KWIVANGA MUBITABAREBA MUKORESHEJE IBYITSO BYANYU IBYA KAYIHURA NTIMUZONGERE KUBITUZANAHO NAHANWE KUKO NI ICYITSO CYINKOTANYI NTAWUTABIZI!! TURABASABYE MUREKE IBYA KAYIHURA UGANDA IBYIKORERE PLEASE!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

Editorial 15 Jun 2018
Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka
Mu Rwanda

Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Editorial 05 Sep 2017
Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR
HIRYA NO HINO

Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR

Editorial 12 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru