• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igitero Cya ISO Kuri MTN Ngo Cyari Mu Rwego Rw’iperereza Kuri Gen Kayihura N’urupfu Rwa Kaweesi

Igitero Cya ISO Kuri MTN Ngo Cyari Mu Rwego Rw’iperereza Kuri Gen Kayihura N’urupfu Rwa Kaweesi

Ubwanditsi 11 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere mu Gihugu (ISO) mu gihugu cya Uganda, Col Kaka Bagyenda niwe ubwe watanze amabwiriza yo gutera ububiko bwa MTN Uganda ndetse akurikirana icyo gikorwa mu rwego rw’iperereza ryaguye ku iyicwa rya AIGP Kaweesi, aho ngo bashakaga kumva ibintu Gen Kayihura yaba yaravugiye kuri telephone akoresheje umurongo wa MTN muri icyo gihe.

Iki gitero ku bubiko bwa MTN kikaba cyaramaganwe na chairman wayo, Charles Mbiire kuwa 02 Nyakanga anemeza ko ibyo ISO itabashije kubigeraho kubera uburinzi ububiko bwabo bufite.

Nk’uko byatangajwe n’abayobozi bafite icyo bazi kuri iri perereza, Col Bagyenda ngo yakiriye amakuru avuye kuri umwe mu bantu bafungiye muri kasho ya ISO ahitwa Kyegera muri Wakiso, wavuze ko uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura, hari abantu yavuganye nabo akoresheje  umurongo wa MTN ku buryo bishobora kwerekana uruhare rwe mu iyicwa rya Kaweesi kuwa 17 Werurwe 2017.

Nyuma yo kubona aya makuru, Bagyenda yategetse abakozi ba ISO kugenzura urujya n’uruza rw’abakozi bakuru bari bashinzwe Data Centre ya MTN.

Chairman wa MTN, Mbiire akaba yarahishuye ko kuwa Mbere, itariki 02 Nyakanga ahagana saa 5:00 z’umugoroba, abakozi babiri ba Huawei Uganda, ikigo gishinzwe gucunga Data Centre ya MTN, bashimuswe bakuwe kuri MTN n’abantu bitwaje intwaro bari bambaye gisivili bavugaga ko bakorera ISO.

Aba bakozi ba Huawei bajyanywe kuri ISO bahatwa ibibazo ku bantu Gen Kayihura yavuganye nabo Col Kaka avuga ko yashakaga kumenya uko byagenda kwose nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Nyuma yo kubahatira kureka bakinjira muri data centre ya MTN, abakozi ba ISO batoranyijwe bafite ubuhanga muri ICT basubiye kuri MTN ahitwa Mutundwe, aho umuyobozi w’iki kigo yavuze ko bagerageje kwinjira muri servers mu gihe cy’amasaha abiri ariko bikananirana kubera systems zikomeye zo kurinda amakuru MTN ifite, bituma nta kintu bageraho.

Ibi bikaba byarahaye icyizere abakoresha umurongo wa MTN ko amakuru aberekeyeho adashobora gupfa kugerwaho n’ubushatse wese uko yishakiye.

Ariko umwe mu bakozi ba ISO ku cyicaro gikuru, ubwo ngo bageraga ku cyicaro cya MTN ahiitwa Mutundwe, yavuze ko bashakaga kureba abantu bavuganye na Kayihura mu kwezi kwa Werurwe mu 2017. Kaweesi akaba yarishwe kuwa 17 Werurwe.

Abayobozi batandukanye bavuganye na Chimpreports, dukesha iyi nkuru , bavuze ko ubuyobozi bw’igisirikare na perezida Museveni bifuza ibimenyetso bifatika bishinja Kayihura mbere yo kumushinja urupfu rwa Kaweesi.

Bati:  “Ntidushobora kwiha kwibeshya kuri Gen Kayihura…,Tugomba kugira ibimenyetso bisobanutse. Byagenda gute aramutse adafite dosiye? Nukumushinja byo gushinja gusa?”

Kayihura yahakanye uruhare ku rupfu rwa AIGP Kaweesi

Ubwo yavuganaga na Chimpreports mbere y’uko atabwa muri yombi, Gen Kayihura yahakanye ibyo akekwaho avuga ko ari inzirakarengane ya poropaganda y’abanzi be.

Ati: “Kuki nari kwica Kaweesi? Kubera iki?..mwe itangazamakuru mushobora kuntera ibyondo ariko ntibizigera bifata.”

ISO ishinjwa kuba ubwo yateraga ububiko bwa MTN itarigeze yerekana ibyangombwa biyemerera gusaka ububiko bwayo.

Umuyobozi wa ISO, Col Kaka Bagyenda we mu kiganiro n’itangazamakuru I Kampala kuri uyu wa Mbere ushize yavuze ko nta kidasanzwe bakoze. Ati: “Twemerewe kujya mu nguni zose z’igihugu gukora iperereza ku kintu icyo ari cyo cyose. Twagiye hariya guperereza ikintu kandi ntibyakozwe binyuranyije n’amategeko“.

Col Kaka ariko ngo ntiyagaragaje itegeko rimushyigikira yakurikije.

Yakomeje avuga ko mu kimwe n’uko inzego za guverinoma zifite ibibazo, n’ibigo by’abikorera ngo byacengewemo kandi ngo badashobora kwicara ngo batuze.

2018-07-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubwanditsi 08 Sep 2020
Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Ubwanditsi 26 Jul 2018

2 Ibitekerezo

  1. Peres
    July 11, 201811:39 am -

    Ayiweee, ko mbona mufite ubwoba bw Amakuru YA KALE Ku RUPFU rwa Kaweesi? Nanjye yarambabaje cyane! Imana iza izamuhorera bidatinze.
    Ndabona mubikurikiranira hafi nkaho harimo ikintu.

    Subiza
  2. MAOMBI jOHN
    July 11, 20183:52 pm -

    TURARAMBIWE NAMATIKU YANYU YO KWIVANGA MUBITABAREBA MUKORESHEJE IBYITSO BYANYU IBYA KAYIHURA NTIMUZONGERE KUBITUZANAHO NAHANWE KUKO NI ICYITSO CYINKOTANYI NTAWUTABIZI!! TURABASABYE MUREKE IBYA KAYIHURA UGANDA IBYIKORERE PLEASE!!!

    Subiza

Leave a Reply to Peres Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda
Mu Rwanda

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2017
Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ubwanditsi 14 Feb 2020
AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene
Mu Rwanda

AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

Ubwanditsi 03 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru