• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Editorial 26 Jul 2016 Mu Mahanga

Ku isi nzima, ntushobora gushaka urugero rw’ibihugu byimirije imbere igitsinagore ngo u Rwanda ntiruboneke mu by’ibanze. Mu gihe hirya no hino hari ibihugu kandi bikomeye birangwamo amategeko, amahame n’imico bipyinagaza abagore, mu Rwanda abari n’abategarugori barenze kuba ba mutima w’urugo bahinduka ba mutima w’igihugu.

Muri Saudi Arabia kirazira ko umugore yatwara imodoka cyangwa ikindi kinyabiziga, ibi byemerewe abagabo gusa, mu gihe mu Rwanda abagore basigaye batwara n’indege.

Afghanistan ni cyo gihugu kirangwamo ukwiyahura kw’abagore n’abakobwa kurenza ibindi ku isi biturutse ku ihezwa bakorerwa ribatera gushenguka, mu gihe mu Rwanda rw’ubu abagore bifitiye ikizere kirenze n’icyo abagabo bigirira.

Muri Pakistan ho ni agahomamunwa kuko ihezwa ry’abagore muri icyo gihugu riri gutuma hari abahezanguni bibasira bamwe muri bo bari mu myanya y’ubuyobozi bakicwa, ku buryo abayobozi b’abagore bahora bikanga urupfu.

Ibaze nawe igihugu kugeza magingo aya iyo umugabo akoze amakosa akomeye, abo yahemukiye b’abagabo bikora ari itsinda bakajya gufata umugore we ku ngufu, bakabikorera hamwe icyarimwe bafatanije, ibi mu muco w’abanya-Pakistan bisa n’ibyabaye akamenyero.

Ubwo ntituvuze za Nepal, Guatemala n’ahandi uburenganzira bw’igitsinagore bugerwa ku mashyi.

Raporo Mpuzamahanga ku buringanire ‘The Global Gender Gap Index’ yo mu 2015 yarushyize ku mwanya wa mbere muri Afurika, ku Isi ruza kuwa Gatandatu. Iyi ntera yagezweho biturutse ku miyoborere yafashe umwanzuro wo gushyiraho amategeko yimakaza uburinganire bw’abagabo n’abagore muri iki gihugu.

Mu kiganiro Umuryango Global Citizen wagiranye n’abana ba Perezida Kagame, Ange Kagame na Ivan Kagame, bagaragaje ibitekerezo byabo ku kamaro ko gukuraho amategeko yimakaza ivangura no guheza abagore n’abakobwa ku Isi.

Iki kiganiro cyabayeho mu gihe uyu muryango uri mu bukangurambaga bwiswe #LevelTheLaw, bugamije kwamagana ihezwa rikorerwa abagore n’abakobwa ku Isi hashingiwe ko ari igitsinagore. Ange Kagame akaba ari umwe mu barangaje imbere ubu bukangurambaga.

Icyo kiganiro Ange na Ivan Kagame bagiranye na Global Citizen kigira kiti;

Kuki ushyigikiye ubukangurambaga Level the Law?

Ange: Birababaje kuba ahenshi ku Isi abagore n’abakobwa bagisubizwa inyuma n’amategeko ashyigikira ivangura rishingiye ku gitsina, amategeko abuza abagore gusohoka mu rugo cyangwa gukora akazi gasanzwe kereka babyumvikanyeho n’abagabo babo.

Ibi ntabwo biri ku bagore bo mu Rwanda, kuko igihugu cyanjye cyateye intambwe ikomeye mu guharanira uburinganire bw’abagore imbere y’amategeko. Akamaro k’indashyikirwa k’abagore mu Rwanda rwa none, gaturuka ku byemezo byiza byafashwe n’ubuyobozi bwa nyuma ya Jenoside, bwiyemeje gushyigikira uruhare rwabo mu nzego zose z’iterambere ry’igihugu. Iyi niyo mpamvu nshyigikiye ubu bukangurambaga.

Amategeko ni ingenzi mu kunoza ihame ry’uburinganire, ariko sosiyete niyo ya mbere igomba gutuma bigerwaho. Ni izihe mbogamizi zihari muri sosiyete Nyarwanda mu guhuza ibyo byombi?

Ange: Binyuze mu iterambere ry’imibereho n’uburinganire mu mategeko, byahaye ubushobozi abagore, by’umwihariko mu kurandura imyumvire ya kera no kwerekana ko bifitiye icyizere ku bwabo no mu byo bakora, bigakuraho izo nzitizi z’imyumvire yaba mu bantu ku giti cyabo, mu baturanyi no muri sosiyete.

Ariko icy’ingenzi, kugirango kwegera abaturage bibyare umusaruro, bikenera ko abaturage bizera ubuyobozi bwabo. Ibintu byose ku nzego zinyuranye bigakorwa babigizemo uruhare bigatuma babigira ibyabo bikanakuraho imyumvire ishaje.
Ndizera ko ari yo mpamvu byashobotse mu Rwanda.

Ese abagabo bafite uruhare mu guharanira uburenganzira bw’abagore cyangwa ni abagore babyikorera ubwabo?

Ivan: Byombi barafatanya. Nibyo, urugamba rwo guharanira uburenganzira bw’abagore nibo barugizemo uruhare, kandi ntekereza ko ariko bizakomeza. Ariko impinduka z’ingenzi, ni uko umubare w’abagabo babigiramo uruhare nawo ukomeje kwiyongera, barangajwe imbere n’ab’icyitegererezo nka Data, abasore b’urungano rwanjye bakuze babona abagore bize kandi bakora ibintu byiza, bashiki babo na ba Mama babo urugero, abo ngabo ubuzima bwabo bwerekanye ko abantu bose ari ingenzi kandi abagabo n’abagore bakwiye kwitabwaho kimwe.

Ni uwuhe mumaro w’ibigo bya ‘Isange One Stop Centers’?

Ange: Nyuma y’uko Mama wanjye atangije ‘Isange One Stop Center’, mu rwego rwo guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu gihugu, ibi bigo byagiye byiyongera cyane. Gutanga ubufasha mu myumvire, gukurikirana icyaha, gutanga serivisi zo kwa muganga ku wahohotewe kandi umusaruro umaze kuboneka ku bagore batabashaga kubona ababafasha.

-3370.jpg

Ange na Ivan Kagame

Umwihariko w’ibi bigo, ni uko abahohotewe babasha kubona ubufasha bwose ahantu hamwe kandi hatuje, ni igisubizo mu buryo bwihuse n’uburambye kuko ibimenyetso byose byemewe mu nkiko bikusanyirizwa muri biriya bigo bigafasha ubutabera.

Ibi bigo byanongerereye ubumenyi abaturage yaba abagore n’abagabo, basobanukirwa uko bakwirinda ihohoterwa mu ngo n’icyo bakora igihe ribayeho. Ibi bigo byahinduye ubuzima bw’abaturage mu buryo bufatika.

Utekereza ko uburenganzira bw’abagore mu Rwanda buzaba bugeze he mu myaka itanu iri imbere?

Ange: Iterambere ry’uburenganzira bw’abagore mu Rwanda riteye ishema kandi ririhuta cyane, ibi byashobotse kuko hagiyeho amategeko arengera umugore ndetse n’iterambere rirambye riganisha ku mibereho myiza n’ubuzima muri rusange.

Nizeye ko uko Rwanda ruzakomeza gutera imbere mu myaka itanu iri imbere, abagore nabo bazakomeza kwiga ari benshi, gutezwa imbere kandi bagakomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza by’abatuye u Rwanda.

Ni iki ibindi bihugu byakwigira kubyo u Rwanda rwagezeho?

Ivan: Birashoboka, isomo ry’ingenzi ku Rwanda ni uko iterambere ry’uburenganzira bw’abagore cyangwa iry’ingeri zose z’ubuzima muri rusange, ridashobora kugerwaho n’abantu bamwe gusa.

Uburinganire bufatika hagati y’ibitsina byombi bwari inzitizi ikomeye kandi ntibyari byoroshye ko ikurwaho kugeza ubwo abayobozi b’igihugu cyanjye bahinduriye amategeko yahezaga abagore n’abakobwa mu nzego zose z’ubuzima. Sosiyete Nyarwanda itera imbere kuko umukobwa abasha kwiga neza, uburinganire mu bikorera bwumviswe neza, bagatanga akazi ku bagabo n’abagore nta busumbane.

Iki ibindi bihugu bikwiye kukiga. Nkuko u Rwanda rwabigaragaje, intambwe y’iterambere ry’uburenganzira bw’umugore ntiyoroshye ariko ni urugamba rw’ingirakamaro.

Ni iki kikugira umuntu w’ingirakamaro mu bandi?

Ange: Niyumva nk’umuntu w’ingirakamaro kubera impamvu ebyiri, izanjye bwite n’iz’imimerere yanjye.

Ku mpamvu zanjye bwite, nagize amahirwe yo gukurira ndetse nigira mu bice bitandukanye by’Isi, ndetse ngenda henshi ku Isi, byamfunguye amaso mbona byinshi mu mico itandukanye.

Imyumvire y’ababyeyi banjye n’iyanjye, byatumye nkura mu buryo buhagije mbasha kumenya ko inzitizi abagore bo mu gihugu cyanjye bahuye nazo, zageze no ku bandi bose ku Isi yose.

Mbifata nk’inshingano zanjye ahari ho hose n’igihe cyose kuba icyitegererezo n’ijwi riranguruye ry’abagore, bashobora kuba barabuze ababavugira.

Igihe.com

2016-07-26
Editorial

IZINDI NKURU

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Editorial 07 Sep 2021
Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Editorial 26 Oct 2018
Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Editorial 10 Sep 2024
Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Editorial 20 Sep 2016
Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Editorial 07 Sep 2021
Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Editorial 26 Oct 2018
Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Editorial 10 Sep 2024
Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Editorial 20 Sep 2016
Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Editorial 07 Sep 2021
Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Editorial 26 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru