• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Editorial 09 Feb 2018 IKORANABUHANGA

Abantu 53 bafite aho bahurira n’ikoranabuhanga mu Rwanda basoje inama nyunguranabitekerezo bagaragaza bimwe mu bibazo byugarije umuryango Nyarwanda bishobora kuba byakemurwa n’ikoranabuhanga.

Iyi nama nyunguranabitekerezo yabereye muri KLab guhera ku wa 6 kugeza ku wa 8 Gashyantare 2018. Yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ikoranabuhanga (RISA) bigizwemo uruhare n’ikigo cy’Abongereza cyitwa Immarsat cyatangije ihuriro ryiswe IoT Community rirebera hamwe uko ibibazo byugarije abaturage byakemurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.

“IoT Workshop” yari iteguwe ku nshuro ya mbere mu Rwanda yitabiriwe n’abantu 53 bahurira mu matsinda icyenda bagaragaza ibibazo bitandukanye biri mu muryango hanyuma babishakira ibisubizo byashyirwa mu bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ikoranabuhanga (RISA), Muhizi Bagamba Innocent, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko imishinga yagaragajwe usanga itaranoga neza ahubwo ari ibitekerezo bishingiye bibazo abitabiriye iyi nama babonye, bizasuzumwa hanyuma izabonerwa uburyo ishyirwe mu bikorwa mu kurengera abaturage.

Yagize ati “Iyi nama nyungurana bitekerezo yari igamije kugira ngo abayitabiriye basobanukirwe icyo twita ’Internet of Things’, ni hehe ikoreshwa cyangwa se igeze ku ruhe rwego? Ni ibihe bibazo yakemura bya buri munsi abantu duhura na byo.”

Yongeyeho ati “Imishinga yagaragajwe usanga itaranoga neza, usanga ari nk’igitekerezo ariko gishingiye ku kibazo gisanzwe gihari mu muryangi cyangwa mu gihugu. Icyo tugiye gukora ni ukugira ngo noneho turebe ya mishinga tuyigeho dufatanyije na bariya babitekereje noneho turebe ni gute iriya mishinga yatekerejwe yashyirwa mu bikorwa ejo ikaba yakemura ibyo bibazo babonye.”

Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Ibikorwa bya Inmarsat by’umwihariko muri Afurika, Kurt von Molendorff, yavuze ko u Rwanda rugeze ahashimishije mu kwiyubaka bityo rukaba rukeneye no gukoresha ikoranabuhanga mu gushyigikira ibikorwa by’iterambere byagezweho no kubungabunga imibereho myiza y’abaturage hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Yagize ati “Uko abantu biyongera mu mijyi by’umwihariko iyo muri Afurika bishyira igitutu ku buryo bw’imyubakire n’ibikorwaremezo ugasanga bikomeye cyane kubaka ibintu byagutse mu kujyana n’ubwo bwiyongere bw’abaturage mu mijyi, njye nturuka muri Afurika y’Epfo ngira ngo murabizi ko muri iki gihe Cape Town yacu yashizemo amazi kandi ni ikibazo gikomeye cyugarije n’indi mijyi yagutse.”

Yongeyeho ati “Icyo twarebeye hamwe muri iyi nama nyungarabitekerezo n’abari mu ihuriro rya IoT ni ukwigisha guhuza ibikoresho, kubyukaba, gukora utwuma tw’ineka ku bibazo runaka byadufasha kumenya nk’urugero igihe ubushyuhe bukabije buzira hanyuma bigahuza na rya koranabuhanga twubatse mu guhangana na byo n’ibindi bibazo.”

Mu ukwakira umwaka ushize nibwo Inmarsat plc, yasinye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda aho igiye kubaka uburyo butandukanye bw’ikoranabuhanga mu Mujyi wa Kigali, bitewe n’umusaruro uzavamo bukazakwizwa mu gihugu hose no muri Afurika.

Yavuze ko u Rwanda rumaze kugaragaza ubushake n’umurava mu kubaka ibikorwaremezo bigezweho no gukoresha ikoranabuhanga mu kubishyigikira hirindwa ibibazo byakugariza abaturage ku buryo amahanga arwigiraho.

Umwe mu mishinga y’ingenzi yigiwe muri iyi nama nyungarabitekerezo ni uwo kubaka ikoranabuhanga ritahura ahagiye kuba impanuka y’inkongi mu miturirwa runaka rigatabaza inzego zibishinzwe mbere y’uko hagira ikibi kiba. Uyu n’indi itandukanye yigiwe muri iki gikorwa izasuzumwa ishyirwe mu bikorwa mu guhangana n’ibibazo byugarijwe abaturage.

Inmarsat plc itanga serivisi z’ikoranabuhanga ry’amajwi na internet kuva mu 1979, kuri za guverinoma n’ibigo byigenga.

Mu mishinga iteganywa ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda, harimo kubaka imirongo ya internet igenewe uduce runaka LoRaWAN (Low Power Wide Area Network).

Ni ukugira ngo harushweho kuboneka internet mu bice bitandukanye mu Mujyi wa Kigali mu mezi 12 ari imbere, izagenda yifashishwa n’ibikoresho bitandukanye biyikeneye mu buryo buzwi nka Internet of Things (IoT).

IoT ni ukuba ibikoresho bitandukanye bibasha kwakira no kohereza amakuru mu ikoranabuhanga, nko mu buryo buzaba bufasha mu bidukikije nk’ibyuma bizajya bishyirwa ku nyubako ngo bigenzure ubuziranenge bw’umwuka, imodoka izashyirwamo internet y’icyogajuru ikayigeza mu gace ubusanzwe igoye kugeramo.

Izaba ishobora no gutanga ikoranabuhanga rikenewe mu buhinzi buhinzi hagamijwe kongera umusaruro no kunoza imicungire y’amazi.

Harimo gufasha mu myigishirize, aho Inmarsat iteganya guhugura ba rwiyemezamirimo n’abanyeshuri kurushaho kumva uko “Internet of Things” (IoT) ikora, aho iteganya amahugurwa y’amezi atatu kuri ba rwiyemezamirimo n’abanyeshuri.

2018-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Editorial 12 Mar 2019
Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Editorial 24 Apr 2018
EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp

EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp

Editorial 26 Apr 2018
Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Editorial 15 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze
Amakuru

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Editorial 01 Apr 2023
Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro
ITOHOZA

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Editorial 09 Aug 2017
Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo
Mu Rwanda

Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Editorial 29 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru