• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Editorial 09 Jul 2018 IKORANABUHANGA

Ubuyobozi bw’ikigo k’igihugu gishinzwe imicungire y’amasoko ya Leta ‘RPPA’ kiravuga ko ikoranabuhanga rishya bise ‘Umucyo’ ryifashishwa mu gupiganirwa amasoko ya Leta ririmo kurandura ruswa n’abandi makosa ayishamikiyeho yavugwaga mu mitangire y’amasoko ya Leta.

Nyuma yo gutanga ikizere mu kiciro k’igeragezwa (pilot phase) cyabaye umwaka ushize , umushinga wo gukoresha ikoranabuhanga mu gupiganirwa amasoko ya Leta uzwi nk’UMUCYO ubu uri mu mwaka wawo wa mbere.

Ubu, ba rwiyemezamirimo bahatanira amasoko ntabwo bakijyana inyandiko zipiganwa ku biro runaka, ubu bikorerwa kuri internet.

Sibomana Celestin ushinzwe kongerera ubushobozi abakozi muri ‘RPPA’ avuga ko n’ubwo iri koranabuhanga ritaratangira gukoreshwa n’ibigo byose bya Leta ngo nko mu mwaka utaha rizaba ririmo rikoreshwa hose, kandi riri gutanga umusaruro mwiza cyane.

Sibomana avuga ko iri koranabuhanga ryazanye umuco mu mitangire y’amasoko kuko ubu rwiyemezamirimo atagihura n’abashinzwe isoko.

Ati “Ntabwo hazongera kubaho ubwiru hagati ya ‘procurement officer’ na rwiyemezamirimo, kubera ko nutegura ‘tender document’ uzayishyira muri ‘system’ buri wese arayibona kandi ibyo umwe abonye ni byo n’undi abona.”

Gushyira inyandiko zihatanira isoko muri system bimara iminsi 30 gusa iyo uwatanze isoko adasabye ko yongera, ku munsi wa 30 inyandiko zipiganirwa isoko “bids” zose zihita zifungura (opening) ku buryo buri wese abona ibikubiye muri “bids” zose zakozwe.

Sibomana akavuga ko ibi byatumye n’iyo ushinzwe isoko yaba afite uwo ashaka guha amahirwe yo gutsindira isoko bidakunda kuko buri wese aba yabonye “bid” buri rwiyemezamirimo yakoze kandi ngo uburyo “system” yubatse nta muntu ushobora kubona ikiri muri “bids” mbere y’uko umunsi ugera zikifungura.

Ndetse ngo na ‘bid’ yageze muri ‘system’ ntacyo ushobora kuyihinduraho ngo ugire icyo ukuramo cyangwa ngo ugire icyo wongeramo.

Ati “Biri kugabanya ruswa, ruswa ishoboka kubera ko abantu bahuye. Nonese ruswa uzayishyira muri system? Ntabwo tuvuze wenda ko yavaho 100% ariko amahirwe washakaga guha umuntu ntazashoboka kuko uzashaka kuyaha umuntu usange hari undi umurusha ibyo bintu kandi wamaze kubishyira muri ‘system’ kandi ntuzabivanamo.”

Uyu muyobozi yabwiye Umuseke ko uyu mwaka wa mbere bakoresheje iyi ‘system’ mu nzego zose za Leta nurangira aribwo bazamenya ibibazo byose bikiyirimo.

Ati “Ntabwo twavuga ko ruswa yacitse 100%, Oya,…kuko haracyari igice cya ‘contract management (gucunga amasezerano)’ cyo giracyakorwa n’abantu bari kumwe, abantu barahura bajyana kuri ‘field’,…ibyo bazavugana ntabwo uzaba uhari icyo ubona ni raporo gusa.”

RPPA ivuga ko inzira yo kuva ku itangazwa ry’isoko kugera hasinywa amasezerano ishobora kuvamo ruswa burundu kubera ikoranabugahanga, ndetse ngo batangiye no kwiga uburyo no mu micungire y’amasezerano (ibikorwa) naho yaranduka.

2018-07-09
Editorial

IZINDI NKURU

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Editorial 12 Feb 2020
Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Editorial 29 Sep 2018
Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Editorial 08 May 2018
Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Editorial 20 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Editorial 28 May 2018
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Editorial 18 Sep 2019
Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwanga icyemezo cya UNHCR cyo gukuraho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwanga icyemezo cya UNHCR cyo gukuraho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda

Editorial 11 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru