• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Editorial 05 May 2018 IKORANABUHANGA

Guhenda kw’ibikoresho byifashishwa mu gupima ubuhehere bw’imyaka ni kimwe mu bibazo by’ingutu byari byugarije abahinzi bato, ndetse bikabatera igihombo igihe bagiye kugurisha umusaruro wabo n’abanyenganda bakinubira ko utujuje ibipimo bisabwa kugira ngo mu gihe uhunitswwe ntiwangirike.

Mu gushakira umuti ibi bibazo, abashakashatsi mu by’ubuhinzi bo muri University of California Davis muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bakora ikoranabuhanga ryiswe ‘Drycard’, rifasha kumenya niba koko umusaruro w’ibigori n’ibindi binyampeke wumye neza ku buryo igihe uhunitswe utazana uruhumbu n’ibindi bibazo bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abantu n’inyamaswa.

Drycard yamaze no kugezwa mu Rwanda yifitemo agakoresho kerekana uko ubuhehere mu myaka bungana hakoreshejwe amabara yihinduranya, ku buryo byoroha kumenya ikigero cy’ubuhehere mu musaruro ugiye guhunikwa.

Mu gupima ubuhehere bw’umusaruro ukoresheje aka gakoresho kameze nk’ikarita, bisaba kubanza gushyira umusaruro wawe mu kintu gifunze ubundi ukakarambikamo. Nyuma y’iminota iri hagati ya 30-60 gahita kakwereka uko ubuhehere buhagaze.

Iyo kagaragaje ibara ry’iroza (pink) biba bisobanuye ko imyaka ikonje cyane ku buryo itahunikwa, mu gihe ibara ry’ubururu cyangwa ikijuju risobanura ko yumye ku buryo buhagije. Kugira ngo ubone igisubizo cyizewe kurushaho bisaba gutegereza amasaha abiri.

Ubwo ‘Drycard’ yegukanaga igihembo cya mbere mu imurikabikorwa ku ikoranabuhanga mu kurwanya iyangirika ry’umusaruro ryabereye muri Kenya umwaka ushize, Dr Elizabeth Mitcham uyobora itsinda rihanga udushya mu bijyanye n’ubuhinzi muri kaminuza ya UC Davis, yavuze ko icyo bifuza ari uko rigera ku bahinzi by’umwihariko abaterwaga igihombo no kutamenya ubuhehere mu musaruro waryo.

Ikigo Agrifood Business Consulting Ltd gitanga Drycard mu Rwanda gikorera mu Karere ka Bugesera kivuga intego ari uko iri koranabuhanga rigera mu bahinzi bari hirya no hino mu gihugu binyuze mu makoperative atandukanye bibumbiyemo.

Uretse mu Rwanda DryCard ikoreshwa mu bindi bihugu birimo Tanzania, Kenya, Sierre Leone na Guatemala.

2018-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Editorial 07 Oct 2019
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Editorial 12 Dec 2017
Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Editorial 03 Jun 2019
Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Editorial 25 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Editorial 22 Mar 2019
Perezida Museveni  n’abajenerali be bagiye gusubira mu byumba bitegurirwamo intambara
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni n’abajenerali be bagiye gusubira mu byumba bitegurirwamo intambara

Editorial 05 Dec 2018
Umukino wa Mukura na Rayon Sports usize urunturuntu :  Rayon Sports yatumije inama y’igitaraganya
IMIKINO

Umukino wa Mukura na Rayon Sports usize urunturuntu : Rayon Sports yatumije inama y’igitaraganya

Editorial 10 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru