• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Editorial 19 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, mu minsi ishize yatangaje ko urubyiruko rw’iryo shyaka, ruzwi nk’ Imbonerakure, ruzajya ruhabwa imyitozo, zikoherezwa muri Kongo kugirango nazo zibone ku mafaranga Perezida Tshisekedi agenera abasirikari b’Abarundi bari muri icyo gihugu.

Hashize ibyumweru bitatu iyo myitozo itangiye mu Cibitoke, mu gice cy’uburengerazuba bw’u Burundi, nk’uko bitangazwa n’abaturage bahaye amakuru ikinyamakuru SOS Media.

Ayo mahugurwa ya gisirikare ahabwa Imbonerakure zaturutse mu mirenge itandukanye y’intara ya Cibitoke, nk’uko abaturage babitangarije SOS Media, nizirangiza imyitozo zikazoherezwa gufasha abasirikari b’Abarundi mu kurwanya M23, nubwo urugamba rutaboroheye kuko abenshi bafatwa bugwate abanda bakicwa.

Ingabo z’u Burundi zifatanya ni’za Kongo zizwi nka FARDC, iza SADC, Mai Mai, Wazalendo na FDLR.

Ababyeyi mu Burundi barahangayitse kuko ntibahabwa amakuru y’abana babo, ndetse n’abafite abafasha ntibabwirwa ubutumwa abo basirikari bagiyemo. Iyo bazanye imirambo bavuga ko bapfuye bakorera igihugu. Abo M23 ifatira ku rugamba ikaberekana, Leta y’u Burundi irabihakana, ikavuga ko ari abo muri RED-Tabara bafatanya na M23.

Ntabwo igihugu cy’u Burundi cyigeze gihakana ko gifite ingabo muri Kongo aho bagiye kurwanya umutwe wa M23 bakurikiye amafaranga.
Baje guhura n’ibibazo bikomeye ubwo bemereraga Tshisekedi ko bazahagarika M23 ntimanuke muri Kivu y’amajyepfo, ndetse bafata umusozi wa Muremure ngo barase M23 bayireba mu mutwe.
Nyamara aho kurasa M23, Abarundi basize inkuru kuri uyu musozi, kuko utarapfuye yisanze muri M23.
Imiryango myinshi ifite abantu bapfiriye ku rugamba yabujijwe kubunamira.

Ingabo z’u Burundi zifatanyije na FDLR, zahohoteye abaturage nk’uko byagiye bivugwa kenshi mu maraporo menshi y’imiryango idafite aho ibogamiye.

Umwaka ushize, umutwe wa Politiki utavuga rumwe n’Ubutegetsi bw’u Burundi, MAP-Burundi Buhire, wasabye Perezida Evariste Ndayishimiye kubwiza ukuri abaturage ku basirikare b’icyo gihugu bakomeje kugwa ku rugamba muri Kongo, barwanira igihugu kitari icyabo.

Mu gihe havugwa amakuru y’abasirikari b’Abarundi bashiriye muri Kongo, abasesenguzi mu bya politiki bemeza ko hoherezwa imbonerakure kugirango zigabane amafaranga atangwa na Kongo, aho gutoranya no kohereza abasirikari bafite ubunararibonye mu kurwana.

Mu mezi abiri ashize, urukiko rwa gisirikari mu Burundi rwakatiye abasirikare b’Abarundi barenga 270 igifungo cy’imyaka iri hagati ya 22 na 30, nyuma yo kwanga kurwana ku ruhande rwa FARDC, no guhangana n’umutwe wa M23.

Urukiko rwa Rutana rwaburanishije urwo rubanza hagati y’itariki ya 18 na 22 Kamena 2024, rutangaza ibihano tariki 25 Kamena. Abo basirikare bashinjwe gusuzugura amabwiriza ya gisirikare.

Nk’uko ibinyamakuru byo mu Burundi byabitangaje, urukiko rwagize abere abasirikare babiri, mu gihe abahamijwe icyaha bategetswe kwishyura amande angana n’ amadolari y’Amerika 500, buri wese.

Abo basirikare bahamwe n’icyaha bafashwe bafungirwa muri gereza zitandukanye kuva mu mpera za 2023, nyuma yo kwanga kurwana na M23. Mu kwezi kwa Gicurasi, bimuriwe muri gereza ya Rutana mu majyepfo y’uburasirazuba bw’u Burundi.

Abakurikiranira hafi iki kibazo bavuga ko mu mpamvu zatumye abasirikare b’Abarundi bananirwa kurwana mu burasirazuba bwa Kongo, harimo kuba barinjiye mu gisirikare hagamijwe kurinda ubusugire bw’igihugu cyabo, atari ukurwana intambara zidasobanutse. Ntabwo babona impamvu yo kwinjira mu ntambara hagati y’Abanyekongo ubwabo

Perezida Ndayishimiye ubu noneho rero aratoza imbonerakure yijeje akayabo. Inyota y’ifaranga ibohereje gufumbira ibihuru byo.muri Kongo.

2024-08-19
Editorial

IZINDI NKURU

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 13 Aug 2021
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Editorial 06 Apr 2025
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 29 Jan 2016
Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Editorial 23 Nov 2024
Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 13 Aug 2021
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Editorial 06 Apr 2025
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 29 Jan 2016
Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Editorial 23 Nov 2024
Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 13 Aug 2021
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Editorial 06 Apr 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kisangani :  Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa
ITOHOZA

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Editorial 15 Sep 2018
Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Editorial 08 Sep 2018
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we
Amakuru

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Editorial 04 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru