• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon   |   09 Jun 2025

  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata
Umuyobozi uhagarariye IMF mu Rwanda, Laura Redifer, yavuze ko inguzanyo u Rwanda rumaze gufata zidakanganye Kwamamaza

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Editorial 19 Feb 2018 UBUKUNGU

Ikigega Mpuzamahanga cy’imari (IMF), cyatangaje ko nubwo urwego rw’imyenda u Rwanda rumaze gufata rwazamutse, nta mpungenge iteye kuko inzego zishinzwe ibijyanye n’imari zashyizeho ingamba zikwiye zo kuyicunga neza.

Aganira na The New Times, Umuyobozi uhagarariye IMF mu Rwanda, Laura Redifer, yavuze ko urwego runaka igihugu kiba gikeneye imyenda kugira ngo gitere imbere, kandi iyo u Rwanda rumaze gufata nta mpungenge iteye.

Yagize ati “Urwego rw’imyenda y’u Rwanda rucungwa neza. Umubare wayo warazamutse mu myaka ishize ariko iracyacungwa neza. Mukeneye imyenda ngo mutere imbere, Minisiteri y’imari n’igenamigambi iri maso ku bijyanye n’imyenda yakwa.”

Yakomeje avuga ko igikwiye kwitabwaho ari ibitungurana bishobora gutuma imyenda yakwa idakoreshwa icyateganyijwe mu ngengo y’imari.

Redifer avuga ko muri rusange imyenda muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara irimo kwiyongera, bitewe n’ingamba bimwe mu bihugu byafashe zo kugerageza kwirinda ihungabana ry’ubukungu.

Ati “Muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara turimo kubona imyenda yiyongera cyane kubera impamvu zitandukanye. Ku ruhande rumwe ibihugu byohereza Peteroli mu mahanga birimo gufata imyenda myinshi ngo byirinde ikibazo icyo ari cyo cyose. Hari ibindi bihugu birimo ibyo muri Afurika y’Iburasirazuba bifata imyenda ngo byubake ibikorwa remezo, ariko ntabwo ari imyenda myinshi.”

Yakomeje avuga ko ku ruhande rw’u Rwanda, IMF, yasanze Guverinoma yaka imyenda hanze yamaze kubona umusaruro izabyara ndetse hagatekerezwa n’uburyo bwo kubona ubushobozi bitanyuze mu kwaka imyenda myinshi.

Yagize ati “Ku Rwanda bafata imyenda batekereza uko igiye gukoreshwa n’inyungu zizavamo. Ingano y’imyenda yariyongereye mu myaka mike ishize ariko turizera ko itanga umusaruro. Nko ku mushinga w’ikibuga cy’indege barimo gushaka uko babona amafaranga ariko bitanyuze mu kwaka imyenda myinshi.”

Redifer avuga ko mu rwego rwo gukomeza gucunga neza imyenda, u Rwanda rugomba kwirinda kwaka imyenda idakenewe kandi itazabyara umusaruro.

Ku bijyanye n’imyenda y’imbere mu gihugu, Redifer, yavuze ko bitaragera ku kigero cyiza kuko igihenze bitewe n’inyungu ku nguzanyo zisabwa.

Imibare ya Minisiteri y’imari n’igenamigambi igaragaza ko imyenda yo hanze mu musaruro mbumbe (GDP), yari 36.6% ikaba ari mike ugereranyije n’itagomba kurenzwa n’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ingana na 50% bya GDP. Imyenda y’imbere mu gihugu yanganaga na 10% mu mpera za 2017.

Yariyongereye ugereranyije n’uko mu mpera za 2016, imyenda yo hanze y’igihugu yari 35.2% naho iy’imbere mu gihugu ikaba 9.4%.

Banki y’Isi igaragaza ko imyenda ivuye mu mahanga yari yihariye 80% (bivuze 35.8% bya GDP) naho amadeni y’igihe kirekire kandi ku nyungu nto yari kuri 60%. Imyenda yafashwe imbere mu gihugu yavuye kuri 4.7% bya GDP mu mwaka wa 2011 agera kuri 8.6% mu 2016.

Banki y’Isi iteganya ko imyenda y’u Rwanda izaba igeze kuri 47.1 % bya GDP mu 2018, agere kuri 48.7 % muri 2019.

Imyenda y’u Rwanda mu myaka mike ishize yazamuwe n’ishoramari mu mishinga minini nka RwandAir ndetse n’inyubako ya Kigali Convention Centre. Byanatewe n’ingamba igihugu cyafashe zo kudategereza ak’i muhana cyangwa abaterankunga.

IMF kandi ivuga ko biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 6.8% bitewe n’umusaruro w’ubuhinzi, kwiyongera kw’ibyoherezwa mu mahanga n’ibindi.

2018-02-19
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Editorial 29 Jun 2018
Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Editorial 12 Jul 2019
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Editorial 24 Jul 2018
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Editorial 11 Sep 2018
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Editorial 29 Jun 2018
Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Editorial 12 Jul 2019
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Editorial 24 Jul 2018
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Editorial 11 Sep 2018
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Editorial 29 Jun 2018
Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Editorial 12 Jul 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru