• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata
Umuyobozi uhagarariye IMF mu Rwanda, Laura Redifer, yavuze ko inguzanyo u Rwanda rumaze gufata zidakanganye Kwamamaza

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Editorial 19 Feb 2018 UBUKUNGU

Ikigega Mpuzamahanga cy’imari (IMF), cyatangaje ko nubwo urwego rw’imyenda u Rwanda rumaze gufata rwazamutse, nta mpungenge iteye kuko inzego zishinzwe ibijyanye n’imari zashyizeho ingamba zikwiye zo kuyicunga neza.

Aganira na The New Times, Umuyobozi uhagarariye IMF mu Rwanda, Laura Redifer, yavuze ko urwego runaka igihugu kiba gikeneye imyenda kugira ngo gitere imbere, kandi iyo u Rwanda rumaze gufata nta mpungenge iteye.

Yagize ati “Urwego rw’imyenda y’u Rwanda rucungwa neza. Umubare wayo warazamutse mu myaka ishize ariko iracyacungwa neza. Mukeneye imyenda ngo mutere imbere, Minisiteri y’imari n’igenamigambi iri maso ku bijyanye n’imyenda yakwa.”

Yakomeje avuga ko igikwiye kwitabwaho ari ibitungurana bishobora gutuma imyenda yakwa idakoreshwa icyateganyijwe mu ngengo y’imari.

Redifer avuga ko muri rusange imyenda muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara irimo kwiyongera, bitewe n’ingamba bimwe mu bihugu byafashe zo kugerageza kwirinda ihungabana ry’ubukungu.

Ati “Muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara turimo kubona imyenda yiyongera cyane kubera impamvu zitandukanye. Ku ruhande rumwe ibihugu byohereza Peteroli mu mahanga birimo gufata imyenda myinshi ngo byirinde ikibazo icyo ari cyo cyose. Hari ibindi bihugu birimo ibyo muri Afurika y’Iburasirazuba bifata imyenda ngo byubake ibikorwa remezo, ariko ntabwo ari imyenda myinshi.”

Yakomeje avuga ko ku ruhande rw’u Rwanda, IMF, yasanze Guverinoma yaka imyenda hanze yamaze kubona umusaruro izabyara ndetse hagatekerezwa n’uburyo bwo kubona ubushobozi bitanyuze mu kwaka imyenda myinshi.

Yagize ati “Ku Rwanda bafata imyenda batekereza uko igiye gukoreshwa n’inyungu zizavamo. Ingano y’imyenda yariyongereye mu myaka mike ishize ariko turizera ko itanga umusaruro. Nko ku mushinga w’ikibuga cy’indege barimo gushaka uko babona amafaranga ariko bitanyuze mu kwaka imyenda myinshi.”

Redifer avuga ko mu rwego rwo gukomeza gucunga neza imyenda, u Rwanda rugomba kwirinda kwaka imyenda idakenewe kandi itazabyara umusaruro.

Ku bijyanye n’imyenda y’imbere mu gihugu, Redifer, yavuze ko bitaragera ku kigero cyiza kuko igihenze bitewe n’inyungu ku nguzanyo zisabwa.

Imibare ya Minisiteri y’imari n’igenamigambi igaragaza ko imyenda yo hanze mu musaruro mbumbe (GDP), yari 36.6% ikaba ari mike ugereranyije n’itagomba kurenzwa n’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ingana na 50% bya GDP. Imyenda y’imbere mu gihugu yanganaga na 10% mu mpera za 2017.

Yariyongereye ugereranyije n’uko mu mpera za 2016, imyenda yo hanze y’igihugu yari 35.2% naho iy’imbere mu gihugu ikaba 9.4%.

Banki y’Isi igaragaza ko imyenda ivuye mu mahanga yari yihariye 80% (bivuze 35.8% bya GDP) naho amadeni y’igihe kirekire kandi ku nyungu nto yari kuri 60%. Imyenda yafashwe imbere mu gihugu yavuye kuri 4.7% bya GDP mu mwaka wa 2011 agera kuri 8.6% mu 2016.

Banki y’Isi iteganya ko imyenda y’u Rwanda izaba igeze kuri 47.1 % bya GDP mu 2018, agere kuri 48.7 % muri 2019.

Imyenda y’u Rwanda mu myaka mike ishize yazamuwe n’ishoramari mu mishinga minini nka RwandAir ndetse n’inyubako ya Kigali Convention Centre. Byanatewe n’ingamba igihugu cyafashe zo kudategereza ak’i muhana cyangwa abaterankunga.

IMF kandi ivuga ko biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 6.8% bitewe n’umusaruro w’ubuhinzi, kwiyongera kw’ibyoherezwa mu mahanga n’ibindi.

2018-02-19
Editorial

IZINDI NKURU

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Editorial 05 Apr 2020
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019
Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Editorial 27 Jun 2018
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Editorial 16 Apr 2019
Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Editorial 24 May 2019
AS Kigali yagumye ku mwanya wa mbere, APR FC yujuje imikino 13 idatsindwa – Ibyaranze umunsi wa 16 wa PNL
Amakuru

AS Kigali yagumye ku mwanya wa mbere, APR FC yujuje imikino 13 idatsindwa – Ibyaranze umunsi wa 16 wa PNL

Editorial 23 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru