• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imiryango igiye kujuririra ihagarikwa ry’iperereza ku ruhare rw’abafaransa mu Bisesero

Imiryango igiye kujuririra ihagarikwa ry’iperereza ku ruhare rw’abafaransa mu Bisesero

Editorial 01 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’imyaka 24 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, ubucamanza bw’u Bufaransa buheruka gutangaza ko bwahagaritse iperereza ku ruhare rw’ingabo zabwo mu bwicanyi bwakozwe mu Bisesero, mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu hamwe n’abarokotse Jenoside, banenze kuba iri perereza ryarahagaze bamwe mu bari bayoboye ingabo z’u Bufaransa badahaswe ibibazo.

Ikinyamakuru Mediapart cyatangaje ko muri Nyakanga ari bwo abacamanza b’urukiko rushinzwe gukurikirana ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu i Paris bahagaritse iperereza.

Guhera mu 2005, abantu batandatu barokotse Jenoside, umuryango Survie, Ihuriro ry’imirango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu (FIDH na LDH) n’indi itandukanye, yagiye ishinja ingabo z’abafaransa zari muri Opération Turquoise gutererana ku bushake abatutsi bari mu Bisesero hagati ya tariki 27 na 30 Kamena 1994.

Bavuga ko abasirikare b’Abafaransa kuwa 27 Kamena 1994 bijeje abatutsi kubarinda nyamara bakahagera kuwa 30 Kamena, bagasanga interahamwe zamaze kwica bamwe.

Abarokotse n’iyi miryango kuri uyu wa Gatanu batangaje ko biyemeje gutanga ikirego kugira ngo n’abandi bakekwa kugira uruhare muri iri tereranwa ry’abatutsi babibazwe.

Mu gihe cy’iperereza, abantu bane bahoze ari abayobozi mu ngabo z’u Bufaransa nibo bumviswe nk’abatangabuhamya barimo na Général Jean Claude Lafourcarde wari uyoboye Opération Turquoise.

Abacamanza banze gutumiza abandi bakekwa barimo François Léotard wari Minisitiri w’ingabo mu gihe cya Jenoside.

Umwaka ushize kandi abacamanza banze kumva Amiral Jacques Lanxade wari umugaba mukuru w’ingabo icyo gihe ndetse na Raymond Germanos wari umwungirije.

Umuryango Surivie uharanira ko u Bufaransa bwakwemera uruhare rwabwo muri Jenoside uvuga ko abo bagabo guhera tariki 27 Kamena 1994 bari bafite amakuru y’uburyo Interahamwe zari zasatiriye abatutsi ariko ntibagire icyo bakora.

Lanxade yavuze ko amakuruy’ibyaberaga mu Rwanda bagiye bayamenya gahoro gahoro ku buryo bitari byoroshye guhita bagaba ingabo.

Muri Gicurasi uku kwezi, yavuze ko ashyigikiye ko hatangwa uruhushya inyandiko za gisirikare z’icyo gihe zigashyirwa ahagaragara kugira ngo hamenyekane ukuri kw’ibyabaye.

Umunyamategeko wa Survie, Eric Plouvier yavuze ko bitumvikana uburyo dosiye ipfundikirwa hatabajijwe uwari umugaba mukuru w’ingabo ndetse n’uwari umwungirije.

Uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi ruracyari ikibazo mu mubano w’ibihugu byombi. U Rwanda rushinja icyo gihugu gushyigikira no gutera inkunga Leta yakoraga Jenoside mu gihe u Bufaransa bugaragaza ko nta ruhare rubifitemo.

Mu Ugushyingo 2016, ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangije iperereza ku basirikare bakuru 22 b’abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside barimo Amiral Lanxade na Général Lafourcarde.

2018-10-01
Editorial

IZINDI NKURU

Uko umwe mubaterankunga b’ imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda yatumiwe mu cyiswe DreamWeek, gutanga ibiganiro bihakana Jenoside

Uko umwe mubaterankunga b’ imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda yatumiwe mu cyiswe DreamWeek, gutanga ibiganiro bihakana Jenoside

Editorial 05 Jan 2020
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Editorial 27 May 2021
Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Editorial 11 May 2020
Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Editorial 05 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. katsibwenene
    October 2, 201810:32 am -

    Abatangabuhamya turahari turicecekeye ariko igihe kizagera tuvuge ukuri.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura: Abaturage barahatwa ikiboko bahatirwa kujya muri mitingi za CNDD-FDD
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Abaturage barahatwa ikiboko bahatirwa kujya muri mitingi za CNDD-FDD

Editorial 09 May 2018
Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?
ITOHOZA

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Editorial 22 Oct 2018
Umuhanzi Zilha wamenyekanye mu marushanwa ya ArtRwanda Ubuhanzi arashishikariza abanyarwanda n’abanyamahanga gusura no gutembera u Rwanda
MULTIMEDIA

Umuhanzi Zilha wamenyekanye mu marushanwa ya ArtRwanda Ubuhanzi arashishikariza abanyarwanda n’abanyamahanga gusura no gutembera u Rwanda

Editorial 17 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru