• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Editorial 06 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda bo muri batayo ya 35 ikorera mu gace ka Kisoro, yamaze iminsi ibiri mu ishyamba nyuma yo kubura lisansi.

Abasirikare bakorera muri iyi batayo bashyize mu majwi umuyobozi wabo ko ari we nyirabayazana w’iki kibazo kuko anyereza ibibagenewe.

Umwe mu basirikare wari muri iyi modoka yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ati “Abasirikare bacu baheze mu ishyamba mu gihe cy’iminsi ibiri kubera ko lisansi yari yashize, abasirikare bahagamaye ku cyicaro gikuru ariko ntibabona ubufasha. Byabaye ngombwa ko bategereza iminsi ibiri bari mu ishyamba nta biryo babona ndetse nta n’amazi.”

Ikinyamakuru Chimpreports cyavuze ko kugira ngo iyi modoka ive muri iryo shyamba, uwari ubayoboye ariwe washatse amafaranga agura lisansi.

Umwe mu batanze ubuhamya yavuze ko Lt Col Nelson Bataringaya uyobora batayo ya 35 yikubira ibigenewe abasirikare, bigatuma babaho nabi.

Brig Richard Karemire uvugira igisirikare cya Uganda, yabwiye iki kinyamakuru ko yahamagaye uyu musirikare akamubwira ko ibivugwa ari ibinyoma.

Karemire yagize ati “ Iyo modoka yamaze gusa iminota 30 aho kuba iminsi ibiri.”
Gusa uwatanze amakuru we yavuze ko ibyo izi nzego nkuru z’igisirikare zivuga ari ukubeshya. We yagaragaje ifoto y’iyi modoka ifite pulake H4DF 1608 yafashwe mu masaha y’amanywa, mu gihe ngo bari bahageze mu ijoro.

Iki kibazo gikomeje guteza impungenge ku bijyanye n’ubushobozi bw’igisirikare cya Uganda mu guhangana n’umwanzi ku mipaka.

Mu kirometero kimwe uvuye aho aba basirikare baraye ubwo bari babuze lisansi, hari umupaka wa Bunagana ubagabanya na Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo hari ikilometero kimwe, ndetse n’umupaka wa Cyanika ku ruhande rw’u Rwanda.

Umwe muri aba basirikare yagize ati “Aho twari turi ni hagati y’ibihugu bibiri, ku mupaka wa Cyanika ku Rwanda na Bunagana kuri Congo. Iyo hagira ikiba twari bwitware gute mu gihe abasirikare bari mu mashyamba kandi basonje?”
Yakomeje agira ati “Abasirikare bacu ntabwo bagifite imbaraga zo gukora akazi kubera ruswa iri muri iyi batayo ya 35, ibikoresho byose birimo kunyerezwa kandi abasirikare babayeho nabi.”

Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig Richard Karemire yavuze ko iki kibazo bagiye kugikoraho iperereza.

2019-07-06
Editorial

IZINDI NKURU

Kicukiro: Afunze azira kugerageza guha ruswa umupolisi

Kicukiro: Afunze azira kugerageza guha ruswa umupolisi

Editorial 05 Sep 2016
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Editorial 22 Sep 2025
Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Editorial 14 Jun 2019
Abasirikare ba RDC baguye mu mirwano yabahuje na FDLR

Abasirikare ba RDC baguye mu mirwano yabahuje na FDLR

Editorial 20 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.
Amakuru

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Editorial 28 May 2021
Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya
Amakuru

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Editorial 08 Sep 2021
Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo
Mu Mahanga

Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Editorial 26 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru