• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Editorial 17 Aug 2017 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Impaka ni zose hagati ya Fred Muvunyi wahoze ari umuyobozi w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Depite Gatabazi Jean Marie Vianney, intumwa ya rubanda, na Nduhungirehe Olivier, ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi.

Izi mpaka zishingira ku byo batumvikanaho, bacyurirana bamwe ‘uburyo bavugira umukati bahawe ngo utabava mu ntoki.’ Abandi banga igihugu’ amategeko n’amabwiriza ku kintu runaka batumvikanaho ni bimwe mu bikunze kugaruka ku mpaka bakunze kugirana kuri Twitter, rimwe zigana mu rwego rwa ngo turwane.

Impaka zari zigezweho mu mpera z’iki cyumweru tariki ya 12 Kanama 2017, zatangiwe n’uwitwa Bob Mugabe [ Robert Mugabe ] abwira Depite Gatabazi ko ngo abaturage bari guhura n’ibibazo, ariko ntibabavugire, ahubwo bagashimagiza, asoza abaza abo ahagarariye muri iyo nteko ishinga amategeko.[akomoza ku kibazo cy’abazunguzayi baherutse gushyamirana n’abakora irondo ry’isuku i Nyabugogo].

Ambasaderi Nduhungirehe yahise yungamo abaza Mugabe niba agiye gufata ikibazo gisanzwe akagihuza na politiki, anongeraho imvugo isa n’imutuka, ati “Poor Muvunyi” ugenekereje yagize ati “Mutindi Muvunyi”.

Muvunyi,Umunyamakuru wa Deutsche Welle wemeza ko yahungiye mu mahanga, na we yahise yinjira muri iki kiganiro agira ati “ Nyamara akarengane hari igihe kigera ntikihanganirwe! Aba baturage mugira gutya bazabibabaza rimwe.”

Na we yahise abazwa na Uwanyirigira Claudine, Umuyobozi Mukuru wungirije muri RBA, abagira gutyo abaturage, ati “Mugira mutya’? bande? Sinabonye uzi kuvangura abakosa n’abazima, aho wanditse uti ‘ bamwe mu Banyakenya…? Kuri iki kibazo byakunanije iki?”

-7606.jpg

Uwanyirigira Claudine, Umuyobozi Mukuru wungirije muri RBA.

Muvunyi amubaza niba ashaka ko avangura, ngo uretse ko nta n’umuntu yavuze.
Uwanyirigira ahita amusubiza ati “ N’iyo ugira uwo uvuga bikagira inzira , anketi zigakorwa. Kwamagana ikibi ni byiza, ariko gushyira abantu bose mu gatebo kamwe nta kiza kivamo.”

Muvunyi yunzemo abwira Uwanyirigira ko atari azi ko azi Ikinyarwanda, ati “Uzi ko burya ntari nzi ko uzi Ikinyarwanda?! Ndatangaye, ndumva twarahuye nka rimwe gusa! Uraho ubundi.”

Aha ni ho Depite Gatabazi yinjiriye mu kiganiro, abaza Muvunyi niba agiye kurusha Uwanyirigira Ikinyarwanda, ati “ Ubwo ni ugushyenga ahari.”
Muvunyi yahise yita Depite Gatabazi ‘Inkotanyi cyane’, anamubwira ko ibibazo igihugu gifite yabyikoreye.

Gatabazi na we amusubiza ati “ Hari uwo bitareba se ko namwe muri iyo, mbona byarababujije gukira Nostalgia (urukumbuzi).”

Muvunyi amusubiza ko urukumbuzi ari ngombwa, agira ati “ Ko mwatwambuye kubaho uko dushaka, murabuzwa n’iki kwishongora! Urukumbuzi ni ngombwa cyane kandi nta cyaha kirimo, icyaha kiri kuri mwe.”

Amuseka, Gatabazi amubwira ko yishyira hejuru, akaba akwiye kwicisha bugufi akemera agaterwa icyuhagiro kuko ari umwana w’u Rwanda.

Yabivuze muri aya magambo “Hahahha baragushutse nawe wishyize hejuru, banza wumve hanyuma uzashyire ubwenge ku gihe uze tugutere icyuhagiro uri umwana w’u Rwanda.”

-7605.jpg

Bob Mugabe [ Robert Mugabe ], Hon Gatabazi, Ambasaderi Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Muvunyi yahise ahakaba ko Gatabazi atari mu bamutera icyuhagiro.
Ati “ Haha Gatabazi, nubwo uri ku mutsima, ukaramya abafite ubutware, mu bantera icyuhagiro nturimo….”.

Gatabazi amubaza aho yamukura, Muvunyi yahise amubwira ko atifuza kuba nka we, ku buryo ngo ntacyo yamwigiraho.

Yaba Gatabazi, Muvunyi na Nduhungirehe na Bob Mugabe bakunze guhurira ku mbuga nkoranyambaga batumvikana kuri politiki y’u Rwanda. Ariko akenshi ugasanga bamwe bigiza nkana, abandi ari nkababandi babura icyo banenga inka bakavuga ngo dore icyo gicebe cyayo. Nkuwabaza Muvunyi icyo yahunze yavuga ko ari iki ?

2017-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Editorial 10 May 2024
Umugabo yamenyesheje polisi ko agiye kwica Perezida Trump ntakabuza

Umugabo yamenyesheje polisi ko agiye kwica Perezida Trump ntakabuza

Editorial 06 Jan 2018
Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane

Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane

Editorial 18 Jul 2023
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Editorial 01 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!
Amakuru

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Editorial 30 Jun 2021
Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3
Mu Rwanda

Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3

Editorial 13 May 2017
U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya
IMIKINO

U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

Editorial 04 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru