• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Editorial 22 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Amakuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga n’ajyanye n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo uherutse kwiyambura ubuzima ndetse aho bamwe mu barwanya Leta y’uRwanda bakomeje kubigira iturufu ndetse basaba amaperereza adafututse mu gihe Urwego rwa RIB rwo rwamaze kwemeza ko Kizito yiyahuye akoresheje amashuka yari yarayeho aho yari afungiye mu kasho ka Remera mu mujyi wa Kigali.

Ibi ninako byashimangiwe n’Umuryango wa Kizito Mihigo wamaganye wivuye inyuma impuha zitwaza urupfu rwe mu gushinyagurira uyu muryango nyuma yo gutakaza umuvandimwe wabo wiyambuye ubuzima.

Bati : “Ibyo bihuha birakwirakwizwa biciye mu mbuga nkoranyambaga ibi bikaba bikorwa n’abantu batandukanye barimo abanzi b’igihugu kubera inyungu zabo za Politiki “.

Twebwe nk’umuryango twagirango dutangarize abanyarwanda ko izo mpuha zihabanye n’ukuri kandi tukaba tuzamaganiye kure.

Ni mugihe ariko Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu HRW,n’indi miryango mpuzamahanga ikomeje gusaba iperereza ryimbitse ku rupfu rw’uyu muhanzi, urwego rw’ubugenzacyaha RIB rwamaganiye kure icyo kifuzo cyane ko uRwanda ari igihugu gifite ubutabera bumaze gutera imbere ku rwego mpuzamahanga.

Imitwe y’inyeshyamba irwanya Leta y’uRwanda nka RNC,P5 ndetse na FDLR ikomeje gusaba misa zidafite ubusobanuro cyane ko ibyinshi bishingiye ku nyungu za Politiki.

Mu itangazo FDLR yasize ahagaragara ryo kuwa 21/02/2020 yamenyesheje abambari bayo ko ejo ku cyumweru 23 Gashyantare sayine ariho hazasomwa Misa yo gusabira Kizito Mihigo wiyambuye ubuzima, abantu bakomeje kwibaza impuhwe Gen.Omega na Gen.Byiringiro bafitiye Kizito Mihigo wacitse ku icumu rya Jenoside abenshi muri aba bayobozi ba FDLR bagizemo uruhare, FDLR yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’abayikoze.

Uwiyishe ntaririrwa!

Abasesenguzi bakomeje kugira bati : Kizito Mihigo ni umwe muri ba bandi wavugiraho ko ari abo Umwami yahaye amata bamwimye amatwi. Uyu musore wiyahuye afite gusa imyaka 38 yagabiwe buri kimwe cyose mu Rwanda, aratunga aratunganirwa gusa aza kwijuta, ararengwa, yibagirwa vuba.

Ni umwe mu bantu bagiriwe impuhwe  na benshi mu Rwanda, barimo na Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’umuryango we , igikundiro cye akagikesha abari baratwawe n’ijwi rye mu njyana ya Classique, abandi bagatwarwa n’uburyo yaterekaga amaso ari ku ruhimbi, cyangwa se indirimbo ze zivuga amahoro; gusa ubanza yari amahoro mahimbano mu magambo aho kuba mu bikorwa.

Ni umugabo wibagiwe vuba agakabya. Mu 2001, yahawe na Perezida Kagame buruse yo kwiga umuziki nyuma y’uko agaragaje ubuhanga nk’umwe mu bagize uruhare mu guhimba injyana y’indirimbo yubahiriza igihugu.

Yagiye kwiga mu Bufaransa mu Ishuri rya muzika ryitwa Conservatoire de Paris, ahavuye akomereza mu Bubiligi ari naho yatangiye kumenyekanira, hashize imyaka icumi agaruka mu Rwanda.

Yari umuntu icyo gihe wisanga hose, agahabwa rugari na buri wese, dore ko igikundiro ari bake bakimurushaga pe. Byageze n’aho nyuma y’umwaka umwe gusa ashinze Umuryango yari yariyitiriye ukora ibikorwa byo kwigisha ubumwe n’ubwiyunge, Kizito Mihigo pour la Paix, ahembwa na Madamu Jeannette Kagame nk’umwe mu rubyiruko rwakoze ibikorwa by’indashyikirwa.

Ibyo bikorwa by’indashyikirwa bye, byaje kuba ibyo kugawa nyuma y’imyaka mike. Bamwe mu nshuti ze za hafi bakunze kuvuga uburyo ari umuntu wakuranye ibitekerezo byo kujya muri politiki, ko yifuzaga kubona umwanya ukomeye mu nzego za leta ndetse ko aho kumuha ibyo bikombe byose bari kuba baramuhaye umwanya w’ubuyobozi.

Ibijya gucika bica amarenga. Za nzozi yanze kuzipfana ashaka uko azazigeraho anyuze iyi busamo

Uko imyaka yicumaga, ukwezi ku kundi hagasohoka ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri hanyuma akabonamo abandi we ntiyibone, ndetse akabonamo na benshi arusha kwamamara, byaje gutuma ashaka izindi nzira z’ibusamo zo kuba yagera ku byo yifuzaga, ni ko gushaka kujya kwifatanya n’abarwanya leta.

Ku wa 4 Mata 2014 nibwo yatawe muri yombi, hashize iminsi icumi agaragara ku Kacyiru ku cyicaro gikuru cya Polisi yemera ibyaha byatumye bamwe amabere yikora.

Ibintu abantu benshi batamukekeragaho ni byo yemeye ko yakoze. Gushaka kugirira nabi Umukuru w’Igihugu, kujya mu mitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku buryo twari kujya twumva ngo Kizito Mihigo twakunze ni we wateye grenade aha n’aha.

Yumvaga ko RNC, FDLR na ba Cassien Ntamuhanga ndetse na Gerard Niyomugabo baramutse bafashe ubutegetsi, ko amahirwe ye yakwiyongera, akicara muri ya ntebe yifuzaga ahari.

Ku wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2015, Urukiko Rukuru rwamuhanishije igifungo cy’imyaka 10, nyuma yo kumuhamya ibyaha bine birimo icyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icy’ubugambanyi bwo kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa umukuru w’igihugu, ubwoshye bw’ubugambanyi bwo kugirira nabi umukuru w’igihugu ndetse n’icyo gucura umugambi w’ubwicanyi.

Ibi byose ariko ntabwo abantu babyemeraga na mbere hose usibye kuba yarireguye abyemera, akavuga ko ahubwo ataruhanya asaba imbabazi Umukuru w’Igihugu.

Ya matwi rero atumva, imbabazi yaje kuzihabwa nyuma yo gutakamba gukomeye, akavuga ko yicujije, maze nyuma y’imyaka ine n’igice adaca iryera umucyo wo hanze, ngo agende yisanzuye muri Kigali no mu nkengero zayo, Perezida Kagame amugirira imbabazi asohoka muri gereza we hamwe n’abandi bagororwa barenga ibihumbi bibiri.

Kizito yagarutse mu buzima busanzwe yumva ko azongera kuba wa wundi wa kera uzira icyasha, ariko isura mbi yari yarisize, ntiyahise isibangana ako kanya. Byamusabye kongera gukora indirimbo n’ibitaramo byinshi ariko ni hahandi.

Yasohotse muri gereza ashyize imbere ikintu cyose cyamugira undi wundi, umuntu mushya utarangwa n’ibishuko. Icyo gihe mu kiganiro cya mbere yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko uburyo arajwe ishinga no gushaka umugore, akava mu buzima bwa gisore agaca ukubiri n’ikintu cyose cyamuyobya.

Ntibyamukundiye rwose habe na mba, yaragerageje ndetse abakobwa benshi bakamugendera kure, bamwe baramubenga, bavuga bati uyu musore wageze aho yigarika uwamugabiye ubu aho wenda yazanyigarika naramubumburiye ibibero koko?

Uko ni ko yagowe no kwisanga muri sosiyete, ariho arakomeza arahanyanyaza ajya mu bikorwa binyuranye birimo ibyo kwigisha abana bato mu biruhuko ibijyanye na muzika. Ikibabaje ni abo bana, bagiye kubona mwarimu wabo mu yindi sura, nibura wenda iyo yigisha abakuze bo bamuzi neza, bo ntibari kuzatungurwa.

Nyuma yo kugabirwa buri kimwe cyose, guhabwa imbabazi zibonwa na bake, ntako atagoragojwe ariko ya kamere, wa mujinya w’umuranduranzuzi yaririmbye wakomeje kumukukiramo kugeza aho ejo bundi afata inzira agashaka kujya hanze y’igihugu anyuze mu nzira zitemewe kugira ngo ajye i Burundi yifatanye n’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ni za ndoto yahoranye kera zikimwirukankamo. Ariko amahitamo ya muntu hari ubwo amuhitana, intamenya ikarira ku muziro ndetse umugabo utabwirwa akisanga yikebeye inyama itaribwa ari nako abo umwami yasereye amasaka, bo bamusereye amabuye.

Imana imuhe iruhuko ridashira.

2020-02-22
Editorial

IZINDI NKURU

Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Editorial 24 Sep 2016
Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2019
Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Editorial 19 Jun 2018
U Rwanda rwatsinze Tanzanie mu gikombe cya Afurika cya Volleyball rugera muri 1/4 aho bzahura na Algerie

U Rwanda rwatsinze Tanzanie mu gikombe cya Afurika cya Volleyball rugera muri 1/4 aho bzahura na Algerie

Editorial 08 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Editorial 28 Jun 2018
Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi
Amakuru

Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi

Editorial 21 Jun 2024
Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo
SHOWBIZ

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Editorial 01 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru