• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Editorial 26 Dec 2016 POLITIKI

Bamwe mu banyapolitiki bitwako batavuga rumwe na Leta y’u Rwanda bakomeje gutangaza ko 2017, baziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, ariko abasesengura imvugo zabo muri ikigihe bavuga ko zirimo uburyarya no kwivuguruza.

Frank Habineza, Umuyobozi mukuru w’ishyaka rya Green Party ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda aheruka gushimira umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame ndetse yishimiye ugutumirwa mu mushyikirano avuga ko yiteguye gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside.

Atanga igitekerezo mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, Frank Habineza, yagize ati “Ndabashimira ko mwabashije kuduhesha agaciro nk’Abanyarwanda …Nkiri mu gihugu cya Uganda numvaga ko kuba Umunyarwanda ari icyaha. Ariko turabashimira nyakubahwa perezida wa Repubulika kuko twabashije kubona agaciro n’ishema ryo kuba Umunyarwanda”.

Yongeyeho ati “Ikindi mbashimira ni uko mwemeye ibitekerezo binyuranye ku Banyarwanda bose”.

-5152.jpg

Frank Habineza

Frank Habineza kandi yavuze ko nk’Umunyapolitiki yemeye kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no kubikangurira Abanyapolitiki muri rusange n’Abanyarwanda bose.

Ukwivuguruza

Dr Frank Habineza , Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije yavuze ko kuba abaturage bafata ibyakozwe byose bakabyitira ishyaka riri ku butegetsi atari byo, ko kandi nabo bagize amahirwe yo kujya kuri uwo mwanya ngo bakora ibirenzeho.

Ibi Frank Habineza yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma yo kwemezwa n’inama ya biro politiki y’iryo shyaka nk’umukandida waryo mu matora ya Perezida wa Repubuika ateganyijwe umwaka utaha.

Uyu muyobozi yabajijwe aho abona ishyaka rye rizapfumurira n’icyizere cyo gutsinda mu gihe abaturage bashima ishyaka riri ku butegetsi FPR INKOTANYI kubw’ibyiza ryabagejejeho, cyane cyane gahunda zo kwivana mu bukene zirimo VUP, Girinka n’izindi.

Dr Habineza yavuze ko hari abayobozi basobanurira abaturage nabi, bagafata ibyakozwe na Leta bakabyitira ishyaka riri ku butegetsi kandi byagizwemo uruhare n’abanyarwanda bose n’amashyaka atari ku butegetsi arimo.

Yagize ati “Izo nka uzajye umenya ko atari inka FPR yatanze.Inka zatanzwe na Leta y’u Rwanda.Leta y’u Rwanda nanjye ndimo, nawe urimo nkuko utanga umusoro nanjye ntanga umusoro.Imisoro yacu niyo bakoresheje MINAGRI irazigura kuri budget ya Leta.”

Yakomeje agira ati “Nuko ari bantu bagenda gutya bakibihindura, uzabaze niba FPR yarafashe mu mufuka wayo ikajya kuzigura.Nusanga aribyo uzandege.Ibyo ntabwo ari ibintu byadukanga.Iyo Leta nanjye nyiyoboye naha inzungu eshanu buri muntu.”

Gahunda ya Girinka yatangijwe na Guverinoma y’u Rwanda mu mwaka wa 2006, ifite gahunda yo guteza imbere abaturage no kurwanya imirire mibi.

Muri Werurwe uyu mwaka Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi cyatangaje ko inka zimaze gutangwa ari ibihumbi 220, bikaba byitezwe ko umwaka wa 2017 uzarangira inka ibihumbi 350 zimaze gutangwa.

Ishyaka Green Party rivuga ko ryiteguye gutsinda mu matora ngo kuko rifite abayoboke barenga miliyoni mu gihugu kandi rikaba ryiteze no kuzajya kwiyamamaza rigaragaza imigabo n’imigambi yaryo.

-5151.jpg

Thomas Nahimana

Padiri Nahimana Thomas avuga ko arwanya ubutegetsi bwa Perezida Paul Kagame, yemera ibikorwa byinshi by’indashyikirwa yagejeje ku banyarwanda, kandi ibi arabimushimira cyane. Aha yagize ati: “Perezida Kagame nk’umukuru w’igihugu hari ibikorwa bikomeye nanjye nshima. Iyo ni inshingano ye, iyo atabikora nibwo hari kuba hari ikibazo. Ariko ikiruta byose nshima Perezida Kagame, ni uko u Rwanda ubu rutameze nka Siriya, rukaba atari igihugu kivogerwa n’ubonetse wese.”

Umwanditsi wacu

2016-12-26
Editorial

IZINDI NKURU

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Editorial 29 Dec 2025
USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

Editorial 10 Oct 2018
Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Editorial 18 May 2019
Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 13 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DRC: Umugore witwa NZIGIRA Aimerance wari ugemuriye Amasasu Inyeshyamba za FPP zifashwa na Uganda yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

DRC: Umugore witwa NZIGIRA Aimerance wari ugemuriye Amasasu Inyeshyamba za FPP zifashwa na Uganda yatawe muri yombi

Editorial 07 Nov 2019
Abapolisi baganirijwe ku mikorananire y’Itangazamakuru na Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Abapolisi baganirijwe ku mikorananire y’Itangazamakuru na Polisi y’u Rwanda

Editorial 12 Feb 2017
Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)
SHOWBIZ

Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Editorial 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru