• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Editorial 18 May 2018 HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan Markle bagiye kurushinga, ubukwe bwabo burangamiwe na miliyoni zitabarika mu nguni zose z’Isi ndetse n’abatuye i Kigali bazabukurikirana umunota ku wundi.

Ubukwe bwa Meghan Markle na Harry buzataha kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Gicurasi 2018, bazasezeranira muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu St George ndetse umwamikazi w’u Bwongereza azaba ahari nk’umunyacyubahiro uruta abandi.

Meghan Markle n’igikomangoma Harry bakoze imyitozo ya nyuma y’uko ubukwe bwabo buzagenda kuri uyu wa Gatandatu, bakoranye umutambagiro n’ingabo zizasusurutsa akarasisi ku munsi wabo w’amateka.

Ikinyamakuru Express cyatangaje ko ubukwe buzabera muri Chapelle ya St George muri Windsor Castle guhera saa sita z’amanywa ku isaha yo mu Bwongereza[9pm AEST(Australian Eastern Standard Time)].

Ku bantu batuye i New York muri Amerika ndetse na Toronto muri Canada bazaba bari ku isaha ya saa moya za mugitondo[7am]. I Los Angeles bizaba ari saa kumi z’urukerera, i Sydney, Australia[saa tatu z’ijoro] mu gihe i Madrid bazaba bari saa saba z’amanywa.

Ibirori by’ubukwe bwa Meghan na Harry bizerekanwa mu buryo bwihariye mu mijyi itandukanye yo ku Isi ndetse n’abatuye mu Mujyi wa Kigali bateguriwe uburyo bwo kuzakurikirana imihango yose mu buryo bwa rusange. Igihe ibirori bizatangirira, mu Bwongereza bazaba bari saa sita z’amanywa[British Summer Time (BST) mu gihe i Kigali bizaba ari saa saba z’amanywa ugendeye ku masaha mashya yahindutse kuwa 25 Werurwe 2018.

Umuhango wo gusezerana uzayoborwa na Reverend David Conner hanyuma mu kwambikana impeta biyoborwe na Archbishop wa Canterbury, Justin Welby ari na we wabatije mu buryo bw’ibanga Meghan Markle.

Meghan Markle na Harry bafotowe bagiye gukora imyitozo y’ibirori byabo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018

Ubukwe no kwizihiza ibirori bya Meghan na Harry bizatangira saa mbili za mu gitondo ari nabwo abaturage bazatangira kureba imyiyereko yateguwe mu gihe ubukwe nyir’izina buzatangira saa sita.

Uko gahunda yose iteye:

8:00 am: Abatumirwa rusange bazatangira kugera mu mbuga ikikije St George Chapel no guhagarara ku nkike z’umuhanda abageni bazacamo kugira ngo bitegure kubareba neza.

9.30am: Abamerewe kwinjira muri chapel bazatangira kwinjiramo kugeza 11.15am
11.20am: Umuryango w’ibwami uzatangira kuhagera
11.55am: Umwamikazi w’u Bwongereza azagera ku Kiliziya abageni bazasezeraniramo
11.59am: Meghan n’umugabo we bazahasesekara bagaragiwe
12pm: Umuhango wo kwambikana impeta muri St George Chapel ahazaba hateraniye abatumirwa b’imena 600.

1pm: Abageni bazasohoka mu kiliziya bajye kwiyereka abaturage, bazaca ahitwa Castle Hill, bakomereze High Street hanyuma bajye mu Mujyi wa Windsor rwagati ubundi bace ku muhanda mugari wa Long Walk bahindukire basubira aho basezeraniye mu cyumba bateguriwe gusabaniramo n’abatumirwa.

Nyuma ya saa sita: Umwamikazi w’u Bwongereza agomba kwakira abageni n’abatumirwa babo mu muhango ukomeye uteganyijwe mu cyumba cyo kwiyakira cya St George.

Ku mugoroba: Igikomangoma Charles kizakira abageni mu bindi birori bidasanzwe bizabera kuri Frogmore House. Abageni, inshuti za hafi[200] n’imiryango bazasangira ibyishimo.

Ibi birori bizerekanwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo BBC, ITV ndetse na Sky News; izi televiziyo zose zizerekana ibi birori guhera mu museso wo kuri uyu wa Gatandatu.

BBC izatangira kwerekana ibirori saa tatu za mu gitondo kugeza saa munani; izakoresha abanyamakuru bayo basanzwe bazwiho ubuhanga mu birori bikomeye Huw Edwards, Kirsty Young na Dermot O’Leary.

ITV izatangira 9.25am kugeza 3pm, izakoresha abanyamakuru babiri Phillip Schofield and Julie Etchingham mu gihe Sky izatangira saa tatu kugeza saa cyenda ikoreshe abanyamakuru Kay Burley, Anna Botting, Jayne Secker, Sarah-Jane Mee, Colin Brazier ndetse na Jonathan Samuels.

Mu mijyi itandukanye hateguwemo ibikorwa byo kwerekana ubu bukwe mu buryo bwa rusange haba i London, Belfast, Salisbury, Leeds, Swansea, Winchester ndetse na Portsmouth.

Harry akoze umwihariko mu bikomomangoma byose, ni we wenyine ugiye gukora ubukwe muri weekend mu gihe bizwi ko abana b’ubwami bw’u Bwongereza barushinga mu minsi y’imibyizi.

Mu Mujyi wa Kigali abashaka gukurikira ibirori bya Meghan na Harry bateguriwe uburyo bwaguye mu muhango uzabera kuri Pili Pili i Kibagabaga.

Mu batumiwe harimo Barack Obama wahoze ayobora USA nk’umwe mu nshuti magara za Harry. Hazaba hari kandi abaririmbyi nka Spice Girls, Elton John, abakobwa bakundanyeho na Harry barimo Cressida Bonas na Chelsy Davy.

Mu nshuti magara za Meghan harimo ibyamamare nka Jessica Mulroney, Priyanka Chopra ndetse na Misha Nonoo.

No mu rusengero habereye imyitozo y’uko bizaba byifashe

Abazasusurutsa ibi birori bakoze imyiyereko bitoza

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Israel: Urukiko rwahagaritse umugambi wa leta wo kwirukana abimukira bakomoka muri Afurika

Israel: Urukiko rwahagaritse umugambi wa leta wo kwirukana abimukira bakomoka muri Afurika

Editorial 16 Mar 2018
Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Editorial 02 Jun 2018
Bakobwa musigaye muboneza Imbyaro kurusha Abagore mufite Akaga, Dore ingaruka  zikomeye  zibategereje

Bakobwa musigaye muboneza Imbyaro kurusha Abagore mufite Akaga, Dore ingaruka zikomeye zibategereje

Editorial 08 Jun 2017
Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Editorial 21 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere
Mu Rwanda

Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Editorial 03 Nov 2017
Impamvu  Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye
ITOHOZA

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Editorial 20 Nov 2017
Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare
Mu Rwanda

Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare

Editorial 13 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru