• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Ubwanditsi 27 Sep 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Iki kiryabarezi ”Rwanda Bridge Builders, RBB” kigizwe n’ingirwamashyaka y’ibigarasha n’abajenosideri, ngo baharanira guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda. Igisekeje ariko, ni uko nabo ubwabo badashobora kuvuga rumwe kandi biyita “abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi”. Amacakubiri ashingiye ku moko, inda nini no kutagira umurongo wa politiki uhamye nicyo kibaranga, nk’uko nabo ubwabo babishinjanya.

Mu minsi mike ishize, uwitwa Gilbert MWENEDATA, uzwi cyane mu guharabika isura y’uRwanda, yapanduye RBB ayirega “ubuhezanguni bushingiye kuri Hutu Power”, anasobanura ko adashobora kubana n’abantu bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi hari ibimenyetso simusiga bigaragaza ko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa.

Ubu noneho uwasezeye mu buyobozi no muri RBB, ni Charlotte MUKANKUSI usanzwe ari no mutwe w’iterabwoba wa RNC. Mu ibaruwa ndende Mukankusi yandikiye abagize RBB bose, nawe yunze mu rya Gilbert Mwenedata, avuga ko atakomezanya n’abatinyuka kwatura ko habayeho jenoside yakorewe Abahutu, bagamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Charlotte Mukankusi aragaya cyane abagendera kuri “Mapping Report” ishinja ibinyoma ingabo z’uRwanda ko zaba zarishe impunzi z’Abahutu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, bakayuririraho bavuga ko Leta y’uRwanda yakoreye Abahutu Jenoside.

Mukankusi ati:” Ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe na FPR-Inkotanyi, iyo muvuga yakorewe Abahutu yo yahagaritswe nande? Ndambiwe abahezanguni b’Abahutu birirwa bashaka kugoreka amateka no gutambamira ubumwe n’ubwiyunge.”

Charlotte Mukankusi arega abo babanaga muri RBB, ni ukurwana ku nyungu z’abantu ku giti cyabo, aho kugira ibitekerezo biharanira inyungu z’Abanyarwanda bose. Ibi siwe wa mbere ubivuze, kuko abasesengura imyitwarire y’ abiyita “abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda”, bagaragaje kenshi ko abo bantu barangwa no guhuzagurika, ubuswa n’ubusambo, ari nabyo binatuma ingirwamashyaka yabo asenyuka atamaze kabiri, andi akaba ariho ku izina gusa.

Ni mu gihe kandi kuko usanga agizwe n’abasize bibye ibya rubana ndetse n’abajenosideri, bakiyita impirimbanyi za demukarasi n’uburenganzira bwa muntu, kandi ari amayeri yo guhunga ubutabera.

Abenshi mu basomye ibaruwa y’ isezera rya Charlotte Mukankusi muri RBB, banditse ku mbuga nkoranyambaga bamusaba no gusezera muri RNC, kuko byombi ari ibipampara bidafite epfo na ruguru.

Bamwibukije ko uretse ko ari n’ubuswa mu kuba mu bitu bidashinga, ni n’icyaha gihanwa n’amategeko kujya mu mitwe y’iterabwoba. Gutana ni icyaha giterwa n’imbaraga nke za muntu, ariko kumenya ko utari mu nzira nziza, ukayireka, ukanabisabira imbabazi nibyo abavandimwe ba Mukankusi bamusaba.

2021-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Ubwanditsi 18 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe
INKURU NYAMUKURU

Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika
Amakuru

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022
Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Rwanda

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru