• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Ubwanditsi 27 Sep 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Iki kiryabarezi ”Rwanda Bridge Builders, RBB” kigizwe n’ingirwamashyaka y’ibigarasha n’abajenosideri, ngo baharanira guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda. Igisekeje ariko, ni uko nabo ubwabo badashobora kuvuga rumwe kandi biyita “abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi”. Amacakubiri ashingiye ku moko, inda nini no kutagira umurongo wa politiki uhamye nicyo kibaranga, nk’uko nabo ubwabo babishinjanya.

Mu minsi mike ishize, uwitwa Gilbert MWENEDATA, uzwi cyane mu guharabika isura y’uRwanda, yapanduye RBB ayirega “ubuhezanguni bushingiye kuri Hutu Power”, anasobanura ko adashobora kubana n’abantu bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi hari ibimenyetso simusiga bigaragaza ko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa.

Ubu noneho uwasezeye mu buyobozi no muri RBB, ni Charlotte MUKANKUSI usanzwe ari no mutwe w’iterabwoba wa RNC. Mu ibaruwa ndende Mukankusi yandikiye abagize RBB bose, nawe yunze mu rya Gilbert Mwenedata, avuga ko atakomezanya n’abatinyuka kwatura ko habayeho jenoside yakorewe Abahutu, bagamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Charlotte Mukankusi aragaya cyane abagendera kuri “Mapping Report” ishinja ibinyoma ingabo z’uRwanda ko zaba zarishe impunzi z’Abahutu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, bakayuririraho bavuga ko Leta y’uRwanda yakoreye Abahutu Jenoside.

Mukankusi ati:” Ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe na FPR-Inkotanyi, iyo muvuga yakorewe Abahutu yo yahagaritswe nande? Ndambiwe abahezanguni b’Abahutu birirwa bashaka kugoreka amateka no gutambamira ubumwe n’ubwiyunge.”

Charlotte Mukankusi arega abo babanaga muri RBB, ni ukurwana ku nyungu z’abantu ku giti cyabo, aho kugira ibitekerezo biharanira inyungu z’Abanyarwanda bose. Ibi siwe wa mbere ubivuze, kuko abasesengura imyitwarire y’ abiyita “abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda”, bagaragaje kenshi ko abo bantu barangwa no guhuzagurika, ubuswa n’ubusambo, ari nabyo binatuma ingirwamashyaka yabo asenyuka atamaze kabiri, andi akaba ariho ku izina gusa.

Ni mu gihe kandi kuko usanga agizwe n’abasize bibye ibya rubana ndetse n’abajenosideri, bakiyita impirimbanyi za demukarasi n’uburenganzira bwa muntu, kandi ari amayeri yo guhunga ubutabera.

Abenshi mu basomye ibaruwa y’ isezera rya Charlotte Mukankusi muri RBB, banditse ku mbuga nkoranyambaga bamusaba no gusezera muri RNC, kuko byombi ari ibipampara bidafite epfo na ruguru.

Bamwibukije ko uretse ko ari n’ubuswa mu kuba mu bitu bidashinga, ni n’icyaha gihanwa n’amategeko kujya mu mitwe y’iterabwoba. Gutana ni icyaha giterwa n’imbaraga nke za muntu, ariko kumenya ko utari mu nzira nziza, ukayireka, ukanabisabira imbabazi nibyo abavandimwe ba Mukankusi bamusaba.

2021-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame arakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma

Perezida Kagame arakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Bayobowe na Muhire Kevin wabaye umukinnyi w’umwaka, abahize abandi mu Rwanda 2023-2024 bashyikirijwe ibihembo na Rwanda Premier League

Bayobowe na Muhire Kevin wabaye umukinnyi w’umwaka, abahize abandi mu Rwanda 2023-2024 bashyikirijwe ibihembo na Rwanda Premier League

Ubwanditsi 10 Aug 2024
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Ubwanditsi 06 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani
UBUKUNGU

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe
UBUKERARUGENDO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Ubwanditsi 18 May 2019
Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu
HIRYA NO HINO

Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru