• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Editorial 21 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Itsinda ryiyise ‘Rwanda Bridge Builders’ rikaba ari ihuriro ryuzuyemo abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bakaba bivugira ko bakorana n’imitwe y’iterabwoba, mu cyumweru gishize basohoye itangazo bahuriyeho aho bagerageje gutagatifuza Paul Rusesabagina uherutse gutabwa muri yombi aho akekwaho kugira uruhare mu gushinga no gutera inkunga iterabwoba.

Aba rero bahuriye muri ibi biryabarezi bashinja Guverinoma y’u Rwanda “gukoresha ibikorwa by’iterabwoba ku butaka bw’u Rwanda no mu mahanga” Aba bose babashije kuva mu gihugu ariko bahafite urubanza cyangwa se kutubahiriza inshingano zibyo bari bashinzwe bagera hanze bakigira abanyapolitiki n’abaharanira uburenganzira bwa muntu nyamara abenshi babona ko bakina ikarita y’ubuswa dore ko muri bo bafite ubwoba ko bazafatwa bakagezwa imbere y’ubutabera mu Rwanda nk’uko byagenze kuri Rusesabagina Paul nawe widegembyaga.

Bose hamwe ni 38 bashyizeho umukono barimo n’abahagarariye MRCD-Ubumwe ya Paul Rusesabagina, na RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi, aya magambo yatangajwe bwa mbere na Command one post, imwe mu mbuga za interineti za leta ya Uganda iterwa inkunga na CMI zikunze kuvuga nabi u Rwanda gusa abakurikiranira hafi politiki yo mu karere barabizi neza ko Uganda ishyigikiye amatsinda menshi arwanya u Rwanda harimo na Rwanda Bridge Builders.

Iri tangazo ryavuze ko “Guverinoma y’u Rwanda yashimuse Paul Rusesabagina”, nyamara inzego zibishinzwe mu Rwanda zavuze cyane ku bihe uyu mugabo yafatiwe ndetse naho yafatiwe. Mu kiganiro kuri televiziyo y’igihugu nyuma gato y’ifatwa rya Rusesabagina, Perezida Paul Kagame yasobanuye uko Paul Rusesabagina yafashwe ati “abishaka yizanye mu Rwanda kandi nta kosa ryigeze ribaho mu gufatwa kwe.”
Nta nubwo Paul Rusesabagina yigeze abivuga mu biganiro byose yatanze ko yaba yarashimuswe.

Muri iryo tangazo, imitwe irwanya u Rwanda yagerageje kweza Rusesabagina nk’intwari yahoze ikora ubudacogora kugira ngo irwanye icyo bise “akarengane” bavuga ko gakorerwa abanyarwanda gakozwe na guverinoma iriho.

Ariko izi nkuru zose zashyizwe ahagaragara nk’ibinyoma mumyaka myinshi, Inkuru ya Rusesabagina nk ‘umuntu wintwari wakijije impunzi 1200 z’abatutsi muri hoteri ya Mille Collines yamaganwe nk’ibinyoma rwose n’abantu bari bahari na Hon. Odette Nyiramirimo wari uhari vuba aha yagize ati: “Ni ibyaremwe na Hollywood gusa.” Icyo mu cyongereza wakwita fictions kugirango filimi iryohe gusa kandi bikaba bitandukanye n’ukuri Na none kandi, bitandukanye n’ibivugwa n’iyo mitwe.

Rusesabagina yemereye urukiko ko yateye inkunga umutwe w’iterabwoba wa FLN ingana n’amayero 20,000 mu yasaga 300,000 yakusanyije kugirango ahabwe imitwe y’iterabwoba yagiye igaba ibitero by’iterabwoba byahitanye ubuzima bw’abasivili badafite intwaro b’inzirakarengane mu bice by’amajyepfo y’iburengerazuba bw’u Rwanda muri 2018 na 2019

Ubu ni mu gihe abayobozi b’Ababiligi na bo barimo gukora iperereza ku rubanza rwa Rusesabagina ku bijyanye no koherereza amafaranga imitwe y’iterabwoba.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bihutiye kwamaganira kure aya magambo y’Abo biyise Rwanda Bridge Builders bashimangira ko abayoboke b’iri huriro bagize ubwoba bwinshi kubera ifatwa rya bamwe mu babahaga amafaranga bakuragamo amaramuko cyane cyane ifatwa ry’aba Rusesabagina na Félicien Kabuga wahoze ari umunyemari akaba yaranateye inkunga umugambi mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

2020-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC

APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC

Editorial 03 Oct 2024
Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Editorial 11 Jun 2024
Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Editorial 23 Apr 2021
Afrika y’Epfo umucamana yikuyeho Dosiye ya Col. Patrick Karegeya, ayihengekera Umushinjacyaha Mukuru

Afrika y’Epfo umucamana yikuyeho Dosiye ya Col. Patrick Karegeya, ayihengekera Umushinjacyaha Mukuru

Editorial 18 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo
Amakuru

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Editorial 31 Mar 2021
Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana
Amakuru

Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana

Editorial 09 Jan 2025
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Editorial 21 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru