• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri uyu wa kane Perezida Paul Kagame Chairman w’Umuryango wa RPF – Inkotanyi ari mu karere ka Gisagara aho ubwe yagiye kwamamaza Abakandida-Depite b’ishyaka rye, yavuze ko abaturanye neza bahahirana, ariko aha gasopo ‘udukoko duto dukinisha Intare isinziriye’ itagira uwo yanduranyaho.

Muduhe amahirwe dukosore ibitaragenze neza

Ijambo “kuduha amahirwe” risa n’iriyoboye andi Perezida Paul Kagame yavugiye mu karere ka Gisagara.

Ati “Muduhe amahirwe yo gukomeza kubakorera, muduhe amahirwe yo gukosora ibyaba bitaragenze neza, igisigaye ni ubufatanye n’abaturage kugira ngo tugere kuri iyo ntego.”

Kagame yavuze ko muri ayo mahirwe asaba abaturage, nibayamuha azasaba Abadepite kumanuka bakegera abaturage ntibabe bamwe baheruka batorwa gusa bakigumira i Kigali. Ibyo ngo azanabisaba abandi bayobozi na ba Minisitiri, ngo nubwo badatorwa bashyirwaho n’abatowe n’abaturage bityo ngo bagomba kugaruka kubumva.

Ati “Muduhe amahirwe tubikosore. Ndumva mvanye aha ngaha ikizere ko inama ari ya yindi, akazi tuzagakore rwose tukanoze, tugakore duteze imbere iyi Gisagara yacu, duteze imbere u Rwanda rwacu.”

Kagame yavuze ko FPR ariyo azi yemera ko hari ibitameze neza. Ati “Sinajya hariya ngo mvuge ko ibintu byose byera ngo de, niyo mpamvu mvuga ngo muduhe amahirwe biriya tubikosore.”

Perezida Kagame yabwiye abatuye Gisagara ko ubushize yabasezeranyije kubaha umuhanda wa kaburimbo. Ku bw’ibyo ngo mbere y’uko uyu mwaka urangira ibikorwa byo kubaka uwo muhanda bizaba byatangiye kuko hamaze gukusanywa ibyangombwa byose. 

Perezida Kagame yavuze  ku bambuka ‘imipaka bajya aharutwa n’aho bavuye’ n’Intare iba ku kirango cya FPR 

Ati “Hakurya y’imipaka ntituhashinzwe, dutunganye iby’iwacu dutere imbere, tureke gutega amatwi ibyo birirwa bavuga, turebe ibyacu. Si ukubikora no kubiteza imbere gusa, twitegure no kubirinda igihe bibaye ngombwa.”

Kagame yabajije abari mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida-Depite ba FPR-Inkotanyi ati “FPR ku kirangantego cyayo hariho iki?” Bati “Hariho intare”.

Kagame ati “Ariko burya iyo Intare yibereye mu ishyamba hari n’izindi nyamaswa ziba zikinira iruhande rwayo, akanshi iba isa n’isinziriye, hakaba n’udukoko tuza kuyikiniraho twibwira ngo irasinziriye, ikajya yirigatira iminwa, ariko iba izi ko aho ibishakira iri bubwiyunyuguze.

Intare ntikunda kwanduranya, si ngombwa, ntabwo twanduranya ariko si ngombwa ko abantu batwanduranyaho. Imbaraga tuzishyire mu kwiyubaka no kurinda ibyo twubaka.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko abaturanyi biba byiza iyo babanye neza kuko bungukira mu guhahirana.

Ati “Ndetse uwatubera mwiza twakorana, twahahirana, kandi ubigiramo inyungu iyo uturanye n’umuntu mugakorana, ntabwo inyungu ari uguturana n’abantu mukanduranya.”

Muri Gisagara ngo hari ibyo abaturage baheraho bagirira ikizere FPR-Inkotanyi harimo ko babonye impinduka mu buzima bwabo.

Umuturage witwa Thacianna watanze ubuhamya bw’uko yari akennye cyane ariko nyuma y’aho iwabo haje gahunda yo kuzamura abaturage ya VUP yavuze ko yiteje imbere.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, iherutse kuza inyuma mu mihigo ya 2017/18 yavuze ko hari imigambi myinshi FPR Inkotanyi ibafitiye hatibagiranye n’ibyo yabagejejeho.

Mu byo Guverineri Mureshyankwano Marie Rose avuga byagezweho harimo uruganda rwenga inzoga z’ibitoki mu buryo bugezweho, aha ariko Perezida Paul Kagame yavuze ko harebwa uko rwanakwenga imitobe.

Nibura mu karere ka Gisagara ibihumbi 32 by’abaturage bafite amashanyarazi mu mirenge yose, ngo utugari 56 kuri 59 dufite amashanyarazi.

Amazi ngo niyo ataraboneka ku rugero rushimishije, ariko ngo umuyoboro w’amazi uzagera mu mirenge ya Higiro, Kigembe, na Mukindo, ndetse ngo azagera no mu murenge wa Muganza aho Perezida Paul Kagame yari ari kuri uyu wa kane.

Yavuze ko FPR izongera imihanda n’amavuriro, ikubaka TVET ya Mugomba ndetse ikavugurura Ikigo Nderabuzima cya Mukindo muri Mugombwa.


2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Nyuma yo kwica abaturage 14 mu Kinigi umwaka ushize, FDLR yishe abarinzi ba Pariki muri Kongo bagera kuri 12

Nyuma yo kwica abaturage 14 mu Kinigi umwaka ushize, FDLR yishe abarinzi ba Pariki muri Kongo bagera kuri 12

Ubwanditsi 25 Apr 2020
Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura
Mu Mahanga

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Ubwanditsi 15 Sep 2016
Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi
SHOWBIZ

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi
Amakuru

Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

RUSHYASHYA 15 May 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru