• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri uyu wa kane Perezida Paul Kagame Chairman w’Umuryango wa RPF – Inkotanyi ari mu karere ka Gisagara aho ubwe yagiye kwamamaza Abakandida-Depite b’ishyaka rye, yavuze ko abaturanye neza bahahirana, ariko aha gasopo ‘udukoko duto dukinisha Intare isinziriye’ itagira uwo yanduranyaho.

Muduhe amahirwe dukosore ibitaragenze neza

Ijambo “kuduha amahirwe” risa n’iriyoboye andi Perezida Paul Kagame yavugiye mu karere ka Gisagara.

Ati “Muduhe amahirwe yo gukomeza kubakorera, muduhe amahirwe yo gukosora ibyaba bitaragenze neza, igisigaye ni ubufatanye n’abaturage kugira ngo tugere kuri iyo ntego.”

Kagame yavuze ko muri ayo mahirwe asaba abaturage, nibayamuha azasaba Abadepite kumanuka bakegera abaturage ntibabe bamwe baheruka batorwa gusa bakigumira i Kigali. Ibyo ngo azanabisaba abandi bayobozi na ba Minisitiri, ngo nubwo badatorwa bashyirwaho n’abatowe n’abaturage bityo ngo bagomba kugaruka kubumva.

Ati “Muduhe amahirwe tubikosore. Ndumva mvanye aha ngaha ikizere ko inama ari ya yindi, akazi tuzagakore rwose tukanoze, tugakore duteze imbere iyi Gisagara yacu, duteze imbere u Rwanda rwacu.”

Kagame yavuze ko FPR ariyo azi yemera ko hari ibitameze neza. Ati “Sinajya hariya ngo mvuge ko ibintu byose byera ngo de, niyo mpamvu mvuga ngo muduhe amahirwe biriya tubikosore.”

Perezida Kagame yabwiye abatuye Gisagara ko ubushize yabasezeranyije kubaha umuhanda wa kaburimbo. Ku bw’ibyo ngo mbere y’uko uyu mwaka urangira ibikorwa byo kubaka uwo muhanda bizaba byatangiye kuko hamaze gukusanywa ibyangombwa byose. 

Perezida Kagame yavuze  ku bambuka ‘imipaka bajya aharutwa n’aho bavuye’ n’Intare iba ku kirango cya FPR 

Ati “Hakurya y’imipaka ntituhashinzwe, dutunganye iby’iwacu dutere imbere, tureke gutega amatwi ibyo birirwa bavuga, turebe ibyacu. Si ukubikora no kubiteza imbere gusa, twitegure no kubirinda igihe bibaye ngombwa.”

Kagame yabajije abari mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida-Depite ba FPR-Inkotanyi ati “FPR ku kirangantego cyayo hariho iki?” Bati “Hariho intare”.

Kagame ati “Ariko burya iyo Intare yibereye mu ishyamba hari n’izindi nyamaswa ziba zikinira iruhande rwayo, akanshi iba isa n’isinziriye, hakaba n’udukoko tuza kuyikiniraho twibwira ngo irasinziriye, ikajya yirigatira iminwa, ariko iba izi ko aho ibishakira iri bubwiyunyuguze.

Intare ntikunda kwanduranya, si ngombwa, ntabwo twanduranya ariko si ngombwa ko abantu batwanduranyaho. Imbaraga tuzishyire mu kwiyubaka no kurinda ibyo twubaka.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko abaturanyi biba byiza iyo babanye neza kuko bungukira mu guhahirana.

Ati “Ndetse uwatubera mwiza twakorana, twahahirana, kandi ubigiramo inyungu iyo uturanye n’umuntu mugakorana, ntabwo inyungu ari uguturana n’abantu mukanduranya.”

Muri Gisagara ngo hari ibyo abaturage baheraho bagirira ikizere FPR-Inkotanyi harimo ko babonye impinduka mu buzima bwabo.

Umuturage witwa Thacianna watanze ubuhamya bw’uko yari akennye cyane ariko nyuma y’aho iwabo haje gahunda yo kuzamura abaturage ya VUP yavuze ko yiteje imbere.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, iherutse kuza inyuma mu mihigo ya 2017/18 yavuze ko hari imigambi myinshi FPR Inkotanyi ibafitiye hatibagiranye n’ibyo yabagejejeho.

Mu byo Guverineri Mureshyankwano Marie Rose avuga byagezweho harimo uruganda rwenga inzoga z’ibitoki mu buryo bugezweho, aha ariko Perezida Paul Kagame yavuze ko harebwa uko rwanakwenga imitobe.

Nibura mu karere ka Gisagara ibihumbi 32 by’abaturage bafite amashanyarazi mu mirenge yose, ngo utugari 56 kuri 59 dufite amashanyarazi.

Amazi ngo niyo ataraboneka ku rugero rushimishije, ariko ngo umuyoboro w’amazi uzagera mu mirenge ya Higiro, Kigembe, na Mukindo, ndetse ngo azagera no mu murenge wa Muganza aho Perezida Paul Kagame yari ari kuri uyu wa kane.

Yavuze ko FPR izongera imihanda n’amavuriro, ikubaka TVET ya Mugomba ndetse ikavugurura Ikigo Nderabuzima cya Mukindo muri Mugombwa.


2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019
Perezida Kagame yerekanye ko urubyiruko ari rwo mizero y’ahazaza h’Afurika

Perezida Kagame yerekanye ko urubyiruko ari rwo mizero y’ahazaza h’Afurika

Ubwanditsi 08 Dec 2017
U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Oct 2018
U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

Ubwanditsi 18 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bayoboke ba “Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR”, kugoreka ukuri kwa “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ntibihindura abere abajenosideri mukomokaho!!
Amakuru

Bayoboke ba “Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR”, kugoreka ukuri kwa “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ntibihindura abere abajenosideri mukomokaho!!

Ubwanditsi 03 Feb 2021
Ingabire Victoire na Bernard Ntaganda bakomeje kwerekana uburyo bakorana hafi na hafi n’imitwe yiterabwoba irimo na MRCD iyobowe na Rusesabagina
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire na Bernard Ntaganda bakomeje kwerekana uburyo bakorana hafi na hafi n’imitwe yiterabwoba irimo na MRCD iyobowe na Rusesabagina

Ubwanditsi 28 Apr 2020
Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana
Mu Rwanda

Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru