• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Intumwa za CARE International zashimye ibikorwa bya Isange One Stop Center

Intumwa za CARE International zashimye ibikorwa bya Isange One Stop Center

Editorial 19 Feb 2016 Mu Mahanga

​Intumwa 11 zo mu muryango CARE International ziri mu ruzinduko rw’akazi mu gihugu cyacu, zirashima gahunda ndetse n’ibikorwa binyuranye bifasha mu gukemura ibibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Izi ntumwa zageze mu Rwanda tariki ya 14 Gashyantare zikaba zarashimye ibimaze kugerwaho mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubwo zasuraga Isange One Stop center kuwa gatatu. Mu ruzinduko rwabo, aba bashyitsi birebeye ahanini ibijyanye n’iterambere abagore bamaze kugeraho na gahunda zibafasha kurigeraho ndetse n’imibereho n’ubuzima bwabo muri rusange.

Bakiriwe na Superintendent of Police (SP) Shafiga Murebwayire, umuhuzabikorwa wa Isange One Stop center, akaba yarabasobanuriye amateka ndetse na serivisi zitangwa n’iki kigo, zigamije gufasha abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana. Umuyobozi w’ikigo gishinzwe iterambere ry’abagore muri Kaminuza yitiriwe George Washington, Dr Mary Ellsberg yagize ati:” mbashimiye akazi kanyu mu guharanira uburenganzira bw’abagore”.

Uhagarariye mu Rwanda umuryango w’Abibumbye wita ku baturage (UNFPA) Jozef Maerien wari uherekeje izo ntumwa ubwo basuraga Isange One Stop Center, we yasobanuye ku buryo burambuye ubufatanye no gushyira ingufu hamwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo mu kurwanya no kurandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Yagize ati:” mu rwego rwo kurandura burundu ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, umuryango One-UN wafashije u Rwanda mu migendekere myiza y’umwitozo wo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa wahuje inzego z’umutekano muri Afurika no ku rwego rw’akarere.

Maerien yashimye ibyo Isange One Stop Center imaze kugeraho, akomeza avuga ko kubera iyi mikorere myiza, serivisi zayo zaguriwe no mu turere, aho mu mpera z’uyu mwaka wa 2016, mu bitaro by’uturere 23 hazaba hatangirwamo serivisi za Isange One Stop Center.

Yakomeje avuga kandi ko mu bindi bikorwa by’ingenzi mu kurwanya ihohoterwa u Rwanda rwiyemeje, birimo ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ubukangurambaga buhuriweho n’ibitsina byombi (abagore n’abagabo) mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Ubu bukangurambaga bwatangijwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, bukaba bugamije gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Isange One Stop Center kugeza ubu, ifite serivisi zitangirwa mu bitaro by’uturere 17, mu bijyanye no gufasha abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana aho bafashwa mu by’ubuvuzi, ubujyanama n’ubutabera.

RNP

2016-02-19
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Hafashwe ibinyabiziga bivugwa ko ari ibya Hussein Radjabu byari kuzifashishwa mu guhungabanya referandumu

Burundi: Hafashwe ibinyabiziga bivugwa ko ari ibya Hussein Radjabu byari kuzifashishwa mu guhungabanya referandumu

Editorial 11 May 2018
Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda

Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda

Editorial 25 Feb 2017
Impamvu yatumye  Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Editorial 08 May 2016
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Editorial 03 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi : Abatoni 5 bagiye gukora ” AKANTU ” murwego  rwo kwikiza  Perezida Nkurunziza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burundi : Abatoni 5 bagiye gukora ” AKANTU ” murwego rwo kwikiza Perezida Nkurunziza

Editorial 10 May 2018
Abanyarwanda baba mu Bubiligi babukereye mu kuzakira Perezida Kagame  [ VIDEO ]
ITOHOZA

Abanyarwanda baba mu Bubiligi babukereye mu kuzakira Perezida Kagame [ VIDEO ]

Editorial 29 May 2017
L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]
INKURU ZAKUNZWE CYANE

L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru